Abakobwa bafashwa na Imbuto Foundation beretswe uko intumwa za rubanda zikora

Ingoro y’inteko ishinga amategeko irimo irakorwamo n’abana b’abakobwa babifashijwemo n’Umuryango wa Imbuto Foundation, aho bitoreza umurimo usanzwe w’abadepite, mu rwego rwo kwitegura kuzaba abayobozi b’ejo hazaza.

Igikorwa cyateguwe kuri uyu wa gatandatu tariki 6 Kamena 2015, gihuriwemo n’abana b’abakobwa biga mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda.

Abana bahawe umwanya baganira nk'intumwa za rubanda banatanga ibitekerezo bitandukanye.
Abana bahawe umwanya baganira nk’intumwa za rubanda banatanga ibitekerezo bitandukanye.

Madame Jeannette Kagame waje gushyigikira abakobwa bafashijwe na Imbouto Foundation, yabamenyesheje ko kuba abayobozi bitoroshye, ahereye ku mwitozo barimo wo kwigana kuba depite kugira ngo bamenye neza aho bagana.

Yagize ati “Ba Nyakubahwa badepite b’uyu munsi, ndagira ngo mwumve ko mufite inshingano itoroshye na busa yo guhagararira abaturage, kubakemurira ibibazo, gutora amategeko n’ibindi birimo kugenzura imikorere ya Guverinoma.”

Bagaragaje ko mu minsi iri imbere bazasimbure abariho ubu kubera uburyo bitwaraga mu biganiro byatanzwe.
Bagaragaje ko mu minsi iri imbere bazasimbure abariho ubu kubera uburyo bitwaraga mu biganiro byatanzwe.

Madamu wa Perezida wa Repubulika yavuze ko nk’abayobozi b’ejo hazaza bagomba gukora ubushakashatsi, kwimenyereza gusoma, gufasha aho batuye, bakamenya amateka ya Jenoside, bakajya kumenyekanisha u Rwanda no gusangiza abandi ubumenyi bungutse.

Umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17, akaba yicaranye na Madamu w’Umukuru w’Igihugu hamwe n’abandi Bayobozi bakuru b’Igihugu, akicara mu myanya bicaramo bafata ibyemezo bikomeye, “aba ahawe gutinyuka no kwigirira icyizere kitagira imipaka”, nk’uko Hirwa Pascaline watorewe kuba Perezida w’abo badepite b’umunsi umwe yabitangaje.

Aba bagera kuri 250 bari bishimiye kwerekwa inshingano zibategereje mu myaka iri imbere.
Aba bagera kuri 250 bari bishimiye kwerekwa inshingano zibategereje mu myaka iri imbere.

Perezida w’Inteko ishinga amategeko, Umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille ashimira Madame Jeannette Kagame kuba umuryango wa Imbuto Foundation abereye Umuyobozi mukuru, ukomeje kubaka urubyiruko mu buryo butandukanye harimo gufasha abakobwa gutinyuka, kurwanya ibiyobyabwenge no gutanga ubufasha butandukanye.

Muri uku kwigana kuba Umuyobozi kandi, Hirwa arashaka kumvisha abana bagenzi be ko bagomba gukorera Igihugu nk’ukorera urugo rwe cyangwa rw’iwabo, kuko “nta kintu kinezeza nko gukorera urugo rwawe”.

Madame Jeannette Kagame yaje kureba abadepite b'umunsi umwe, bafashwa na Imbouto Foundation.
Madame Jeannette Kagame yaje kureba abadepite b’umunsi umwe, bafashwa na Imbouto Foundation.

Abanyeshuri 250 b’abakobwa barava mu Nteko bamenye imikorere n’inshingano byayo mu buryo bw’ubumenyingiro, kuko bahavuye banakoze umwitozo wo gutora Itegeko riha uburenganzira bw’Umwana no kurwanya ihohoterwa.

Madame Jeannette Kagame yafashe ubwanya wo gusabana n'abana Imbuto Foundation ifasha.
Madame Jeannette Kagame yafashe ubwanya wo gusabana n’abana Imbuto Foundation ifasha.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ariko ni umubyeyi mwizaa reba ukuntu asekerana ubwuzu uwo mwaba afashe ku rutugu!<3

kkk yanditse ku itariki ya: 20-06-2015  →  Musubize

Urubyiruko nkumusemburo w’ impunduka nziza iterambere ry’igihugu ni ngombwa ko batinyurwa kandi bagatozwa gukorera igihugu n’abanyarwanda.

Hategekimana Eric yanditse ku itariki ya: 20-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka