Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame, arasaba Abanyarwanda gushyira hamwe bagakorana imbaraga mu kwishakamo ibisubizo by’iterambere bakanafatanya kurinda ibyagezweho, aho kumva ko ahazaza habo hagomba kugenwa n’undi wabasindagiza.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Umurunge wa Nduba waje ku mwanya wa mbere mu karere ka Gasabo mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2013/2014, mu gikorwa cy’igenzura cyateguwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo.
Itsinda ry’abadepite b’abayapani basuye ibikorwa bitandukanye mu Rwanda birimo urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kuri uyu wa 23/8/2014, bavuze ko bazabwira amahanga ko Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yagombye kuba isomo ku bihugu birimo kuberamo ubwicanyi; bakaba kandi bijeje kongera ibikorwa bitezwa imbere n’inkunga y’u (…)
Ministeri y’uburezi(MINEDUC) ifatanije n’umushinga w’Ababiligi wubaka ubushobozi bw’abashinzwe uburezi(vvob), batangije gahunda yo gushaka abayobozi bashoboye iby’imicungire n’imitegekere y’amashuri abanza, mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’ishuli rya Green Hills Academy, rimwe mu mashuli akomeye mu Rwanda, ryakoze ibirori by ’ubusabane na bamwe mu banyeshuli baryizemo mu myaka yashize bagize icyo bita “Alumni”, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 14/8/2014.
Umuyobozi w’akarere Ndizeye Willy atangaza ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa n’abagenerwabikorwa, akarere kabashije kwesa imihigo ku kigereranyo cya 96%, mu bikorwa byose aka karere kashoyemo amafaranga agera kuri miliyoni 24.
Polisi y’igihugu yakoze umukwabo wo gutahura utubari tugurisha inzoga ku bana bari munsi y’imyaka 18, aho mu rucyerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki 1/8/2014, akabari kari gasanzwe kazwi nka “Lebanese Restaurant” kakuwemo abagera kuri 25 biganjemo abakobwa.
Umuhango w’umuganura washyizwe muri gahunda za Leta zo kwishakamo ibisubizo no kwigira; aho ngo uzajya wizihizwa buri mwaka abantu basabana, ariko bakaboneraho n’igihe cyo kwisuzuma, kwesa imihigo no gufata ingamba zo gukoresha neza ibyo bafite; nk’uko inzego zishinzwe gutegura umuganura zabitangaje.
Umuryango wa gikirisitu ukora ibijyanye no gufasha abaturage batishoboye, World Vision, urishimira ko hari byonshi wafatanyije n’u Rwanda mu rugendo rwo kwibohora, aho mu myaka 20 washoboye gufasha abaturage benshi kuva mu bukene no mu bujiji.
Urugaga rw’abafundi mu Rwanda rwateguye ukwezi kwahariwe umufundi mu Rwanda. Uku kwezi kugamije kugaragaza akamaro k’umufundi mu iterambere ry’igihugu kuzatangira tariki 26/7/2014 kugeza tariki 30/8/2014.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wifatanyije n’amakoperative kwizihiza umunsi mpuzamahanga wayahariwe kuri uyu wa 12/7/2014, yasabye abayobozi bayo kugera ku nyungu nyinshi no kongera abanyarwanda bitabira kuyajyamo, hakoreshejwe uburyo bwose bushoboka butarimo ubujura no kwiharira.
Umushoramari David Banusan ukomoka muri Israel ariko akaba afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yashyikirije akarere ka Gasabo inkunga ya miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda yemeye yo gusana amazu y’abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakiri bato bemeza ko n’ubwo Jenoside yakozwe n’urubyiruko ariko yanahagaritswe n’urundi rubyiruko, ibyo bikabaha icyizere ko nabo hari icyo bakora ngo bakomereze kuri ubwo butwari. Ibi ni ibyatangajwe n’abanyeshuri bo ku ishuri rya Kigali Christian School, ubwo bakoraga igikorwa cyo kwibuka, kuri uyu wa mbere tariki 30/6/2014.
Akarere ka Gasabo kemeje ingengo y’imari kazakoresha umwaka utaha igera kuri miliyari 15 na miliyoni 468, amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu mibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza ndetse n’ibikorwa by’iterambere.
