Mu gihe Uzabakiriho asaba ubuyobozi kumurenganura kuko yirukanywe aho yari acumbitse akekwaho amarozi kubera akanyamasyo yari atunze mu rugo, ubuyobozi bwizeza ko buzakemura ikibazo cye ariko nanone atari akwiye gutunga inyamanswa yo mu ishyamba mu rugo.
Ubwo Umuvunyi mukuru, Aloysie Cyanzayire, hamwe n’itsinda ry’abakozi b’uru rwego bari mu karere ka Nyagatare muri gahunda y’icyumweru cyahariwe kurwanya n’akarengane, yagejejweho ibibazo byerekeye ubutaka bukoreshwa icyo butagenewe.
Iyangirika ry’ikiraro cya Kazaza cyubatse hejuru y’umugezi w’Umuvumba utandukanya tumwe mu tugali tugize umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare, rihangayikishije benshi bakaba bifuza ko cyasanwa byihuse.
Umubyeyi witwa Nyirahabimana Marcelline utuye mu mudugudu wa Gakoma akagali ka Kanyonza umurenge wa Matimba mu karere ka Nyagatare yabyaye abana batatu mu ijoro ryo kuwa 25 Mata 2014. Aba bana baje biyongera ku bandi barindwi asanzwe afite.
Nyuma yo kubona ko barekuwe bagakurikiranwa bari hanze bashobora gutoroka ubutabera, abantu bane muri 11 bakekwaho gufatanya kunyereza umutungo wa Duterimbere IMF mu mashami ya Nyagatare, Kabarore na Gahini usaga miliyoni 275, bakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga amashyamba kizakemurwa no gukoresha rondereza za canarumwe, ingufu z’imirasire y’izuba na Bio-gaz; nkuko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare nyuma y’uko hishimirwa ko imvura isigaye igwa muri aka karere katakiri ubutayu.
Minisitiri w’Abakozi n’Umurimo, Anastase Murekezi, atangaza ko kugira ngo amajyambere yihute ari uko ubuzima bw’abaturage buba butekanye kandi ibikorwa byose aribo babigiramo uruhare.
Ubwo hibukwaga abana bazize Jenoside mu karere ka Nyagatare, hatanzwe ubutumwa ko urwango rwubatswe n’abakoroni rukwiye gusimbuzwa urukundo n’ubumwe hagamijwe kubaka indangagaciro nyarwanda. Gusa ngo ibi bizagerwaho buri munyarwanda yumvise ko ari inshingano ye kubitoza abana babyiruka.
Kuri uyu wa gatatu abari abakozi 6 ba kanki ya Duterimbere ishami rya Nyagatare, Kabarore na Gahini muri Kayonza bagejejwe imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare bashinjwa kurigisa umutungo wa Duterimbere usaga amafaranga miliyoni 275.
Mu ijoro ryo kuwa 21 Mata umwana w’umuhungu umaze icyumweru kimwe avutse yatoraguwe n’abaturage ku ruzitiro rutandukanya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare n’akabari hafi na gare shya ya Nyagatare.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare bahaha bakanarya ifu ya kawunga barinubira kuba nta buziranenge iba ifite kuko itagaragaza igihe yakorewe n’igihe yakabaye itakiribwa ariko ubuyobozi bw’akarere buvuga ko bugiye gukurikirana iki kibazo byihutirwa.
Mu gihe abaturage b’umudugudu wa Rurenge agace kitwa Ibuka gatuwe n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, barasaba kugobokwa kuko ubutaka bwabo bwibarujweho undi muturage, ubuyobozi bw’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bubizeza ko iki kibazo kizakosorwa vuba kuko uwabubaruweho nawe nta ruhare yabigizemo uretse (…)
Mu gihe bamwe mu bafite virusi itera SIDA mu murenge wa Nyagatare bavuga ko bakeneye ubufasha bwihariye nk’uko mbere babuhabwaga n’imiryango itandukanye, ubuyobozi bwa komite y’aka karere ishinzwe kurwanya SIDA bwo buvuga ko abatishoboye bafashwa nk’abandi bose kuko bahawe ubufasha bwihariye byaba ari ukubaha akato.
Toni 3 z’ibiti bya kabaruka byatwitswe hanamenwa amakarito 200 y’inzoga zo mu mashashi ya Chief Waragi na litiro 700 za Kanyanga zafashwe mu kwezi kwa gatatu n’ukwa kane mu bice bitandukanye by’akarere ka Nyagatare.
Nubwo hishimirwa uko ibitaro bya Nyagatare bigenda byagurwa haracyari ikibazo cy’abaganga bahindagurika buri munsi kimwe n’abaganga b’inzobere batahaboneka. Ibi ni ibyagaragarijwe abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza mu nteko inshingamategeko kuri uyu wa 14 Mata ubwo basuraga ibi bitaro.
