Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Cyamunyana mu Karere ka Nyagatare bahangayikishijwe n’ingona zibafata bagiye gushaka amazi mu mugezi w’Akagera.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bivuza magendu ntibanishyure mituweli kuko bategereye ivuriro.
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2015, mu Murenge wa Rwimiyaga batashye ivuriro rito rya Gakagati basaba abaturage kurigana ngo bagabanye impfu z’abana n’ababyeyi.
Abahinga buhira imyaka mu gishanga cya Kagitumba, barasaba ubuyobozi gusubizaho abazamu barinda ibyuma byuhira kuko abajura biba utwuma tunyuramo amazi.
Kubera ko RAMA igira aho igarukira ibavuza, abarimu ba Nyagatare bagiye kwishyiriraho ikigega cy’ubufatanye mu kwivuza hanze y’igihugu.
Kuri uyu wa 01 Ukwakira, abamotari n’abashoferi basabwe kwirinda amakosa akenshi avamo impfu n’ibihano kuko bidindiza iterambere.
Abantu 2 bakubiswe n’inkuba umwe arapfa mu murenge wa Karangazi, akarere ka Nyagatare, kuri uyu wa 27 Nzeri 2015.
Ubuto mu myaka y’ubukure mu bayobozi b’inzego z’ibanze budindiza ikemurwa ry’amakimbirane mu miryango kuko batizerwa ngo babwire imvano yayo.
Abitwa “Abaremetsi” binjiza ibicuruzwa mu gihugu ku buryo butemewe n’amategeko, ngo babangamiye umutekano w’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyagatare.
Kompanyi itwara abagenzi Yahoo Express yishyuriye abatishoboye 300 mu karere ka Nyagatare ubwisungane mu kwivuza.
Umusaza Muhimuzi Raphael wo mu mudugudu wa Gihorobwa akagari ka Rutaraka umurenge wa Nyagatare arifuza ubutane kuko akubitwa n’uwo yishakiye.
Abaturage b’umudugudu wa Rutaraka bitabiriye umuganda usoza ukwezi, aho bakuye amarebe mu iriba kugira ngo ridasiba.
Bamwe mu Nyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu karere ka Nyagatare bibaza uko bazarangiza amazu batujwemo atuzuye kandi batizeye kuzayagumamo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimiyaga burizeza abacururiza mu isoko ryaho ko bugiye guca akajagari katerwaga n’abaza kuhacururiza bavuye ahandi.
Mu ijoro ryo kuwa 17 Kanama, Musabyimana Yvette wo mu murenge wa Rwimiyaga yataye umwana mu musarane abaturage bamukuramo atarapfa.
Mu gihe bamwe mu bakoresha umuriro w’amashanyarazi mu Murenge wa Rwimiyaga bavuga ko ubura cyane bitewe n’imashini bita “transformateur” ifite ikibazo, ubuyobozi bwa REG bwo buvuga ko biterwa n’ubwinshi bw’ibyuma bishya imyaka.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa 10 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Marongero mu Kagari ka Ryabega ho mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, hibwe inyana 6 ariko ziboneka hafi saa tanu z’amanywa zigaruye.
Abaturage bo mu mudugudu wa mirama ya 2 mu kagali ka Nyagatare mu murenge wa Nyagatare, ntibagikoresha uburyo bwo kwirinda umwanda buzwi nka “Kandagira ukarabe”, kuko abenshi muri bo bagiye bakoresha ibiti zari zishnzeho nk’inkwi mu gihe k’izuba.
Kuri uyu wa 08 Kanama 2015, mu Mudugudu wa Mirama ya 2 mu Kagari ka Nyagatare ho mu Murenge wa Nyagatare, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, James Musoni, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amazi rufite ubushobozi bwo gutunganya amazi angana na metero kibe 2300 ku munsi, rukazagaburira umujyi wa Nyagatare (…)
Ubuyobozi bw’intara y’Iburasirazuba bwizeje ko buzakomeza kuba ikigega cy’igihugu mu buhinzi n’ubworozi, nk’uko bwabitangarije mu nkera y’imihigo ibanziriza umunsi w’umuganura yabereye mu mudugudu w’Akayange akagari ka Ndama umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 6 Kanama 2015.
Guhera mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Kanama 2015, kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gatunda hafungiwe abantu bane bose bakekwaho kwiba ibendera ry’igihugu, ry’Akagari ka Kabeza mu Murenge wa Gatunda.
Abaturage bo mu karere ka Nyagatare baratangaza ko rimwe mu terambere babashije kugeraho mu myaka 21 ishize u Rwanda rwibohoye, ari ukwibohora mu bukene bwo kwiyorosa ibirago kuko nta bundi bushobozi bari bafite.
Kuri uyu wa 01 Kanama 2015, ubwo abasenateri baganiraga n’abarimu bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bo mu Karere ka Nyagatare, abarimu baburiye Abanyarwanda kutagurana icyo batarabona icyo bamaze kwibonera maze bagasimbuza ikipe itsinda kuko bishobora gusubiza inyuma ibyaharaniwe imyaka myinshi.
Bamwe mu bakozi b’ikigo nderabuzima n’ibitaro bya Nyagatare, batangaza ko bamagana abirirwa bavuga ko abaturage bahatirwa kuvuga ko bifuza ko ingingo y’i 101 yahindurwa, kuko birengagiza ibimaze kugerwaho mu myaka 21 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri ba Hillside High School Matimba bafatiwe n’ihungabana ( Mass Hysteria), bane muri bo bagasubizwa iwabo mu rugo, abanyeshuri biga muri icyo kigo barifuza ko bagira abantu baba hafi mu bujyanama (psychologists) kugira ngo batazongera guhura n’iki kibazo.
Mu gihe akenshi wasanga mu gihe cy’impeshyi umukamo w’amata ugabanuka ku buryo hari amakusanyirizo yahagararaga gukora, ubu ngo iki kibazo cyarakemutse kuko aborozi bamenye korora inka nke zitanga umukamo ndetse biga no guhunika ubwatsi.
Kuva ku wa 28 Kemana 2015 kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa 29 Kamena 2015, abanyeshuri 4 b’abakobwa bo mu Ishuri Ryisumbuye Hillside Matimba, ryo mu Murenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, bari bari mu Bitaro bya Nyagatare bagaragaza ibimenyetso by’ihungabana, abaganga bakeka ko ari indwara yitwa “Mass Hysteria”.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Barija A, Akagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 14 n’ibihumbi 437 na 200.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwihutisha Iterambere (RDB) buratangaza ko kuva tariki 30 Kamena 2015 muri Pariki y’Akagera hazaba hagezemo intare zirindwi, zikuwe mu gihugu cy’Afurika y’Epfo zitezweho kurushaho guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda.
Abaturage b’utugari twa Nyagatare, Barija na Nsheke tumwe mu tugize umurenge wa Nyagatare, bazindukiye mu gikorwa cyo kwamagana Leta y’ubwongereza banayisaba kurekura byihutirwa Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe mu Bwongereza.