Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Umuyobozi wa RwandAir, Chance Ndagano avuga ko u Rwanda ruzungukira byinshi mu nama ihuza ibigo by’indege bya Afurika (AFRAA) izabera mu Rwanda mu mpera z’uyu mwaka.
Igiterane cy’ivugabutumwa "Rwanda Shima Imana", gisanzwe kibera muri Kigali kuva mu mwaka wa 2012, uyu mwaka ngo kizegerezwa abakirisitu mu gihugu hose.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Kubaga umuntu bagasubiza umubiri aho wavuye,cyangwa ubusembwa buri ku mubiri (Plastic Surgery) kubera impamvu zitandukanye bikorwa n’abaganga babiri gusa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko umubare w’abaganga b’inzobere bavura abana ukiri muto ugereranije n’abana b’igihugu cyose bakenera kuvurwa.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yemeza ko iyo ibitabo bidahagije no kumenya gusoma byagorana ari yo mpamvu yashyize ingufu mu kubyongera.
Abahanga mu by’ihungabana bemeza ko hagikenewe igihe kirekire ngo rishire mu Banyarwanda, cyane cyane abaritewe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyemeza ko ibitaro byo mu Rwanda bibona amaraso bikenera ku kigero cya 96%.
Ugereranije abantu bitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 n’irya 2016, bigaragara ko uyu mwaka abitabiriye biyongereye.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga (Expo 2017) ribera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, abantu baritabira cyane kugura gaz n’amashyiga yayo ya kizungu kuko ibiciro byagabanijwe.
Inzego zitandukanye zishimira abunzi kuba bacira imanza abaturage, ariko zikanenga abayobozi b’inzego z’ibanze kutazirangiza.
Umuceri w’u Rwanda muri Expo 2017 urimo kwitabirwa cyane n’abaguzi kuko uri ku giciro cyo kurangura k’uwigereye ku ruganda.
Ahamurikirwa ikawa y’u Rwanda muri Expo 2017 uhasanga abantu biganjemo Abanyarwanda bayigura, ari abayitahana cyangwa abanyweraho bakavuga ko bayikunze.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edourad yarahiye mu muhango wayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 30 Kanama 2017.
Mu imurikagurisha mpuzamahanga rya 2017 ribera i Gikondo, hari imikino y’abana itandukanye ituma ababyeyi babo babazana ngo babashimishe ariko banasure n’ibindi bimurikwa.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ikangurira abaturage kwitabira gufunguza konti zitandukanye zibungukira nibura 5% buri mwaka, kugira ngo bagere ku iterambere bifuza.
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
Musanabera Bellancile, umukecuru ufite imyaka 80 utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ntazongera kurara yikanga ko inzu ye imugwaho kuko bayimusaniye ikaba nshya.
Nkazamurego Alain Pacifique yahimbye ‘Software’, ikoreshwa mu gucuruza no kugura ibicuruzwa bya Made in Rwanda bidasabye ko ugura n’ugurisha bahura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko buri Munyarwanda amaze kumenya akamaro ko kuboneza urubyaro, ku bw’ibyo akaba ari we ukwiye kwihitiramo umubare w’abo azabyara.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu n’iterambere mu biyaga bigari (GLIHD), urasaba ko amategeko ahana abakora uburaya yahinduka kuko hari aho abashyira mu kato.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) ruvuga ko Expo 2017 ifitiye udushya abazayisura ku buryo bashobora kuhakura ubwenge bwabafasha kuba abanyemari na bo.
Abana 30 bakuwe mu muhanda mu Karere ka Nyarugenge bahawe imiryango ibarera banashyirirwaho ikigo cyibigisha imyuga irimo umuziki.
Abafite ubumuga bwo kutabona bibumbiye mu muryango bise Ubumwe Nyarwanda bw’Abatabona (RUB), bemeza ko kutabona bidasobanuye ko ntacyo umuntu ashoboye gukora.
Umushinga w’Abasuwisi witwa ‘Skat Consulting’ ugiye gutangira kubaka mu Rwanda inzu zo guturamo zifite agaciro kari hagati ya miliyoni 6RWf na 15RWf.
Abakirisitu Gatolika bo mu mujyi wa Kigali bemeza ko umunsi wa Asomusiyo, usobanura ijyanwa mu ijuru rya Bikira Mariya ari umunsi mukuru w’ibyishimo bidasanzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abayobozi babo bo mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Sri Lanka (DSCSC) basuye MINADEF bashima imikorere y’ingabo z’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko mu Rwanda hagiye gutangizwa uburyo bushya bwo kwipima virusi itera SIDA bidakorewe kwa muganga.