Bamwe mu baturage bakomeje gushyikiriza inteko ishinga amategeko ibyifuzo byabo by’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ivuga kuri manda za Perezida zahindurwa, baratangaza ko abagize iyi nteko nibatubahiriza ibyifuzo byabo bazabatera ikizere kuko ari bo babashyizeho.
Gahungu Enock ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare nyuma yo gukubita umugore we Mukanziza Juliet ishoka mu mutwe, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Aborozi bo mu Mudugudu w’Akayange ka 2, Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko indwara y’uburenge iheruka kugaragara muri aka gace izanwa n’imbogo zikiri mu nzuri zabo.
Ku wa 11 Gicurasi 2015, abaturage b’utugari tugize Umujyi wa Nyagatare bashyikirije ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare impapuro zirimo icyifuzo cy’uko itegeko nshinga ryahindurwa cyane mu ngingo igena umubare wa manda ku mukuru w’igihugu.
Mu rwuri rw’umuryango w’abanyeshuri bakotse Jenoside (AERG) ruri mu mudugudu wa Karama akagari ka Karama, umurenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, hagejewe inka 81 harimo 20 zatanzwe na madamu wa Perezida Repubulika Jeannette Kagame binyuze mu muryango Imbuto Foundation.
Abaturage bo mu Midugudu ya Nyabitekeri na Kabirizi, mu Kagari ka Nyabitekeri, Umurenge wa Tabagwe, Akarere ka Nyagatare barasaba ko bahabwa amazi meza kuko ayo bakoresha ari mabi bavoma mu mugezi w’umuyanja.
Kuri uyu 05 Gicurasi 2015, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore kuva ku murenge kugera ku rwego rw’akarere ka Nyagatare bakoranye inama aho biyemeje gutangira gukora ibarura ry’abagore babashyira mu byiciro.
Mu ijoro ryo ku wa 01 Gicurasi 2015, inkuba yakubise abantu babiri bahita bitaba Imana mu Mudugudu wa Bwanga, AKAGARI ka Musenyi, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare.
Kuri uyu wa 30 Mata 2015, abafite ubumuga bo mu Karere ka Nyamasheke bagera kuri 65 bahawe amagare yagewe abamugaye afite agaciro ka miliyoni zibarirwa muri 20 z’amafaranga y’ u Rwanda.
Mu gihe kuri uyu wa 30 Mata 2015, mu isoko rya Nyagatare hafatiwe abavuzi gakondo bacururiza imiti mu isoko kandi bibujijwe na Minisiteri y’Ubuzima, Umubyeyi Jolly, Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abavuzi Gakondo mu Karere ka Nyagatare asaba abavuzi gakondo bose gushaka amazu bakoreramo kandi afite isuku.
Kuri uyu wa 29 Mata 2015 mu Mudugudu wa Rugendo mu Kagari ka Ryabege, Umurenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, mu rukerera batoraguye umurambo w’uwitwa Hakizimana William w’imyaka 25 y’amavuko wakoraga akazi k’ubumotari.
Ku cyumweru tariki ya 26 Mata 2015, inka y’uwitwa Karani Jean Damascène wo mu Mudugudu wa Benishyaka, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo, Akarere ka Nyagatare yabyaye ikimasa gifite amaguru 6 gihita gipfa.
Maga Kabera, umugore wo mu Kagari ka Barije mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare avuga ko yatangiye acuruza ijerekani imwe y’ubushera none ubu afite iduka ry’ibyuma by’imodoka rifite agaciro ka miliyoni 12.
Mugema Moses w’imyaka 24 y’amavuko wari utuye mu Mudugudu wa Mishongi Akagari ka Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi yaraye yiyahuye anyweye umuti w’inka kubera impamvu zitarashobora kumenyekana kuko nta kibazo kindi ngo yari afitanye n’abaturage.
Mu gihe bikigaragara ko mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa karangazi hakiri abana bato basiba ishuri bakajya mu isoko gufasha abacuruzi kwirirwa bahamagara abakiliya, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi burasaba ababyeyi gushishikariza abana babo kugana ishuri aho kurarikira inyungu zihuse.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba agakingirizo kabafasha kwirinda Sida, ari n’urukingo rubafasha kuboneza urubyaro.
Mu gihe bamwe mu baturage bambika amatungo yabo, cyane ihene, ibihoho ku munwa kugira ngo atona mu nzira bayatwaye cyangwa bava ku masambu yabo, abashinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare bavuga ko ari ukuyabangamira kandi bishobora kuyagira ho ingaruka zirimo ibikomere.
Kuri uyu wa 21Mata 2015 mu Mudugudu wa Nyagatare ya 2, Akagari ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, mu bubiko bwa Mwizerwa Assaf bita Kabila hafatiwe imifuka 96 n’igice indi 5 n’igice imaze gukoreshwa bivugwa ko yibwe Kampani ya Bouygues y’Abafaransa ikora mu kwirakwiza amashanyarazi.
Bamwe mu baturage b’imudugudu wa Ryabega na Rwarucura akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bishimira ko rondereza zikoresha ingufu z’izuba zatumye babasha kurondereza ibicanwa kandi ibiryo bigashyana isuku.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Mirama ya mbere, Akagari ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe n’indwara zishobora kuzakomoka ku bishingwe bikurwa mu mujyi bigasukwa ku musozi ubegereye, abana bakirirwamo bashakisha ibyuma byo kugurisha.
Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda ari ishoramari rikomeye bityo ntawe ukwiye kwemera ko buhungabanywa.
Abantu 11, barimo abagore 2, mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare bari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Nyagatare guhera kuri uyu wa 10 Mata 2015 bakekwaho urugomo no kwigomeka ku mategeko n’amabwiriza y’ubuyobozi.
Ibikorwa by’urubyiruko rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakiri mu ishuri n’abarangije kwiga AERG/GAERG, byanditse amateka kandi biba imwe muri gahunda zigamije kwigira no kwishakamo ibisubizo, nk’uko abitabariye isozwa ryabyo mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa gatandatu tariki 04/4/2015, babyishimiye.
Abanyamuryango ba AERG na GAERG basaga 1500 nibo bitabiriye igikorwa cy’umuganda wa nyuma usoza AERG/GAERG week cyabereye mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa gatandatu tariki 4/4/2015.
Bamwe mu bakozi bakoraga isuku mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare n’inkiko z’ibanze 4 zirushamikiye bakoreshwaga na Kompanyi Shine Rwanda Ltd barasaba ababifitiye ubushobozi kubishyuriza kuko rwiyemezamirimo bamubuze bityo bakaba badahembwa.
Abagabo babiri bo mu Mudugudu wa Mirama ya 1, Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare baturikanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Gerenade barakomereka.
Ku wa 27 Werurwe 2015 mu ma saa sita n’igice z’amanywa, mu Mudugudu wa Sangano, Akagari ka Nyamiyonga, Umurenge wa Musheri, Akarere ka Nyagatare, hatoraguwe umurambo wa Ngerageze Janvier w’imyaka 32 mu muringoti woroshwe imyambaro.
Mu muganda usoza ukwezi mu Kagali ka Nyagatare, mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, hakozwe umuganda hasukurwa urwibutso ruri ku Mugezi w’Umuvumba, ahibukirwa abatutsi bishwe muri Jenoside bajugunywe mu migezi.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 27 Werurwe 2015, umusaza Gashari Paul w’imyaka 75 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Ruhita, Akagali ka Nyagashanga mu Murenge wa Karangazi bikekwa ko yishwe n’abana be yibyariye bamuziza isambu yari amaze kubatsindira mu rukiko.
Nubwo amakoperative abyaza umusaruro ikiyaga gihangano cya Cyabayaga avuga ko yatangiye kugikuramo amarebe yabujije umusaruro abororegamo amafi abashinzwe ibidukikije mu Karere ka Nyagatare barabibutsa ko bidahagije gukuramo amarebe ahubwo hakenewe guhangana n’ibituma azamo.