Mushimiyimana Jacqueline w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Kagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare mu Karere Nyagatare yitabye yitabye Imana naho batatu barwariye mu Bitaro bya Nyagatare nyuma y’aho kuri uyu wa 18 Werurwe 2015 bariye inka yipfushije bikekwa ko yari irwaye indwara bita ubutaka.
Abaturage b’Umudugudu wa Rebero, Akagari ka Rugari ko mu Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare barashinja umukuru w’umudugudu wabo, Hamiri Emmanuel gukoresha ikimenyane no kurya ruswa muri gahunda ya Girinka.
Abaturage bo mu Murenge wa Mimuri mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abajura babiba imyaka n’amatungo nyamara batabwa muri yombi ngo bakarekurwa badahanwe.
Mu gihe abaturage bo mu Mudugudu ba Bubare mu Kagari ka Rugarama, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bubakiwe ivuriro (Poste de Santé) kugira ngo babonere bugufi serivisi z’ubuzima none rikaba rimaze amazi atandatu ryaruzuye ariko ridakora, Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Nyagatare n’ubw’akarere buvuga ko (…)
Aborozi n’aborozi bo mu karere ka Nyagatare barinubira ko batabona abaveterineri kuko bahora bakorera mu biro ntibasohoke, bityo amatungo yabo akaharenganira.
Umukinnyi Gasore Hategeka ukina mu ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe Eastern Circuit ryavaga Kigali ryerekeza i Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 7/3/2015.
Abasore 7 bari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare, nyuma yo gufatwa bagerageza kwinjiza kanyanga n’ibindi biyobyabwenge mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Werurwe 2015.
Uwamahoro Chantal w’imyaka 33 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nyarupfubire, Akagari ka Nyarupfubire mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare yakuyemo inda y’ abana 2 b’impanga arabica afatwa amaze guta umwe mu musarane.
Bamwe mu bacuruza urwagwa mu Mirenge ya Mimuli na Nyagatare yo mu Karere ka Nyagatare baravuga ko batakibona abakiriya, ahanini bitewe n’uko igiciro cy’ibigori kiri hasi bityo abaturage bagurisha umusaruro wabo ntibasengere.
Amakoperative y’abahinzi yo mu Karere ka Nyagatare akorana na PAM, kuri uyu wa 20 Gashyantare 2015, yashyikirijwe inkunga y’ubwanikiro by’imyaka mu rwego rwo kuborohereza akazi no kongera ubwiza bw’umusaruro.
Abavuzi gakondo babiri bari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo na Poste za Polisi zitandukanye mu Karere ka Nyagatare kubera gukora batabyemerewe abandi bakabikorana isuku nke, kimwe na bimwe mu bikoresho bibujijwe muri uyu mwuga.
Umugabo witwa Rutembesa Alexandre w’imyaka 54 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 10.
Abaturage bo mu Murenge wa Katabagemu mu Karere ka Nyagatare baravuga ko ari byiza gukora ubukwe bujyanye n’ubushobozi bw’ababukoze birinda gusesagura.
Umugore wo mu Mudugudu wa Burumba mu Kagari ka Burija mu Murenge wa Nyagatare utarifuje ko amazina ye atangazwa yikoreye ikigega cyo hasi mu butaka akoresheje amahema apfundikiza amabati kugira ngo hatajyamo umwanda.
Umugore witwa Nyirabucyangenda Elevanie w’imyaka 43 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda akekwaho gutema umugabo we akoresheje isuka.
Ndayisenga Emmanuel w’imyaka 43 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Nkoma 2, Akagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi ho mu Karere ka Nyagatare yishyikirije Polisi, Sitasiyo ya Karangazi, ku manywa yo ku wa 12 Gashyantare 2015 nyuma yo kwica umugore we akoresheje ifuni akaburirwa irengero.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Burumba, Akagari ka Barija ho Murenge wa Nyagatare, bakeneye amazi meza kugira ngo bibafashe kwita ku isuku yabo.
Karangwa Hussein bita Mahungu ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare akekwaho kwiba imiti yifashishwa mu kuvura abantu n’imifariso bifite agaciro k’ibihumbi 372.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwari rwimuriye imirimo yarwo mu Mudugudu wa Cyenjojo, Akagari ka Cyenjojo, Umurenge wa Rwempasha, ku wa 04/02/2015 rwakatiye Ntambara Jean Damascène w’imyaka 22 y’amavuko igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica atemaguye sebuja yaragiriraga inka.
Abaturage b’imidugudu ya Rwarucura na Ryabega akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi bemeza ko ubutaka bwa hegitari ebyiri bwari bwaragenewe isoko bwahawe abantu bishoboye nyuma yo kubeshya bari abatuye mu manegeka.
Gushyira mu bikorwa itegeko rihana abatitabiriye umuganda nibyo bizatuma abaturage b’Akagari ka Nyagatare barushaho kuwitabira.
Kuba intwari y’u Rwanda Fred Gisa Rwigema yaratabarukiye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare, abatuye uyu murenge bifuza ko umusozi yaguyeho wagirwa ahantu nyaburanga kuko ubitse amateka y’ubutwari.
Kwegereza serivise abantu bamukiranya imipaka bakenera cyane cyane ibicuruzwa bizazamura ubukungu bw’igihugu.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwimuriye imirimo yarwo mu Murenge wa Karama, rwahamije Habanabakize Cedric icyaha cyo kwihekura rumuhanisha igihano cy’igifungo cya burundu, kuwa 27/01/2015.
Umumotari witwa Habamahirwe Leonard acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gufatanwa imiti ya magendu yari atwaye kuri moto mu mujyi wa Nyagatare.
Polisi y’igihugu iratangaza ko uretse imibare mike nta nyungu iba mu gucuruza ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka k’ubifatanywe utaretse n’umuryango we.
Inama nyunguranabitekerezo y’abanyamuryango b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyagatare yagaragaje ko hari bamwe mu banyamuryango bateshutse ku nshingano zabo banabisabira imbabazi.
Ubushinjacyaha burasabira umugabo witwa Habanabakize Cedric guhanishwa igifungo cya burundu kubera icyaha cyo kwihekura akurikiranyweho.
Ngirabega Emmanuel, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyagatare akurikiranyweho gusambanya umunyeshuri w’imyaka 22 abereye umuyobozi no kumushora mu buraya, akaba yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kuwa 20/01/2015.
Bamwe mu baturage b’Akagari ka Shonga mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare bahitamo kujya kunywera ibiyobyawenge nka Kanyanga mu gihugu cya Uganda.