• Umukecuru Nyirankina Cecilia arimo kuboha akebo.

    Nyagatare: Ku myaka 80 umukecuru Nyirankina atunzwe n’ibyibo yibohera

    Umukecuru Nyirankina Cecilia w’imyaka 80 utuye mu mudugudu wa Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, avuga ko n’ubwo ageze mu zabukuru kuboha ibyibo bimurinda gusabiriza.



  • Mu bicuruzwa byangiritse cyane harimo isukari, ubunyobwa n

    Nyagatare: Imyubakire y’isoko ry’akarere ituma imvura yangiza aibicuruzwa by’abaturage

    Bamwe mu bacururiza mu isoko rishya rya Nyagatare bavuga ko imyubakire mibi y’isoko yabateje ibihombo, ariko ubuyobozi bw’akarere kukemeza ko gutunganya imiyoboro itwara amazi bizatangira gukorwa guhera mu gushyingo uyu mwaka.



  • Inzu bakodeshaga mbere yo kugura iyi batumvikana.

    Nyagatare: Abamotari ntibavuga rumwe ku nzu baguze

    Bamwe mu bamotari bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko babangamiwe no kuba bacibwa amafaranga yo kugura inzu ikorerwamo n’ihuriro ryabo kuko batabigishijweho inama ariko ubuyobozi bwabo bwo buvuga ko bwubahiriza imyanzuro yavuye mu nama rusange.



  • Aha hubakishije amabuye niho bokerezaga inyamanswa bakuye mu muhigo.

    Amateka ashingiye ku muco ntakwiye gucika – Minisitiri Habineza

    Kuri uyu wa 01 Ukwakira minisitiri wa Siporo n’umuco Joseph Habineza yasuye ingoro ndangamateka z’umwami Mutara wa 3 Rudahigwa ziri mu murenge wa Mimuli na Nyagatare mu karere ka Nyagatare yongera gushimangira ko amateka ashingiye ku muco adakwiye gucika.



  • Amazu atatu yubatswe agezwa mu madirishya.

    Nyagatare: Imiryango itatu y’Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania yubakiwe amazu mu muganda rusange

    Nyagatare: Ntawukwiye kwicuza ku bikorwa byo gufasha Amazu atatu niyo yazamuwe n’amatafari 2000 arabumbwa mu gikorwa cy’umuganda wi kubakira Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania kuri uyu wa gatandatu tariki 27/9/2014, cyabereye mu karere ka Nyagatare, mu mudugudu wa Ryeru akagali ka Ryeru umurenge wa Rwempasha.



  • Nyagatare: Afunzwe azira guha umwana umuti ukamuhitana

    Nyiraneza Eugenia wo mu mudugudu wa Kinihira akagali ka Barija umurenge wa Nyagatare ari mu maboko ya police guhera mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Nzeli 2014 nyuma yo guha umwana w’imyaka 14 umuti agahita yitaba Imana.



  • Abadamu barishimira ko batejwe imbere nyamara barahoraga mu bikari.

    Katabagemu: Bishimira iterambere bagejejweho n’imiyoborere myiza

    Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 22 Nzeli 2014 abaturage b’umurenge wa Katabagemu bagaragaje ko bishimira iterambere bagenda bageraho kubera imiyoborere myiza.



  • Ingurube nizo zikunze kwibwa cyane kubera ko zitabura isoko.

    Nyagatare: Ubujura cyane ubw’amatungo buraca ibintu

    Mu gihe abaturage b’imirenge ya Gatunda na Rukomo akarere ka Nyagatare bavuga ko abajura cyane ab’amatungo babarembeje, ubuyobozi burabasaba kugira uruhare mu kwicungira umutekano ahanini bakaza amarondo.



  • Ababatijwe bahagaze inyuma y

    Nyagatare: Abadive bungutse abayoboke 170 basabwa kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi

    Iyo igihugu gifite abantu batinya Imana nta kabuza gitera imbere kubera baba batarabaswe no kunywa ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi zirimo uburaya. Ibi ni ibyari bikubiye mu nyigisho zahawe abayoboke bashya b’itorero ry’abadivantisite b’umunsi wa karindwi babatijwe guhera kuri uyu wa 13 Nzeli.



  • Aha bamenaga kanyanga mu cyobo.

    Nyagatare: Hamennywe ibiyobyabwenge bya miliyoni zisaga 5.

    Polisi y’igihugu mu karere ka Nyagatare yamennye ibiyobyabwenge byamenywe bigizwe n’inzoga ya Kanyanga n’izo mu mashashi za Zebrah waragi bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni eshanu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/9/2014.



  • Rukomo: Batinya gusohokana n’abagore babo ngo batababatwara

    Mu gihe bamwe mu bagabo bo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko batinya gusohokana n’abagore babo kubera ko abandi babatwara, abagore bo bashinja gusesagurira imitungo y’imiryango yabo mu nkumi kuko arizo basohokana.



  • Ingoro y

    Nyagatare: Urubanza rw’abakekwaho gusambanya abana rwasubitswe

    Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwasubitse urubanza rurengwamo abagabo 5 n’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 kubera ko bageze mu rukiko bagasanga dossier y’ikirego gishya kandi batayibonye ngo bategure urubanza.



  • Umuco wo gusangira ugenda ucika kubera iterambere.

    Rukomo: Ntabagihisha inzoga ngo batumaneho basangire

    Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko guhisha inzoga ugahamagara bagenzi bawe mu gasangira byacitse kubera ko urukundo n’ubusabane byasimbuwe n’urukundo rw’amafaranga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ibi byatewe n’iterambere rishinga imizi kimwe n’iyimakazwa ry’umuco wo kugira isuku.



  • Rukomo: Barakangurirwa kwihangana bagashaka bamaze gukura

    Mu gihe bamwe mu bakobwa bo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bashaka ari bato kubera ko baba bakunzwe cyane, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo busaba urubyiruko kwihangana bagashakana bagejeje imyaka yemera ubushyingirwe dore ko ngo hafashwe n’ingamba zo gutandukanya ababikoze igihe kitaragera.



  • Nyagatare: Yishwe n’umushumba wamuragiriraga bicyekwa ko yamujijije amafaranga

    Kumenya no kwandika imwirondoro y’abakozi bakoresha mu ngo nibyo bikangurirwa abaturage muri rusange ni nyuma y’aho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 06 Nzeli umusaza Bihayiga Augustin w’imyaka 83 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Cyenjojo akagali ka Cyenjojo umurenge wa Rwempasha akarere ka Nyagatare yishwe n’umushumba (…)



  • Abahinzi bo mu majyepfo bari mu rugendo shuli mu karere ka Nyagatare.

    Kutubahiriza inama z’abagoronome niyo ntandaro y’umusaruro mucye - Abahinzi bo mu majyepfo

    Gusenyera umugozi umwe no guharanira ko imbaraga zabo zidafushwa ubusa nizo mpanuro zahawe abahinzi b’umuceri bo mu ntara y’amajyepfo bari mu rugendo shuli mu karere ka Nyagatare rwari rugamije kuzamura ubumenyi ku kongera umusaruro w’igihingwa cy’umuceri.



  • Nyagatare: Njyanama yasabwe gukorana ’abayobozi batandukanye neza

    Kwicisha bugufi, gutega amatwi no gukemura ibibazo by’abaturage nibyo byasabwe abayobozi bo mu karere ka Nyagatare hari mu nama njyanama yateranye kuri uyu wa gatanu 5/9/2014.



  • Inzu y

    Mimuli: Abantu babiri bahitanwe n’inkuba

    Abantu babiri bakubiswe n’inkuba bahita bitaba Imana kuri uyu wa 04 Nzeli ahagana saa kumi n’iminota 10 mu mudugudu wa Byimana akagali ka Mimuli umurenge wa Mimuli akarere ka Nyagatare.



  • Abagize DASSO barasabwa kwirinda Ruswa n

    Nyagatare: Abagize DASSO basabwe kwirinda ruswa n’ibiyobyabwenge

    Kurangwa n’indangagaciro zikwiriye umuyobozi, kwirinda ibikorwa bibangamiye umudendezo w’umunyarwanda no kurwanya ibiyobyabwenge, ni byo byasabwe abagize urwego rushinzwe gufasha akarere mu gucunga umutekano (DASSO) mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki ya 02/09/2014 ubwo batangiraga inshingano zabo ku mugaragaro.



  • Abaturage ngo ntibabasha korora inka kubera amasambu mato atavamo urwuri.

    Katabagemu: Ubutaka buto butuma batorora inka

    Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Katabagemu bavuga ko kugira ubutaka buto bituma batabasha kubukoreraho ubworozi bw’inka, ubuyobozi bwo busanga iyi myumvire ishaje kuko ngo korora bitagombera urwuri, ahubwo n’ubwatsi bwahinzwe ku mirwanyasuri bushobora gutunga inka bakabona amata n’ifumbire.



  • Bamwe mu baturage ba Kajevuba bemeza ko amarozi abaho abandi bakabihakana.

