Banki y’Igihugu itangaza ko abanyamakuru bafite ubumenyi buke ku bukungu, bagabanyiriza ikizere no gutera urujijo abashoramari kubera amakuru batangaza atuzuye.
Intumwa ya AU, Alpha Oumar Konare, aratangaza ko Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yagira uruhare runini mu guhosha intambara yo muri Sudani y’Epfo.
Inama y’abafite ubumuga (NCPD), yiyemeje gukemura ubushomeri ku batabona, aho yatangiye igenera bamwe mudasobwa 27 zo kubafasha kwiyungura ubumenyi.
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe, yanzuye ko izashyigikira gahunda Perezida Kagame yatangije yo kuvuganira uburinganire hagati y’ubukobwa n’umuhungu yiswe HeforShe.
Perezida Kagame atangaza ko nta mpaka zari zikwiriye kubaho, kugira ngo umugore ahabwe agaciro akwiriye.
Amashami yose ya Kenya Commercial Bank (KCB), ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Kanama 2015 yafunze mbere ya saa mbiili z’umugoroba, maze amakiliya b’iyo banki bagaragaza kutishimira icyo cyemezo.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yavaga mu Karere ka Rubavu yerekeza mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe imodoka izimya inkongi z’imiriro ya Polisi izwi nka “kizimyamwoto” itabara vuba isanga itarashya yose ngo ikongoke.
Perezida Kagame yasabye abagize Koperative enye zikorera ahahoze hitwa Gakinjiro ubu hakaba hitwa Gakiriro mu Karere ka Gasabo, mu murenge wa Gisozi, gukora bazirikana indangagaciro y’igihe mu byo bakora, bakanakorana umurava kugira ngo bibafashe mu kubasha kurwana n’intambara yo kwiteza imbere.
Umutungo kamere w’ibiti ugiye kurushaho gufatwa neza, aho ibikorwa mu mbaho bigomba kuba byiza bifite ireme kandi bitaremereye, nk’uko Perezida Paul Kagame yabyijeje ubufatanye n’ababikorera mu Gakiriro ka Gisozi ubwo yabagendereraga kuri uyu wa gatatu tariki 12 Kanama 2015.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) irakangurira abagore gutinyuka kujya biyamamariza imyanya imwe n’imwe y’ubuyobozi, isanzwe ifatwa nk’imyanya yagenewe abagabo haba ku biyamamaza cyangwa ku batora.
Lt. Gen. Karenzi Karake Emmanuel ukuriye Urwego rushinzwe Iperereza n’Umutekano mu Rwanda (NISS), yarekuwe n’urukiko rw’u Bwongeleza, nyuma yo gutesha agaciro ubusabe bw’ubutabera bwa Espagne bwashakaga ko yoherezwa kuburanira muri icyo gihugu.
Batanu mu basirikare umunani b’Ingabo z’u Rwanda bakomeretse barashwe na mugenzi wabo ubwo bari mu butumwa bw’Amahoro muri Centrafrica (MINUSCA), bajyanywe muri Uganda kugira ngo barusheho kwitabwaho n’abaganga.
U Rwanda rwatangije ishami ry’Umuryango Nyafurika Pan African Mouvement/PAM uharanira gukorera hamwe kw’Abanyafurika bagamije kuva mu bukene no guharanira imibereho n’imiyoborere myiza.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) kivuga ko kitanyuzwe n’umubare w’abakoresha neza imashini zitanga inyemezabuguzi(EBM), aho abangana n’ibihumbi umunani mu bihumbi 16 by’abacuruzi, ari bo bonyine batanga inyemezabuguzi za EBM(Electronic Billing Machine).
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongeleza mu Rwanda William Gelling, yatangaje ko gukora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, ari ugushaka umuti urambye wo kuyirwanya uzanafasha urubyiruko rw’ejo hazaza guhindura amateka mabi yaranze igihugu.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne, aratangaza ko umuganura utigeze uta agaciro mu mu muryango Nyarwanda, ahubwo hahindutse uburyo umuganura wa kera wizihizwaga, kuko ubutumwa wabaga ugamije gutanga ntacyahindutsemo.
