Farious asanga itike y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 mu gitaramo cya Stromae atari menshi kubera urwego Stromae agezeho.
Inama Nkuru y’urubyiruko(NYC) igiye kubyaza umusaruro urushijeho abiga muri kaminuza n’amashuri makuru, nk’uko yabimenyesheje ababahagarariye ku ya 09 Ukwakira 2015.
Urubyiruko rwibumbiye mu ihuriro ry’ imiryango y’urubyiruko itegamiye kuri Leta, ruratangaza ko rwiyemeje gusigasira iterambere ryagezweho na bakuru babo mu Rwanda.
Kuba imvura y’umuhindo yaratinze kugwa byatangiye gutera impungenge bamwe mu baturage muri Kigali batekereza ko bishobora ku intandaro yibura ry’ibiribwa.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi, yakiriye indahiro z’abashinjacyaha umunani kuri uyu wa 07 Nzeri 2015, abasaba gushyira ingufu ku bahombya igihugu.
Intumwa Masasu, umuyobozi w’itorero ry’Ivugabutumwa n’Isanamitima (Evangelical Restauration Church), atangaza ko ubuhanuzi budashingiye ku nyigisho za Bibiliya bwica byinshi.
Abanyeshuri bari mu kigo cya gisirikare cyigisha iby’amahoro(RPA) basanga amateka ari mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ari infashanyigisho.
Ministeri y’ubuzima(MINISANTE) yatashye ububiko bw’imiti bushya ngo bugiye gufasha gukemura 16% by’ikibazo cy’ibura ry’ububiko bw’imiti bwijuje ubuziranenge.
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Steven, avuga ko gukunda igihugu atari ugukunda imisozi ikigize gusa ahubwo ko ari ugukunda Abanyarwanda n’abaturarwanda.
Inkongi y’umuriro yibasiye Agaseke Bank, ishami rya Remera, aho abakozi n’abagenzi bagiye kubona bakabona umwotsi mwinshi uri gusohoka munzu.
Minisitiri Johnston Busingye yatangaje ko n’ubwo muri Afurika y’uburengerazuba hakiri ibihugu bigicumbikiye abakekwaho Jenoside, nta n’umwe ucumbikiwe n’igihugu cya Gambia.
Edition Bakame itangaza ko hari intambwe imaze guterwa mu Banyarwanda yo gukunda gusoma ibitabo bageneye ku buryo ibitabo byabo bigurwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwasobanuriye abaturage b’umurenge wa Kinyinya ko bakwiye kubana neza bakirinda icyakurura amakimbirane nk’ubukene n’umutekano muke.
Ihuriro ry’imitwe ya politiki mu Rwanda rifitiye ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) ibirarane by’imisoro igera kuri miliyoni 25.
Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya Politike ryatoye umuvugizi waryo mushya ndetse n’umwungirije mu rwego rwo gusimbura ubuyobozi bucyuye igihe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuvuzi (RBC) kiratangaza ko cyatangiye gahunda gusimbuza inzitiramibu zitujuje ubuziranenge ziherutse guhabwa abaturage kibaha inshya.
Ibyuma byongerera umuriro mu matelefoni mu mujyi wa Kigali biha serivisi benshi bahakorera umuriro ukabashiriraho, bikaninjiriza amafaranga ababikoraho.
Umuvugabutumwa ukomoka muri Tanzania Bishop Zachary Kakobe agiye gukorera igitaramo mu Rwanda avuga ko kizaba intangiriro y’ibitangaza bizaturuka ku Mana.
Minisiteri y’Ubutabera yamuritse imfashanyigisho izifashishwa mu kongerera abunzi ubumenyi bukenewe kugira ngo bakomeze gukemura ibibazo by’abaturage mu bunyamwuga.
Ikigega gishinzwe gukusanya amakuru ku bigo by’imali (TransUnion) kizafasha Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kubona amakuru y’abasora bityo hirindwe ibirarane bitarishyurwa.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko bufite impungenge ku isuku y’amazi yo kunywa agurishirizwa muri gare ya Nyabugogo ku bayagura.
Ihuriro ry’abagize Inteko Ishinga Amategeko Rikumira Jenoside, ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi ryiyemeje kugeza ijwi ryaryo kure mu guhangana na yo.
Abajyaga gushakira ireme ry’uburezi mu mahanga, babonye igisubizo mu ishuri rya HOPE ACADEMY.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro kiratangaza ko amafaranga y’imisoro n’amahoro umwaka ushize, yiyongereyeho 12% kubera ingamba cyashyizeho zo guhumira abayinyereza.
Abanyeshuri 300 bayoboye abandi muri kaminuza, berekeje i Nkumba muri Burera kwiga uburyo bazakira abashya batangira Kaminuza muri uyu mwaka.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko guhera kuri uyu wa kabiri igiciro fatizo cya essence na mazutu muri Kigali ari amafaranga 920.
Umujyi wa Kigali bwabwiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batujwe muri Gasabo ko igihe kizagera ntibabe bagifashwa ahubwo bakishakira imibereho.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) itangaza ko guhera mu gihembwe cy’ihinga cya 2016 A nta musaruro uzongera gutakara mu gihe cy’isarura.
Abakozi b’Umuryango Society for Family Health (SFH) barimo gupima SIDA ku bushake i Kagugu mu Karere Gasabo, bakanageza ninjoro kugira ngo abakozi badacikanwa.
Umutoza wa w’imyitozo ngororamubiri Muvunyi Eric atangaza ko gukora imyitozo buri gihe ari inkingi zirinda ubuzima zikanafasha mu iterambere.