Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zambia Harry Kalaba aratangaza ko igihugu cye gishyigkiye ko buri muntu wese wagize uruhare muri Jenoside agomba kugezwa imbere y’ubutabera, kuko batakwishimira ko abo bantu bidegembya nyuma y’amahano basize bakoze.
Umunyarwenya Anne Kansiime yakoze urugendo rwo gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, aho yababajwe bikomeye akanarizwa n’amateka yahabonye, nk’uko amafoto yafashwe n’umunyamakuru wacu abigaragaza.
Urugaga rw’abagore bikorera rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu karere ka Gasabo, rwatangije ikigega cyo gufasha incike 28 zabaruwe muri aka karere za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida Kagame yatangaje ko ishyaka ritavuga rumwe na leta iriho rya Green Party, rifite uburenganzira busesuye bwo gutanga ikirego risaba ko ingingo y’i 101 ivuga kuri manda z’umukuru w’igihugu zitahindurwa kugira ngo habeho manda ya gatatu.
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Koperative Umwalimu Sacco, Nzagahimana Jean Marie Vianney, mu muhango wo Gushyikiriza ikigega Agaciro miliyoni mirongo ine ( 40,000,000) wabaye kuri uyu wa 2 Kamena 2015, yatangaje ko gutanga bidaturuka ku bwinshi bw’ibintu umuntu afite, ahubwo bituruka ku bukire bw’umutima w’umuntu.
Abaturage bahagarariye abandi mu karere ka Gasabo bashyikirije inteko ishinga amategeko y’u Rwanda impapuro 90,564 z’abaturage, basaba ko ingingo ya 101 y’itegeko nshiga igena umubare ntarengwa wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa Perezida Paul Kagame akabasha kongera kwiyamamariza manda ya gatatu.
Mu kwakira umusanzu ungana na miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda yatanzwe na Koperative Umwarimu SACCO, Ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) cyahise cyizeza abarimu bafite imishinga ibyara inyungu, ko nabo bazahabwa igishoro cyo kwiteza imbere.
Urwego ngezuramikorere rw’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rutangaza ko rufite ibimenyetso bihagije by’ibyaha by’igitangazamakuru cy’abongereza (BBC), ku buryo ngo nyuma yo gufungirwa burundu ibiganiro byacyo mu Kinyarwanda, gishobora no gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.
Minisiteri y’Ubuhinzi (MINAGRI) iratangaza ko mu myaka umunani ishize u Rwanda rwavuye mu murongo w’imirire mibi hafi mu gihugu hose rugera ku mirire iringanire kuri ubu, rubikesha gahunda yo kongera umusaruro kandi rukaba rwifuza kugera kure harenzeho.
Akarere ka Gasabo n’umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE Rwanda) ku bufatanye na kaminuza yo muri Hong Kong yigisha iby’ikoranabuhanga (The Hong Kong Polytechnic University) byashyikirije ingo 45 zo mu Karere ka Gasabo umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba, ku wa kane tariki ya 28 Gicurasi 2015.
Minisiteri y’Ubutabera n’Inzego z’Ibanze zatangiye gutekereza uburyo amafaranga abantu bangije imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bishyura ariko abishyurwa bakaba badahari, yajya ashyirwa ku makonti yunguka mu gihe abo agomba guhabwa bataraboneka.
Abakozi b’ikigo cyitwa Stone Service Ltd bahonda amabuye yo kubakisha mu kirombe kiri mu Kagari ka Kamatamu, Umurenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo; barataka ko bakora umurimo uvunanye utajyanye n’igihembo bahabwa, ndetse ngo bakaba nta bwishingizi n’ibibarinda impanuka bahabwa.
Ububiko bw’imifariso (matelas) y’uruganda rwitwa AFRIFOAM buri i Karuruma mu Murenge wa Gatsata, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali bwafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa tanu z’amanywa ku wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2015.
Producer Bob usanzwe azwi nk’umwe mu batunganya umuziki hano mu Rwanda bakomeye yamaze gutangiza inzu ireberera inyungu z’abahanzi (Label) nshya yise “The Sounds” izita ku bahanzi bafite impano ariko badafite ubushobozi.
Abadepite n’abasenateri bagize Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda, kuri uyu wa 8 Gicurasi 2015, batangije ihuriro rishinzwe gukumira Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, ku ikubitiro abagera kuri 82 bahita basaba kuba abanyamuryango baryo.
Bamwe mu barobyi n’abayobozi b’impuzamakoperative y’abarobyi mu Rwanda baratangaza ko kuba iri huriro ryabo ridatera imbere bituruka kuri bamwe muri bagenzi babo batitabira gutanga imisanzu yo kuriteza imbere kandi ari ryo ribakorera ubuvugizi.
Mu kiganiro Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, yagiranye na radiyo ya Kigali today, KT Radio 96.7FM ,kuri uyu wa30 Mata 2015, yavuze ko Ubuyobozi bw’uyu mujyi bukomeje ingamba zo kurwanya ubushomeri bubarirwa hagati ya 7%-10% by’abari mu kigero cyo gukora bawutuyemo.
Minisiteri y’Abakozi ba leta n’Umurimo (MIFOTRA) iratangaza ko gahunda yo kwihangira imirimo mishya itari iy’ubuhinzi buri mwaka igeze ku kigero cya 28%, ariko ikemeza ko hifuzwa ko mu mwaka wa 2020 iyi gahunda yaba yarageze kuri 50%.
Rwagasana Ernest, umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Cogebanque arasaba abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 bimika ubumuntu, kugira ngo itazasubira ukundi.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bafatanyije n’ubuyobozi bakoze igikorwa cyo gucukura umuganda uzanyuramo amazi, igikorwa cyabereye mu murenge wa Bumbogo mu tugali twa Ngara na Mvuzo kuri uyu wa gatandatu tariki 25/4/2015.
Polisi y’Umujyi wa Kigali yabonye ibiro bishya izaba ihuriyemo n’iya Gasabo ndetse na Station ya Polisi ya Remera (Kigali Metropolitan Police), yubatse ku buryo bugezweho kandi ifite ibikorwa remezo bizayifasha gukora akazi kayo neza no gutanga serivisi nziza ku baturage.
Ubuyobozi bwa Polisi y’ighugu buratangaza ko mu mwaka wa 2013/2014 u Rwanda rwahombye miliyari zigera kuri eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, biturutse ku nkongi z’umuriro zibasiye igihugu mu bice bitandukanye kandi zikurikiranye.
Mugiraneza Gaspard, umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyagasozi mu Murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo, yatawe muri yombi ku wa gatandatu tariki 11 Mata 2014, amaze kubwira abari bitabiriye ibikorwa byo kwibuka ati “Kwibuka bizageraho binarangire, maze twigire mu iterambere”.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 bo mu Murenge wa Jali mu Karere ka Gasabo, batangaza ko abaturanyi babo, baba abagize uruhare muri Jenoside n’abatararugize ntawe urerura ngo asabe imbabazi cyangwa ngo yerekane aho imibiri itaraboneka yaba iherereye.
Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ruzwi nka “Walk to Remember” rwari rumenyerewe mu ntangiriro z’icyumweru cyo kwibuka, rwashyizwe kuri iki cyumweru tariki 12/4/2015, guhera saa munani z’amanywa.
Ubuyobozi b’akarere ka Gicumbi n’amadini ahasengera baramagana abakirisitu bajya gusengera ahantu hatazwi hatemewe bita mu “Butayu”, buvuga ko binyuranyije na gahunda yo kubungabunga umutekano w’Abanyarwanda.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, atangaza ko imyumvire ishingiye ku ivangura, abantu biyumva ko hari icyo abandi babarusha kimwe n’abica abandi, kugira ubwoko iturufu yo kubaho ubundi bugahinduka igicibwa, bri mu bituma hari abata isura y’Ubunyarwanda basangiye, abandi bagahunga igihugu bitwa impunzi cyangwa abagiye (…)
Abanyamakuru bo mu Rwanda baributswa ko ari uruhare rwabo rwo kuvuga ukuri ku byabaye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakibuka no gukoresha ubunyamwuga bwabo bimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.
Umugore witwa Sempfa Gratia w’imyaka 41, ni umwe mu barokokeye Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 mu rusengero rwa Ruhanga ubu ruri mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo, ariko uburyo yarokotse ngo bimutera kudashaka kubyibuka kuko bishobora kumuhungabanya.