Abaganga bagize ihuriro ry’abaganga batera ikinya “Rwanda Association of Anesthesiologist”, basanga bakwiye gusenyera umugozi umwe, kugira ngo umwuga wabo ukorwe neza kandi utunganire abawukora n’abawukorerwa.
Imiryango itandukanye ya Sosiyete Sivile yasabye abasenateri ko ingingo y’101 y’Itegeko nshinga igomba guhindurwa, kuko ngo ibona Perezida Kagame ari we ukwiriye gukomeza kuyobora Abanyarwanda nyuma 2017 aho ivuga ko kubaho kwayo ari we ibikesha.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije(REMA), kiratangaza ko filime yiswe “Isonga” cyamuritse, ari amahirwe abantu babonye yo kumenya uburyo babaho neza mu buryo burambye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.
Abayobozi b’Imitwe ya Politiki icyenda muri 11 ikorera mu Rwanda, ni bo bamaze kwemeza ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa kugira ngo Perezida Kagame azabe mu biyamamariza kuyobora u Rwanda muri 2017, Green Party ikaba yarabyanze, naho PS-Imberakuri ngo iracyabyigaho.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe abatutsi Avega Agahozo, wahaye Umunyamerikakazi Valerie Jerome uburenganzira bwo kuwubera umuvugizi muri Leta zunze ubumwe za Amerika, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 29 Nyakanga 2015.
Nyuma yo kuganira n’abaturage bo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo ku ivugururwa ry’ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga, abasenateri baravuga ko bimaze kugaragara ko nta muturage wategetswe gusaba ko Perezida Kagame yakomeza kuyobora abanyarwanda nyuma y’umwaka wa 2017.
Umuryango ushinzwe kongerera imbaraga n’ubumenyi abagore New Faces/New Voices (NF/NV) watrangiye ibikorwa byawo byo guhugura abagore mu micungire y’umutungo no kugera kuri serivise z’imari, nyuma y’igihe gito utangiye gukorera mu Rwanda.
Yezu Kristu ngo yahaye abatuye isi kuba umwe bitwa abakristo, azi abantu mu mazina yabo nk’uko na Perezida Kagame ngo yagize abaturage ubwoko bumwe (Umunyarwanda), kandi ngo arabazi mu mazina yabo n’ibibazo bafite, nk’uko uwitwa Batamuliza Jennifer Cyakwita abisobanura.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Karate Nkoranyabahizi Noel, aratangaza ko ikipe abereye umutoza yakajije imyiteguro y’ amarushanwa y’ibihugu byo mu Karere ka Gatanu ( Zone 5), ateganyijwe kubera mu Rwanda ku itariki ya 7 n’iya 8 Kanama 2015.
Abaturage benshi barimo gusaba ko Umukuru w’Igihugu yajya agira manda y’imyaka irindwi bakagena n’umubare, ariko bikaba urujijo aho basaba ko Perezida Kagame ari we wenyine wayobora kugeza igihe ubwe azemera ko atagishoboye. Abahanga barimo abadepite n’abasenateri babona byateza ikibazo, bakajya inama yo gushyiraho manda (…)
Gymtonic ya BE FIT ikorera muri Stade Amahoro ifitiye gahunda abakozi batabona umwanya wo gukora siporo, ibagenera ahantu ho gukorera siporo hagezweho kandi hujuje ubuziranenge kugira ngo umuntu abeho neza.
Mu murenge wa Kimihurura(akarere ka Gasabo) hari abavuga ko abadepite barimo kubarondogoza no gupfusha ubusa umwanya mu biganiro barimo, kuko ngo bamaze kwemeza ko ari we uzabayobora, nta wundi.
Polisi y’igihugu yatangiye ubukangurambaga bwo kwigisha abapolisi uburyo bwo gukumira ibikoresho by’ibyiganano, kubera impungenge ifite z’uko bishobora kuzaba byinhsi bigatangira guteza ibibazo mu baturage.
Abahinzi barakangurirwa kongera ikoreshwa ry’ifumbire mva ruganda, nyuma y’uko bigaragariye ko umusaruro ukomoka ku bihingwa wagabanutse, nk’uko bitangazwa na Henry Gitau, umuyobozi w’ikigo gikwirakwiza ifumbire mva ruganda mu Rwanda Balton Rwanda.