Abimukira ngo bakomeje kudindiza iterambere ry’akarere ka Nyagatare kuko nta genamigambi baba bakorewe. Ibi byagarutsweho mu biganiro ku mibereho y’abaturage yahuje ubuyobozi bw’aka karere n’abadepite bagize komisiyo y’imibereho myiza mu nteko inshingamategeko.
Sebufiriri Deogratias, umunyeshuri wiga mu mwaka wa mbere wa kaminuza y’u Rwanda mu ishami rya Nyagatare yigomwe amafaranga y’inguzanyo ahabwa na Leta mu kwiga, aguramo itungo ry’ ibihumbi 22 aryoroza uwacitse ku icumu utishoboye mu rwego rwo kumufata mu mugongo.
Muhire Ildephonse wayoboraga umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare mu murenge wa Rwempasha arashinjwa kugurisha incuro ebyiri ikibanza kiri ahantu hagenewe irimbi. Uwahaguze bwa kabiri inzu yubakaga igagasenywa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare arasaba Muhire kumuha amafaranga ibihumbi 665.
Ikipe y’akarere ka Nyagatare yatangiye imikino ya gicuti, mu rwego rwo kwitegura kwinjira mu kiciro cya kabiri mu kwezi kwa cyenda. Iyi kipe yiswe Nyagatare FC yakinnye umukino wa gicuti na Kiyovu Sport.
Polisi ikorera mu murenge wa Gatunda akarere ka Nyagatare yabashije guta muri yombi Bizimungu Felicien bahimba Bazakira wari wakatiwe n’urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare igifungo cya burundu y’umwihariko nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu.
Bamwe mu bafite insyo zisya imyaka muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bashinjanya kubangamirana mu bucuruzi, aho bamwe bavuga ko mugenzi wabo yanze ko bimukira ahandi kugira ngo agumane isoko wenyine.
Mu gihe abaturage bakoze imirimo yo kubaka laboratoire ebyiri zo kwigishirizamo amasomo ngiro ku ishuli ryisumbuye rya SOPEM Rukomo bavuga ko bambuwe amafaranga bakoreye, ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutezimbere uburezi (REB) buvuga ko bitarenze impera z’uku kwezi iki kibazo kizaba cyavugutiwe umuti.
Mu muganda ngarukakwezi wabaye kuwa gatandatu tariki 29/03/2014, mu karere ka Nyagatare hasijwe ibibanza ndetse hakanatangizwa iyubakwa ry’amazu 25 yagenewe Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bari mu murenge wa Matimba.
Ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bugamije kumenya no kwirinda indwara yo kujojoba, abatuye akarere ka Nyagatare bakanguriwe ko ugaragaweho iyo ndwara yakwihutira kugera kwa muganga kuko iyi ndwara ivurwa igakira, mu gihe utayivuje imuteza ibibazo no kubangamirwa cyane mu bandi ndetse na buri wese akaba abangamiwe.
Mu ishuri rya Nyagatare aho kaminuza nkuru y’u Rwanda ifite ishami bateguye igikorwa cyo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’iri shami rya kaminuza nkuru y’u Rwanda mu mihango iza kuba ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 21/03/2014.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare umurenge wa Rwempasha bavuga ko kuba barakomeje kubaka amazu bari babujijwe kubaka mbere, atari ugusuzugura ubuyobozi ahubwo babyemerewe n’abayobozi bw’umudugudu, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwo bwemeza ko aya mazu agiye gukurwaho n’abayobozi babyihishe (…)
Abaturage bahinga hafi y’ishyamba rya kimeza rikikije umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bavuga ko inyamanswa zibonera, ubuyobozi bw’aka karere bwo buvuga ko bitemewe guhinga ku nkengero z’uyu mugezi.
Mu gihe Musabyemariya Jane wo mu mudugudu wa Kagitumba akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba avuga ko EWSA yamuranganye bigatuma inzu ya musaza we ishya igakongoka, ubuyobozi bwayo mu karere ka Nyagatare bwo buvuga ko icyo kibazo butari bukizi.
Abahinzi bo mu karere ka Nyagatare bakora ubuhinzi bifashishije uburyo butamenyerewe cyane mu Rwadna bwo kuhira imyaka, barishimira ko basigaye basarura no mu gihe cy’izuba, n’ubwo babitangiye bigoranye.
Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo nibyo bisabwa abaturage batuye mu karere ka Nyagatare nyuma y’igenzura ryakozwe mu isozwa ry’igikorwa cyo gutera mu ngo umuti wica imibu itera Malariya.