Tengera Jennifer w’imyaka 39 utuye mu mudugudu wa Kayigiro, akagali ka Gitengure, umurenge wa Tabagwe ari mu maboko ya Polisi nyuma kubyara umwana ufite ubumuga kandi atagejeje igihe mu ijoro rya tariki 15/11/2012 akamuta mu musarane.
Urubyiruko rukora umwuga wo gutwara moto rurashishikarizwa kudapfusha ubusa ibyo rwakoreye, ahubwo rukagira umuco wo kuzigama, nk’uko babihuguriwe mu muhango wo gutangiza ishami rya sendika y’abamotari mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare.
Jean Paul Twizerimana yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyagatare akekwaho kwica Maurice Habiyambere w’imyaka 18 amuteye icyuma.
Abanyeshuli bo mu mwaka wa kabiri bo mu rwunge rw’amashuli rwa Runyinya ntibashoboye gukora ikizamini cy’amateka tariki 26/10/2012 kubera ko abarimu banze kugitanga batari bahabwa agahimbazamusyi bemerewe n’ababyeyi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bwo butangaza ko kugeza ubu abaturage barenge 70 ku ijana bafite amazi meza kubera ahaini amasoko y’amazi agaragara hirya no hino mu duce tugize uwo murenge.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwahanishije private Baziruwiha Donath igihano cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye Gihozo Mignone tariki 07/10/2012.
Urupfu rw’umugore witwa Maniragena Olive w’imyaka 27 y’amavuko witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 13/10/2012 aryamye mu buriri bumwe n’umugabo we rukomeje gutera urujijo. Hategerejwe ibizamini byo kwa muganga ngo hamenyekane icyo yazize.
Ndayambaje Samuel w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yarashwe n’inzego z’umutekano za Tanzaniya zirinda pariki ubwo we na bagenzi be bari bavanyeyo ibiti by’imishikiri bakunze kwita Kabaruka bagurisha mu gihugu cya Uganda.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyagatare biyemeje guha umwanya umuturage akagira uruhare mu bikorera bamukorera, nyuma y’amahugurwa bahawe n’igihugu gishwizwe guteza imbere abaturage (RLDSF) ku micungire n’imikoreshereze y’umutungo ndetse kunoza serivisi baha abaturage.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’inzego z’ibanze gukurikirana ikibazo cy’abanyamahanga baba muri ako karere badafite ibyangombwa bibemerera kuba mu Rwanda kuko akenshi baba intandaro y’umutekano muke.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) buratangaza ko kubera gahunda yo gukumira indwara zishobora gufata amatungo, guhera tariki 09/09/20110, buzatangiza gahunda yo kurwanya isazi ya Tsetse n’indwara ya Tripanosomiase ikwirakwiza n’iyo sazi mu duce twegereye Pariki y’Akagera.
Manirarora Pacifique, umwana w’umukobwa ufite imyaka umunani y’amavuko wiga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza akaba azwi ku kabyiniriro ka Mutuel, yagabiye Perezida Kagame inuma amushimira ko yazanye gahunda y’ubwisungane mu kwivuza.
Abaturage bagize Community Policing mu karere ka Nyagatare bahawe ikiganiro ku gukumira ikwirakwizwa ry’intwaro ntoya n’ihohoterwa banahabwa telefone ngendanwa 70 bazajya bifashisha mu gutanga raporo mu gukumira ihohoterwa no kumenyekanisha abatunze intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Urwego rushinzwe gukurikirana abajyanama b’ubuzima n’ubukangurambaga mu by’ubuzima ku Bitaro bya Nyagatare, rurasaba abajyanama b’ubuzima kongera ingufu mu biganiro bizamura imyumvire y’abaturage mu kwirinda indwara no kubungabunga ubuzima bwobo.