Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, niwe watorewe kuyobora inama nyobozi y’akarere ka Gasabo kagize umujyi wa Kigali, asimbuye Willy Ndizeye uherutse kwgura kuri iyi myanya yombi.
Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu mushinga wayo witwa PSP ukorana n’abahinzi na za banki, yashyizeho amafaranga angana na miliyoni 36 z’amadolari y’Amerika y’impano ku bahinzi, ndetse yiyemeza gaharanira ko abahinzi baba ab’umwuga, bagatanga umusaruro mwinshi ushoboka kandi ufite ireme.
Ubujura bubera mu ngo bukomeje kwiyongera, nk’uko hirya no hino mu gihugu abaturage babyinubira, ndetse na Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherutse gusaba abayobozi b’inzego z’ibanze guhagurukira iki kibazo.
Ubwo yasuraga urubyiruko rugize umuryango ‘Umumararungu’ w’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi baba mu nzu yubatswe ku nkunga yavuye muri “One Dollar Campaign”, Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yabijeje ko igihugu cyabo kibashyigikiye kandi kizakomeza kubarinda gusubira mu icuraburindi ryabagize impfubyi.
Umuyobozi mushya w’akarere ka Gasabo, Rwamurangwa Stephen, yatangiranye imirimo ye igikorwa cy’umuganda yakoreye mu murenge wa Jali, aho afatanyije n’abaturage bakoze imirwanyasuri ifite uburebure bwa bwa hegitari 5,5 mu ishyamba rya Jali riherereye mu kagali ka Nyaburiba umudugudu wa Nyarurembo.
Nyuma y’iminsi ubuyobozi bw’isoko rya Kimironko na rwiyemezamirimo wapatanye gukora isuku muri iri soko banengwa isuku nke yagaragaraga mu bimoteri byaryo, baravuga ko bafashe ingamba zo gutuma akazi kongera kugenda neza nka mbere.
Rwamurangwa Stephen ni we muyobozi mushya w’akarere ka Gasabo mu gihe Muzungu Gerard ari we watorewe kuyobora akarere ka Kirehe mu matora yabaye kuri uyu wa kabiri tariki 23/12/2014.
Umukobwa wakoraga akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Rugoro, Akagali ka Karuruma, Umurenge wa Gatsata mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, ari mu maboko ya Polisi akekwaho kuroga umuryango ugizwe n’abantu batandatu yakoreraga, abinyujije mu ifunguro ry’isombe yabagaburiye ryari rihumanye.
Inama ya Biro politike y’Umuryango wa RPF-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa gatandatu tariki 20/12/2014, iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiye ingamba zikomeye bamwe mu banyamuryango babonwa nk’abataye umuco, yiyemeza gushyira ingufu mu kuzamura ubukungu, umutekano, ubuzima bwiza n’iterambere ry’Abanyarwanda (…)
Bamwe mu batuye Umudugudu wa Rukurazo, Akagari ka Kibagabaga, Umurenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo baragaragaza ko babangamiwe n’ikibazo cyo kubura umuhanda, kuko uwo bakoreshaga umwe mu baturage yawufunze ahita mu butaka bwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Ruhango,Umurenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bahuriye mu nteko Rusange, kuri uyu wa 13/12/2014, bishimira ibikorwa bagezeho cyane cyane inyubako babashije kwiyubakira ikoreramo akagali kabo bakagakura mu bukode.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwafunze Medi Motel iherereye mu murenge wa Kimironko, nyuma yo kuyigenderera bitunguranye bagasanga isuku iharangwa idakwiye kugaburira abantu.
Masozera Pierre niwe watorewe kuba umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Gasabo mu matora yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 28/11/2014.
Bamwe mu batuye umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo barokotse Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 n’abayikoze cyangwa abasahuye imitungo y’abandi baremeza ko ubwiyunge bushoboka bagendeye ku buryo babashije kongera kuvugana batabitekerezaga.
Bamwe mu batuye mu karere ka Gasabo barasaba ko ibyangombwa byose bijyanye n’ubutaka nko kubaka no guhindura ibyangombwa by’ubutaka bidakwiye kuba bishakirwa ku karere, kuko bibarushya kubibona kandi bagatakaza n’umwanya babyirukaho.
