Gacuriro VTC yashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri bashya 50

Ikigo cyigisha imyuga cya Gacuriro kizwi nka Gacuriro Vocational Training Center, cyashyize ku isoko ry’umurimo abanyeshuri bashya bagera kuri 50, kuri uyu wa atanu tariki 19 Kamena 2015.

Aba banyeshuri bashyizwe ku isoko ry’umurimo, ni abanyeshuri bamaze amezi agera ku icumi biga ubudozi, babifashijwemo n’umushinga w’abayapani witwa Rebon Kyoto.

Bashyikirizwa Impamyabushobozi.
Bashyikirizwa Impamyabushobozi.

Mutuyeyezu Marie Claire, umwe mu banyeshuri barangije kwiga ubudozi muri iki kigo yatangaje ko muri aya mezi bungukiyemo ubumenyi buhagije, buzabasha kwigirira akamara, bakanakagirira n’igihugu.

Yagize ati “Ubumenyi dukuye aha ni ubumenyi buhagije ku bijyanye no kudoda imyambaro iyo ariyo yose tukaba twanahimba iyacu, ubu bumenyi bukaba bufite agaciro gakomeye kuri twe kuko buzadufasha kwibona ku isoko ry’umurimo, tukabona amafaranga yo kudufasha mu iterambere ryacu, iry’imiryango yacu tukanabasha kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.”

Abakiri kwiga muri iri shuri baje gushyigikira bagenzi babo barangije amashuri.
Abakiri kwiga muri iri shuri baje gushyigikira bagenzi babo barangije amashuri.

Niyitegeka Gadi, Umuyobozi w’iri shuri rya Gacuriro Vocational Training Center kimwe mu bigo bya WDA ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyangiro, yatangaje ko aba barangije muri shuri, bafashwa kubona aho bimenyereza mu mwuga, kuburyo bitabagora kubona akazi cyangwa se abihangiye imirimo ngo babashe gukora neza akazi kabo kabungukire.

Yagize ati “Aba banyeshuri iyo barangije tubafasha kubona aho bimenyereza mu nganda mu gihe cy’amezi abiri, bakabasha kumenyera akazi kuburyo nk’abarangije mu mwaka ushize uko ari 48, hafi ya bose bafite akazi muri UTEXIRWA, abandi bakaba bakora mu ruganda rw’abashinwa rutunganya imyenda rwitwa C&H, abandi nabo bakaba barihangiye imirimo kuburyo bose bameze neza.”

Basoje ari 50.
Basoje ari 50.

Tomio Sakamoto waruhagarariye ambasade y’abayapani muri uyu muhango yashimiye cyane aba banyeshuri bashoje aya masomo, anabasaba kuyabyaza umusaruro, kandi babivanga n’ikinyabupfura kugirango bizabagirire akamaro mu buzima bwabo.

Yagize ati “Ndashimira kandi ndanifuriza amahirwe masa, aba barangije muri iri shuri, kandi nkabasaba kubyaza umusaruro ubumenyi bakuye hano, nabizeza ko guverinoma y’Ubuyapani izakomeza kubaba hafi ndetse no gufatanya n’u Rwanda nk’uko idahwema kubigenza, kugirango ubumenyingiro butere imbere kandi bugirire akamaro ababwiga n’igihugu.”

Uyu ibi yambaye nibyo yidodeye banaboneraho kuyerekana.
Uyu ibi yambaye nibyo yidodeye banaboneraho kuyerekana.

Iki gikorwa gisoza, abasoje amasomo muri iri shuri bamuritse imyenda badoze mu gihe bigaga, bagaragariza abaje kubashyigikira umusaruro w’ibyo bamaze amezi icumi biga.

Ubuhanga mu budozi buzabagirira akamaro.
Ubuhanga mu budozi buzabagirira akamaro.
Iyi ni imwe mu myenda bamuritse bidodeye mu gihe cyo kwiga.
Iyi ni imwe mu myenda bamuritse bidodeye mu gihe cyo kwiga.

Roger Marc Rutindukanamurego

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka