Bamwe mu batuye umurenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo baratangaza ko kubera ibyo Perezida Kagame yakoreye igihugu n’Abanyarwanda akwiye manda zitagira umupaka ariko igiye yazaba atakiri ku buyobozi hagasubiraho amatora ya kamarampaka ku bazamusimbura.
Umwana uri mu kigero k’imyaka 17 wakinaga na bagenzi imbere y’ikiyaga giherereye mu murenge wa Kacyiru mu kagali ka Kamatamu, yarohamyemo ahita apfa ubwo yageregazaga kujyamo koga.
Umurage Ndahiro Claude, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru rya INILAC/ Ishami ryaryo rya Kigali, yatangaje ko, binyuze mu rugerero, bateganya kwitura igihugu ibyo cyabakoreye byose.
Tariki 11 na 12 Nyakanga 2015, Itorero Mashirika ryateguye iserukiramuco mpuzamahanga ryiswe “Ubumuntu Arts Festival”,rigamije kwimakaza umuco w’amahoro n’ubumuntu mu batuye isi.
Ibigo by’imari bikorera mu Rwanda biri mu gihombo cya miliyari zirenga 10 z’amafaranga y’u Rwanda biturutse ku nguzanyo byagiye bitanga ku bakiriya babyo ariko nibishyure. Aya mafaranga angana 7% y’imari y’ibi bigo yagiye yamburwa n’abakorana nabyo batandukanye.
Ministiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arizeza ingabo zabohoye igihugu ko urubyiruko ayoboye rwiteguye kurwana urugamba urwo ari rwo rwose, kugira ngo umutekano w’igihugu n’ibyagezweho bikomeze kubungabungwa.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu ituye mu kagari ka Ruhanga mu karere ka Gasabo, yashimiye bamwe mu rubyiruko n’ubuyobozi bw’ako karere igikorwa k’isuku no kubaremera babakoreye muri iki gihe hategurwa isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 21.
Mukezangabo Augustin Umuyobozi wa La Palisse Hotel ikorera Nyandungu na Golden Tulip ikorera Nyamata mu Karere ka Bugesera, yatangaje ko abahakana Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari inkozi z’ibibi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba abaturage gufatanya nawe no kongera imbaraga mu byo bakora, kugira ngo iterambere ry’igihugu ryagezweho mu myaka 20 ishize rikomeze kwiyongera aho gusubira inyuma cyangwa kuguma aho riri.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije ikigega bise Ishema ryacu, kigamije gufasha Umunyarwanda wese ushobora guhura n’ikibazo nk’icyo Lt. Gen. Karenzi Karake yahuriye nacyo mu gihugu cy’u Bwongekeza aho yaciwe miliyari irenga kugira ngo arekurwe by’agateganyo.
Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, irangajwe imbere na IBUKA, AERG, GAERG, AVEGA yakoze urugendo rwo kunamira inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 inakora urugeno rwo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake mu Bwongereza, “ari urubanza ruzatuma abanyarwanda bigenera uko bashaka kubaho.”
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame aratangaza ko amahanga atera inkunga u Rwanda adakwiye kuzikoresha nk’urwitwazo rwo kurukandamiza, kuko u Rwanda rutazemera kugurana agaciro k’Abanyarwanda nazo.
Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, hamwe n’Umuryango w’Ubukungu mu Bihugu by’Ibiyaga Bigari(CEPGL), bagiranye amasezerano yo gushyiraho amategeko agenga ubucukuzi bwa gazi metane iri mu Kiyaga cya Kivu, akaba agomba kubahirizwa ku mpande zombi, u Rwanda na Kongo bisangiye icyo kiyaga.
Bamwe mu bari bitabiriye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade y’Abongeleza biyemeje gukomeza kwigaragambya kugeza igihe u Bwongeleza buzafatira icyemezo cyo kurekura Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe i Londres muri wikendi ishize.
Rumwe mu rubyiruko rwabashije kwihangira imirimo rurakangurura bagenzi barwo gushirika ubute bagakora ubushakashatsi ku byo abandi bakora, kugira ngo babashe kwihangira imirimo igamije udushya.
Abantu barenga 1.000 baturutse hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateraniye ku kicyaro cy’ambasade y’Abongeleza, bamagana ifatwa rya Lt. Gen. Karenzi Karake, uhagarariye Urwego rw’iperereza mu Rwanda.
Dr Bizimana Jean Damascene, umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside CNLG, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ikandikwabo ibitabo ari imwe mu ntwaro ikomeye yo kurwanya abayipfobya.
Ingoro y’inteko ishinga amategeko irimo irakorwamo n’abana b’abakobwa babifashijwemo n’Umuryango wa Imbuto Foundation, aho bitoreza umurimo usanzwe w’abadepite, mu rwego rwo kwitegura kuzaba abayobozi b’ejo hazaza.
Umuryango Media for Deaf Rwanda ufite uruhare mu gukangurira abantu kumenya ururimi rw’amarenga, uratangaza ko igikorwa watangiye cyo gukangurira abantu kumenya uru rurimi kizagera ku musozo abantu bamaze kumenya agaciro karwo no kumva kurushaho abatumva.
Ikigo cyigisha imyuga cya Gacuriro kizwi nka Gacuriro Vocational Training Center, cyashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri bashya bagera kuri 50, kuri uyu wa atanu tariki 19 Kamena 2015.
Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD) yavuze ko amazina apfobya abafite ubumuga ashobora kubabuza uburenganzira buri Munyarwanda yemererwa n’amategeko, aho igereranya izo mvugo na Jenoside ibakorerwa.
Uwitwa Mukamwambutsa Julienne ucururiza ku gataro mu Murenge wa Gisozi mu Karere Gasabo, aravuga ko abana be bamurwaranye bwaki kubera gufata igaburo rimwe ku munsi kandi ngo ritujuje intungamubiri. Arasaba igishoro kugira ngo areke ubucuruzi butemewe.
Bitewe n’impanuka zikunze kwigaragaza mu muhanda wa kaburimbo uhera ku Kinamba ujya ku Gisozi, ukanyura kuri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), i Kagugu ugahinguka mu kabuga ka Nyarutarama; abahaturiye barasaba utugunguzi (dos d’ane) dutuma imodoka zigabanya umuvuduko.
Umukwabu udasanzwe Polisi y’Igihugu yakoze wataye muri yombi bikoresho bitandukanye byiganjemo imiti y’ubuhinzi itemewe n’imikorano ihata muri yombi ibiyobyabwenge birimo za kanyanga n’urumogi bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Dr Mukeshimana Gerardine arasaba abakora imyuga y’ubuhinzi n’ubworozi bitabiriye imurikagurisha ryari rimaze iminsi ribera ku Mulindi mu karere ka Gasabo, ko rikwiye kubabera umwanya wo kwisuzuma mu mirimo bakora.
Abagenzi bakoresha imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, ubu babasha kubona murandasi (internet) y’ubuntu yihuta cyane ya 4G LTE; byatumye bashobora kubona amakuru atandukanye no kuganira n’inshuti n’abavandimwe ku bakoresha internet.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irakangurira abaturage kwitabira imishinga y’ubworozi, kuko babikoze neza bishobora kubageza kuri byinshi. Minisiteri irabitangaza mu gihe 98% by’Abanyarwanda batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi ariko bitari iby’umwuga.
U Rwanda rukomeje kugaragaramo izamuka rikomeye ry’indwara ya Malariya, kimwe mu bibazo bihangayikijije Minisiteri y’ ubuzima (MINISANTE), kuko bigaragara ko imbaraga zari zarashyizwe mu kurwanya iyi ndwara mu bihe byashize zagabanutse.
Ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Zambia baratangaza ko ibihugu byombi biri kunoza amasezerano azabifasha guhererekanya abakurikiranyweho ibyaha bahunga kimwe muri ibi bihugu bajya mu kindi, akaba ari naho abakurikiranyweho Jenoside bihishe muri Zambia bazatangira gufatwa.