Minisitiri w’Umuco na Siporo arasanga harabayeho amakosa yo kwemeza no gutangaza amabwiriza hatabayeho kubanza kubaza Abanyarwanda. Asabira imbabazi abakoze aya mabwiriza akavuga ko yakomeza kugibwaho impaka byaba na ngombwa akarekwa hagakomeza imyandikire isanzwe.
Perezida wa Senay’u Rwanda, Bernard Makuza, yasabye abari bitabiriye inama yari ihuje abadepite b’Inteko mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ub’umuryango wa bagize EALA n’abandi bafatanyabikorwa, ko hafatirwamo n’ingamba zo kurwanya Jenoside.
Abagabo babiri bataramenyekana bari bitwaje imbunda, bateye ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku muco( RCHC) mu mpera z’icyumweru gishize, babaririza umuyobozi wacyo Dr Rutangarwamaboko Nzayisenga Modeste, bagamije kumugirira nabi, ku mpamvu zitaramenyekana.
Isosiyete ikora ubucuruzi bwa sima “Kilimanjaro Cement” yiyemeje gufasha abaturage b’umurenge wa Ndera mu karere ka Gasabo kububakira isoko rya Kijyambere risimbura iryari ritangiye kubakwa mu buryo butajyanye n’igihe.
Imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 24/10/2014 yasenyeye benshi mu baturage batuye mu kagari ka Musezero, mu murenge wa Gisozi, mu karere ka Gasabo.
Jua kali/Nguvu kazi ni imurikabikorwa ngarukamwaka ry’abanyabukorikori baturuka mu bihugu bitanu bigize Afurika y’uburasirazuba, aho bahura berekana ndetse banasangira ubunararibonye ku bihangano byabo by’ubukorikori.
Ikigega Nyarwanda gishinzwe gutera inkunga imishinga igamije gurengera ibidukikije (Green Fund), gifite intego yo gufasha u Rwanda kuba igihugu cybahiriza amahame y’ibidukikije gifasha abaturage gukora imishinga irengera ibidukikije iakanabafasha kwiteza imbere.
Ikigo nyarwanda cy’urubyiruko cyitwa Creative for Africa n’akarere ka Gasabo, bafatanyije umushinga wo kujya bakoresha amarushanwa y’abahanzi bakiri bato mu mwuga, mu rwego rwo guteza imbere impano y’urubyiruko kugira ngo umwuga w’ubuhanzi ubashe gutunga nyirawo.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Abantu 153, barimo abajyanwaga gucuruzwa hanze y’u Rwanda n’abinjizwaga mu Rwanda rwihishwa, nibo Polisi y’u Rwanda yatahuye kuva mu 2009. Yabafatiye mu bico bitandukanye bigera kuri 36, ikinini kikaba cyarimo ababore 50 binjijwe muu Rwanda bakuwe muri Pakistani.
Abagore bo mu murenge wa Ndera 500 bakora akazi ko gutunganya ikawa, bishyize hamwe batera inkunga ingabo z’igihugu zamugariye ku rugamba bagura imipira 500, umwe bawugura ibihumbi bitanu.
Akarere ka Gasabo kizeye ko imibereho y’abaturage izarushaho kwiyongera biturutse ku mikoranire myiza gafitanye n’abafatanyabikorwa bahakorera mu bijyane no kuzamura ubuzima bw’abaturage.
Bamwe mu baganga bafite amavuriro yunganira ibigo by’ubuzima mu mirenge itandukanye mu karere ka Gasabo bikorana n’umuryango One Family Health Center, bafunze imiryango bitewe n’uko batakibona amafaranga yo gukomeza ubuvuzi uyu muryango nterankunga wari warabemereye.
Mu murenge wa Nduba wo mu karere ka Gasabo hatashywe ikiraro cyambukiranya umugezi wa Nyabarongo wari uzwiho kutaba mwiza mu gihe cy’imvura, kuko mu gihe cy’imyaka ibiri gusa wari umaze guhita abantu bagera kuri 25 barohemyemo bagerageza kwambuka.
Ikigo cy’ikoranabuhanga Victory Technologies cyahaye impamyabushobozi abakozi 33 cyahuguraga mu gihe cy’amezi atatu muri porogaramu z’ikoranabuhanga, zidasanzwe zigirwa mu Rwanda. Aba bakozi bakemeza ko bibafunguriye imiryango yo guhangana n’abanyamahanga bihariye isoko mu Rwanda.