Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Ibihugu bya Afurika birahamagarirwa kongera ingufu mu bufatanye n’ibigo by’indege byo kuri uwo mugabane kugira ngo ubwikorezi mu kirere bworohe.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Kuri ubu mu Rwanda ahavurirwa kanseri hose ngo bikorwa n’abaganga bize ibintu bitandukanye kuko nta nzobere n’imwe muri iyi ndwara ihari bigatuma hiyambazwa abanyamahanga.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) itangaza ko abana bafite ubumuga n’abatabufite boherezwa n’ababyeyi babo gusabiriza babavutsa uburenganzira bwabo.
Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura ruri mu Karere ka Karongi rwakatiye Rwema Peter iminsi 30 y’igifungo y’agateganyo kubera icyaha akekwaho cyo gusambanya umukobwa ku ngufu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irizeza aborozi b’inka ko gahunda igiye gutangira yo kubafasha kubona ubwishingizi bwazo yashyizwemo ingufu bikazabarinda ibihombo.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) gitangaza ko icyiciro cya gatatu cy’ahahariwe inganda (SEZ) kizaba kihariye kuko kizubakwamo ibikorwa byo kunganira ibyiciro bibiri bya mbere.
Kaminuza yigenga yigisha iby’ikoranabuhanga (STES Rwanda) iherereye mu Murenge wa Kagarama muri Kicukiro yafunzwe burundu kubera kutuzuza ibyo yasabwe.
Akarere ka Kamonyi kabaye aka mbere mu kwesa imihigo urubyiruko rwahize mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017 ku manota 89.29%.
Abahoze bacururiza mu mihanda bazwi ku izina ry’abazunguzayi bagasiye bakorera mu masoko bubakiwe muri Nyarugenge bifuza kongererwa igishoro kugira ngo bakore bakunguka ntibazongere gusubira mu muhanda.
Minisiteri y’Ubuzima na Imbuto Foundation batangije uburyo byo guha ubutumwa bugufi (SMS) kuri terefone urubyiruko ku buzima bw’imyororokere burufasha kwirinda inda zitateganyijwe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 1% by’abantu barengeje imyaka 50 y’amavuko,bafite uburwayi bw’amaso.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko mu Rwanda abana bavuka babona inkingo ku kigero cya 93%, bikaba byaragabanije impfu z’abana bari munsi y’imyaka itanu.
Ubuyobozi bw’iposita y’u Rwanda butangaza ko nubwo haje ikoranabuhanga hari abantu batandukanye bagikoresha iposita cyane cyane abohereza ubutumwa bupfunyitse.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu Mujyi wa Kigali bagiye guhabwa ibishushanyo mbonera by’aho bayobora kugira ngo imyubakire y’akajagari icike.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubwikorezi (RTDA) gitangaza ko umuhanda Kayonza-Rusumo uzaba wuzuye mu myaka ibiri, ukazaba wagutse ku buryo uzorohereza abawucamo.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko umusaruro w’amagi wiyongereyeho 8% mu myaka itandatu ishize kubera kongera ingufu mu bworozi bwazo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu Murenge wa Nduba muri Gasabo bahamya ko kuba mu itsinda "Humura", bakaganira ku byababayeho byatumye bakira ibikomere.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) igiye kumara icyumweru iganira n’abakiriya bayo hagamijwe kubaha serivisi nziza no kubaka icyizere.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko 25% by’abivuza mu Rwanda baba bafite nibura imwe mu ndwara zitandura, ariko ugasanga batari babizi.
Inyubako isanzwe imenyerewe nka Union Trade Center (UTC) imaze kugurwa miliyari 6.877.150.000RWf, muri cyamunara yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 25 Nzeli 2017.
Abaturage batishoboye 34 bo Mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bishyuriwe mitiweri n’itorero ‘Izere Yesu Christian Church’, bavuga ko zizabarinda kutongera kwivuza magendu.
Soeur Immaculée Uwamariya washinze umuryango ‘Famille Espérance’(FAES) yemeza ko gushyingirwa ari umuhamagaro w’Imana, bitandukanye n’amarangamutima.
Umushakashatsi akaba n’umwanditsi w’ibitabo, Jean Ndorimana yemeza ko Jenoside zose ari zimwe ko itandukaniro ari abayikora, abayikorerwa, aho ikorerwa n’uburyo ikorwamo.
Abagore bahawe amahugurwa mu myuga itandukanye n’umuryango "Women for Women", bemeza ko yatumye bashobora kwirwanaho mu buzima bakanabeshaho neza imiryango yabo.