“Dufite icyerekezo nk’abanyeshuri, ibyo dukora byose tubitangirana intumbero ndetse n’umugambi mwiza wo kubisoza neza; ntitwifuza kuguma aho turi ubu iteka duhora twifuza, kwiteza imbere, guteza imbere urwatubyaye tunahesha ishema ababyeyi.”
Abanyarwanda barakangurirwa guha agaciro no gushakira isoko imyambaro n’ibindi bikorwa by’ubugeni bikorerwa mu Rwanda, ariko n’abanyabugeni bagasabwa kurushaho kongera ingufu mu byo bakora n’ubwiza bwabyo.
Imodoka ya mu bwoko bwa Daihatsu yari ipakiye ibitoki ikoze impanuka igwisha uruhande mu isangano ry’imihanda ubwo yageragezaga gukata ikorosi ryo mu murenge wa Remera akarere ka Gasabo, munsi gato y’ahazwi nka Control Technique.
Abanyeshuri n’abakozi b’Ishuri rikuru ry’abadivantisti b’abalayiki rya Kigali (INILAK) ngo bagomba kumenya no kwigisha abandi gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, nk’uko Komisiyo y’ubumbwe n’ubwiyunge(NURC) na Unity Club ihuriwemo n’abayobozi, bavuga ko ari byo byaca impungenge abantu bafite ko ubwicanyi mu Rwanda bwakongera kuba.
Imurikorwa ku bikorwa by’ubuhinzi ryongeye kuba riteguwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB). Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Agnes Kalibata, waritangije yasabye ibigo by’amabanki korohereza abahinzi kugera ku nguzanyo kugira biteze imbere.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwatangiye igikorwa cyo gushyira kaburimo imihanda ine yo mu turere twa Kicukiro na Gasabo, imihanda izaba ifite uburebure bwa kilometer 10 yose hamwe ndetse n’indi ya kilometero 100 yubakishijwe amabuye.
Ba Ministiri b’ingabo n’umutekano mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC), havuyemo aba Tanzania, bashyize umukono ku masezerano agenga uburyo bukoreshwa mu gutabara kimwe mu bihugu cyatewe, cyangwa gufata abakurikiranyweho ibyaha bari ku butaka bwa kimwe mu bihugu byayemeje.
Mu muhanda uturuka mu mujyi rwagati umanuka i Nyabugogo, habereye impanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yabuze feri ikagonga imodoka zari mu nzira, zirimo bisi ya bwa Coaster n’ivatiri na moto nyinshi. Bikaba bivugwa ko abantu batari bacye bashobora kuba bahasize ubuzima.
Bamwe mu bana bahoze baba ku nuhanda batangaza ko leta n’ababyeyi bafite uruhare mu gukura abana ku mihanda, kuko bajyanwamo n’ubukene mu miryango abandi bakoherezwa n’ababyeyi babo.
Ikigo cy’itangazamakuru cya kigalitoday Ltd cyahaye impamyabumenyi abantu 90 cyari kimaze amezi atatu gihugura ku itangazamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga ku buryo abanyabukorikori n’abikorera ku giti cyabo babyifashisha bakiteza imbere.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kinyinya rwiga n’urutiga rwaguriye mu gikorwa cyo gukongurirwa kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge. Igikorwa cyateguwe n’umuryango mpuzamahanga International Alert, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/5/2014.
Ubuyobozi bw’urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi bufatanyije n’inshuti zarwo, basabye abanyarwanda kutirara bareka gusura inzibutso za Jenoside, kubera urwitwazo ko baba barazisuye cyangwa ko ntaho babona ho kwibukira ku Gisozi.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwakoze urugendo rwakoze umuhango wo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko abari abakozi b’uru rugaga.
Abacitse ku icumu bo mu murenge wa Rusororo bibutse ababo bapfuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banashyingura mu cyubahiro indi mibiri igera kuri 287yabonetse mu cyobo nyuma y’imyaka 20.
Abaturage bo mu murenge wa Gikomero akarere ka Gasabo batangaza ko bafite icyizere cy’uko u Rwanda ruzagira igihe rukabaho nta makimbirane, bitewe n’uko abarokotse n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bongeye kujya basabana.