Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) kiratangaza ko uburyo busanzwe bukoreshwa mu kureba amanota y’ibizami bya Leta butahindutse, aho umuntu ashobora gukoresha ubutumwa bugufi cyangwa agasura urubuga rwa REB akareba amanota y’umwana.
Abahanga bavuga ko gutanga amaraso ari ugutanga ubuzima, ari yo mpamvu uyatanga agomba kuba na we afite ubuzima buzira umuze.
Niba uri umubyeyi ufite ikibazo cy’indwara yo kujojoba warwaye nyuma yo kubyara, ugiye kuvurwa wongere ugire ubuzima buzira umuze.
Urugaga rw’urubyiruko rukora mu buhinzi (RIAF) rukangurira urubyiruko rwize ubuhinzi kujyana ubwo bumenyi mu cyaro cy’iwabo kuko ari ho bwagira akamaro.
Urubyiruko rufite ubumuga bunyuranye cyane cyane abafite ubwo kutabona n’ubwo kutumva bagira ikibazo cyo kutamenya amakuru y’ahari akazi bityo ntibajye kugahatanira.
Munyakayanza Donasiyani watomboye imodoka ya miliyoni 38Frw muri tombora ya Banki ya Kigali yiswe ‘Bigereho na BK’ ngo igiye kumufasha mu bucuruzi bwe.
Ikigo cy’igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyasinyanye amasezerano y’inkunga n’uruganda HEMA Garments, azatuma ruhugura abantu 500 bazarukorera.
Abagurishirizaga telefoni zakoze ahazwi nko ku Iposita mu Mujyi wa Kigali bavuye mu muhanda bajya gukorera ahantu hazwi, baniyemeza ko telephone z’inyibano zizajya zifatwa.
Mu bikorwa byaranze urwego rw’ubuzima muri 2017, habayeho inama mpuzamahanga zavugaga ku ndwara zitandura zitandukanye, n’uko hakongerwa ingufu mu kuzikumira no kuzivura.
Umuryango mpuzamahanga utanga ubufasha butandukanye (OXFAM) watangije umushinga wo kurwanya ndetse no gushyigikira abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina uzatwara miliyari 1.3Frw.
Abanyeshuri 250 bo muri kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi ni bo bahawe bwa mbere udukoresho two kwipima virusi itera SIDA.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe ‘PRIMS’ rizagabanya iminsi yo kubona ibyangombwa ku bacuruza imiti bityo ntizongere kubura aho igomba kuba iri.
Havugimana Said uzwi ku izina rya ‘Haji’ ucururiza amata mu Karere ka Nyanza, yaretse ubwarimu yinjira mu bucuruzi none bumugejeje ku mutungo wa Miliyoni 500Frw.
Miss Queen Kalimpinya avuga ko benshi mu bana bafite ubumenyi bucagase ku buzima bw’imyororokere ngo hakaba hakenewe kongerwa ingufu mu bukangurambaga.
Madame Jeannette Kagame yifashishije ubutumwa buri mu ndirimbo ya Rugamba Sipiriyani yitwa Ikivi, agira urubyiruko inama yo gutera ikirenge mu cya bakuru babo bababanjirije bakagirira akamaro igihugu.
Madame Jeannette Kagame yabwiye abagore ko ari bo bagomba kwishakamo ibisubizo bakoresheje amahirwe bafite ngo bateze imbere umuryango.
Ubufatanye no gukorera ku ntego byaranze Inkotanyi ngo ni byo byatumye zibasha kubohora igihugu ari yo mpamvu abagore bakagombye gukora nkazo mu rugamba barimo rwo kwiteza imbere.
Nsengimana Jean Pierre, umubyeyi w’umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri watwitswe n’itara ry’aho ababyeyi babyarira akivuka, arasaba ubufasha kugira ngo avurwe kuko bisaba miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kugabanya impanuka mu muhanda, abatwara abagenzi ku magare bazwi nk’abanyonzi barahamagarirwa gutunga uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga.
Abaturage batishoboye bakora imirimo bagahembwa na VUP ngo bagiye kuzajya bahembwa hifashishijwe ikoranabuhanga kuko uburyo busanzwe butuma badahemberwa igihe.
Abanyeshuri biga Farumasi muri Kaminuza y’u Rwanda bavuga ko bagorwa no kubona aho bimenyerereza umwuga kuko nta nganda zikora imiti zihari.
Mu Rwanda abantu bazi ko indwara ya diyabete ikunze gufata abantu bakuze gusa. Ikindi benshi ntibaramenya ko iri mu moko atatu ashobora kugaragara no ku bindi byiciro by’abantu.
Komisiyo y’Igihjugu y’Itorero (NIC) itangaza ko guhera umwaka utaha abanyeshuri barangije ayisumbuye bazajya bakora urugerero rutandukanye n’urusanzwe rwiswe Urugerero ruciye ingando.
Ibihugu bya Afurika birahamagarirwa kongera ingufu mu bufatanye n’ibigo by’indege byo kuri uwo mugabane kugira ngo ubwikorezi mu kirere bworohe.
Inama kuri kanserimuri Afurika (AORTIC Conference) yaberaga mu Rwanda irusigiye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo BVGH kizobereye mu kurwanya kanseri.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Mme Jeannette Kagame avuga ko kuba kanseri idatoranya abo ifata mu byiciro bitandukanye by’abantu, buri wese akwiye kuyipimisha
Kuri ubu mu Rwanda ahavurirwa kanseri hose ngo bikorwa n’abaganga bize ibintu bitandukanye kuko nta nzobere n’imwe muri iyi ndwara ihari bigatuma hiyambazwa abanyamahanga.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.