    Kajevuba: Ntibavuga rumwe ku marozi

    Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Katabagemu mu karere ka Nyagatare bavuga ko barogerwa abandi bakemeza ko imirire mibi no kutavuza aribyo byitirirwa amarozi, ubuyobozi busaba abaturage kujya bajyana abarwayi kwa muganga kuko aribo bafite ubushobozi bwo kumenya indwara iyo (…)



  • Guverineri Uwamaliya yizeza ko intara y

    Nyagatare: Abaturage barasabwa gufata neza no kubyaza umusaruro ibikorwaremezo begerezwa

    Kumva ko ibikorwaremezo begerezwa ari ibyabo bagomba kubifata neza kandi bakabibyaza umusaruro, nibyo Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Mukeshimana Géraldine yasabye abaturage b’akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba bitegura gutangira gukoresha uburyo bwo guhinga buhira imyaka, ubwo yabasuraga na kuri uyu wa kabiri (…)



  • Kajevuba: Ubujura bw’amatungo magufi burabarembeje

    Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Kajevuba akagali ka Katabagemu umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bagiye gucika ku bworozi bw’amatungo cyane cyane amagufi kubera abajura, ubuyobozi bukangurira abaturage gutanga imisanzu yo kwishyura inkeragutabara zigiye gushyirwaho kugira ngo zirinde umutekano.



  • Amakara akorwa mu bishingwe harimo n

    Gatunda: Ibishingwe ntibijugunywa ahubwo bibyazwa amakara

    Uretse kubungabunga ibidukikije, guha benshi imirimo no korohereza Abanyarwanda ku bicanwa ngo koperative Nyagatare Environment Protection Cooperative (NEPCO) ni igisubizo mu kubungabunga isuku no kurinda ubutaka.



  • Abagore barakitinya cyane mu kwaka inguzanyo no gukora imishinga ihenze.

    Nyagatare: Abagore ngo barakitinya

    Kuba bamwe mu bagore bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bakitinya ku bikorwa bimwe na bimwe bigamije iterambere no kuba bamwe mu bagabo bumva ko abagore badashoboye ni zimwe mu nzitizi bagihura nazo mu iterambere.



  • Ibigori bihekaho kimwe gusa ari nayo mpamvu umusaruro uba mucye.

    Nyagatare: Hakenewe imbuto y’ibigori nshya

    Mu gihe bamwe mu bahinzi b’ibigori mu karere ka Nyagatare bavuga ko imbuto bafite idatanga umusaruro mwinshi, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko hari abafatanyabikorwa babonetse bazatangira gufatanya n’abahinzi muri iki gihembwe cy’ihinga gitaha bityo imbuto bazasanga itanga umusaruro mwinshi babe ariyo bahinga.



  • Gasasira Janvier umukozi wa minisiteri y

    Nyagatare: Umushinga PASP uzakemura ikibazo cy’umusaruro wangirikaga

    Umushinga PASP wo gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi no guteza imbere ubuhinzi bw’umwuga watangijwe mu karere ka Nyagatare ngo uzafasha abahinzi kwiyubakira ubwanikiro bw’umusaruro wabo no kuwongerera agaciro bigabanye umusaruro wangirikaga.



  • Aba batatu bafashwe gusa umwe yarashwe mu kibero ahunga.

    Mimuli: Bashatse kwiba banki umwe ahasiga ubuzima

    Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 29 Nyakanga abantu abantu bane bagerageje kwiba Banki y’abaturage guichet ya Mimuli mu karere ka Nyagatare umwe ahasiga ubuzima, undi arakomereka naho abandi babiri bakaba bari mu maboko ya Polisi.



  • Abagore nabo bari benshi cyane bitabiriye umunsi mukuru wa Idil Fitr.

    Umuyisilamu muzima ngo arangwa n’urukundo

    Kubahana, kurangwa n’urukundo n’ubusabane no guharanira icyateza imbere abanyagihugu nibyo bikwiye kuranga umuyisilamu muzima; nk’uko byagarutsweho n’abayisilamu bo mu karere ka Nyagatare ubwo hizihizwaga umunsi wa Idil Fitr usoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan.



  • Abamotari bari biyicariye kuri moto zabo nta bikoresho by

    Nyagatare: Abasiba umuganda bagiye kujya bahanwa

    Ubuyobozi bw’akagari ka Nyagatare mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo cyo gukora amakarita y’abitabira umuganda hagamijwe kumenya abatawitabira bigafasha mu kubagenera ibihano biteganywa n’itegeko ry’umuganda.



Izindi nkuru: