Bamwe mu baturage b’umurenge wa Mukama bemeza ko kwegerezwa koperative yo kubitsa no kugurizanya “Umurenge SACCO” byabagiriye akamaro kuko mbere kubona serivise z’ibigo by’imari byabagora kuko ntabyari bibegereye.
Umugore witwa Nyiramana Drocelle wo mu Mudugudu wa Kisaro, Akagari ka Gishororo mu Murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare yatangiye kogosha bamuseka ko atazabishobora ariko ubu baramugana.
Nyirasekuye Daphrose n’umuhungu we Jean Claude Ruserurande bari mu maboko ya Polisi sitasiyo ya Gatunda bakekwaho gukubita bikabije umukuru w’Umudugudu wa Gikunyu, Akagari ka Nyamikamba, Umurenge wa Gatunda witwa Gasinde Evariste w’imyaka 50 y’amavuko bikamuviramo urupfu.
Benshi mu bayobozi b’akarere ka Nyagatare banenze raporo y’ubushakashatsi yakozwe n’ikigo Illumination Consultancy Training Center ku bibazo bibangamiye iterambere ry’umuturage mu Karere ka Nyagatare.
Perezida w’urugaga rw’abikorera mu murenge wa Nyagatare, Birasa Johnston asanga ubufatanye bw’abacuruzi aribwo buzatuma umujyi wa Nyagatare uzamuka ukarushaho gutera imbere.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare mu karere ka nyagatare bavuga ko batitabira kubitsa amafaranga mu bigo by’imari kubera ko banki ari iz’abifite, abandi bo bemeza ko hari amafaranga aba ari macye kuburyo bitari ngombwa kuyajyana muri banki.
Ubwo yasuraga akarere ka Nyagatare kuri uyu wa 13/11/2014, Perezida Paul Kagame yatangaje ko ibikorwa yiboneye bigaragaza ko inzara muri ako karere yacitse burundu bitandukanye na mbere aho wanyuraga ku muhanda ukayibona.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 13/11/2014, Perezida Kagame yabwiye abaturage ko Leta ayoboye itazacogora ku ntego yo kubumbatira umutekano utajegajega kuko ari wo musingi Abanyarwanda bazaheraho bakora ibikorwa bibateza imbere.
Mu gihe abaturage b’umudugudu wa Kabeza, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Rukomo bavuga ko barembejwe n’urugomo bakorerwa n’abarembetsi bakura inzoga ya Kanyanga mu gihugu cya Uganda, ubuyobozi bw’uyu murenge bubizeza ko iki kibazo kiza gukemuka ku bufatanye bw’urwego rushinzwe umutekano rwa DASSO rugiye guhabwa moto y’umutekano.
Abatuye akarere ka Nyagatare bakoze urugendo rwo kwamagana BBC na filime iherutse gutambutsa yuzuyemo ubutumwa bwo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho bari bafite ubutumwa buvuga ko “umwanzi ntaho azaca Abanyarwanda bafatanije bunze ubumwe kandi baharanira iterambere ryabo n’igihugu muri rusange.”
Bamwe mu baturage bakoze imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 ku rwunge rw’amashuri rwa Kabeza mu Murenge wa Rwimiyaga, baravuga ko bambuwe amafaranga bakoreye hagiye gushira umwaka.
Mu gihe hari bamwe mu bakobwa usanga banenga imyuga imwe n’imwe bavuga ko yagenewe abahungu gusa, umukobwa urimo kuyiga mu karere ka Nyagatare bashishikariza bagenzi babo kwitabira imyuga kuko kubaka urugo bitakireba umugabo gusa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo ko nta muntu bazongera kwemerera gutwika amakara mu gihe cy’izuba kubera ko biteza impanuka z’inkongi y’umuriro yibasira amashayamba.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kiyombe bakora muri gahunda ya VUP bishimira iterambere bamaze kugeraho, bamwe mu bageze mu zabukuru bo bahabwaga inkunga y’ingoboka inyuze muri iyi gahunda bo bavuga ko batakiyibona, ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko abakiri muri iyi gahunda bose bagihabwa iyi nkunga uretse (…)
Umusaza witwa Kadiguza John arasaba ko yahabwa uburenganzira bwo gusubiza beneyo amafaranga yari yahawe agurishije ubutaka agasubirana ubutaka bwe.
Abaturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko kanyanga ihaboneka ndetse harimo na bamwe mu bayobozi bayinywa ari nayo mpamvu idacika burundu. Abenshi ngo bayita akantu mu rwego rwo kujijisha ubuyobozi.
Ubuharike n’ihohoterwa haba irikorerwa umugore cyangwa umugabo nizo mbogamizi zagaragajwe ko zikibangamiye imwe mu miryango yo mu karere ka Nyagatare, ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, kuri uyu wa gatandatu tariki25/10/2014.
Ngarambe John w’imyaka 29 y’amavuko wari umwarimu ku kigo cy’amashuri abanza cya Nyamirama afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho gusambanya ku ngufu umukecuru w’imyaka 57 y’amavuko.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Musheli mu karere ka Nyagatare bavuga ko amatungo yabo cyane inka yibwa n’abantu bayagurisha ku bacuruzi b’inyama muri centre ya Matimba yegereye umurenge wa Musheli.
Korari Abatambyi yo mu mudugudu wa Rurenge ya mbere muri paruwasi ya Rukomo mu itorero Pantekote, yashyize ahagaragara umuzingo (album) w’indirimbo zayo za mbere zaririmbiwe Imana yitwa “Umukiranutsi”.
Abagize koperative “Cyabayaga Fishing” ikorera ubworozi bw’amafi mu kiyaga gihangano cya Cyabayaga, barasaba ubufasha bwo gukura amarebe muri iki kiyaga kuko ababuza umusaruro.
Abaturage b’umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare bavuga ko barembejwe n’abajura cyane ab’amatungo. Ibi ngo bituma hari n’abagore barara hanze barinze amatungo yabo.
Bamwe mu banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bo mu kagari ka Cyamunyana mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, baravuga ko birukanwa mu mazu bakodesherejwe n’ubuyobozi kuko ba nyirayo batishyurwa.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare n’umuryango w’abanyeshuri ba kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Nyagatare ndetse n’ishuri rikuru ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare b’abakirisitu b’itorero ADEPR, baratabariza abarwayi bo muri ibi bitaro badafite amikoro basaba abagira neza kubafasha kubaho.
Kijabuzima Simon wo mu mudugudu wa Bubare akagali ka Nyarurema umurenge wa Gatunda avuga ko Nyiramariza Patricia batigeze basezerana byemewe n’amategeko n’ubwo byabaye, ubuyobozi bukaba buvuga ko bugiye kwifashisha inzego z’ubutabera kugira ngo uyu mugore arenganurwe.
Umugabo witwa Ruhamya Yohani wo mu kagari ka Nyarurema, umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare arashinjwa kwihakana umukazana we Mutezimana Claudine n’abana yabyaye agamije kwikubira imitungo.
Kwirinda inda nini, kwegera no gukemura ibibazo by’abaturage no guharanira ko batera imbere nibyo byasabwe abayobozi kuva ku rwego rw’akarere kugera ku mudugudu mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 07/10/2014, ubwo minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yifatanyaga nabo mu nteko rusange y’akarere.
N’ubwo bamwe mu baturage b’umurenge wa Rwimiyaga batavuga rumwe ku ikoreshwa rya sukari guru bamwe bemeza ko ari isukari nk’izindi abandi bakavuga ko itera inzoka zo mu nda, ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare busaba abaturage kujya bakoresha ibintu bizeye ubuziranenge bwabyo kuko bitabaye ibyo bishobora kubagiraho ingaruka (…)
Imiryango umunani yakoreraga ubuhinzi mu mudugudu wa Gakagati ya 2 akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare ikaza kwimurwamo kubera kudakoresha ubutaka icyo bwagenewe ivuga ko kugeza magingo aya itari yasubizwa amafaranga yabo yatanze nyamara benshi barayabonye.
Mu gihe kenshi usanga ahacururizwa ibinyobwa haba hari icyapa kimenyesha abantu ibinyobwa bihaboneka, Gakagati ya mbere akagali ka Cyamunyana umurenge wa Rwimiyaga, mu karere ka Nyagatare ho bifashisha ibirango bita gakondo nk’ibyatsi n’amakoma mu kumenyekanisha ko bacuruza ubushera n’urwagwa.