Ku gicamunsi cyo ku wa 02 Mata 2019, Abanyarwanda batandatu bari bamaze amezi atatu bafungiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda.
Nshimiyimana Emmanuel umunyamabanga mukuru wa GAERG avuga ko umuryango w’abarokotse Jenoside uzanamba ku gihugu kubera igihango bafitanye nacyo.
Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga umuyobozi w’umudugudu udafasha umuturage kwishyura mutuelle aba amwishe.
Bamwe mu baturage b’umurenge wa Nyagatare bavuga ko inzoga bahimbye Icyuma “Speranza waragi” ibahangayikishije kuko isindisha cyane kurusha izifatwa nk’ibiyobyabwenge.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare hemenewe ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni mirongo itatu n’ebyiri n’ibihumbi magana atanu na mirongo itatu n’umunani n’amafaranga mirongo itanu (32,538,050 Frw) byafashwe mu mezi atatu ashize.
Ndacyayisenga Jean Marie Vianney arasaba Kampani ya STECOL ikora umuhanda Nyagatare - Rukomo gukemura ikibazo cy’amazi amwangiriza imyaka akanjira no mu nzu ze.
Pasiteri Dr. Antoine Rutayisire avuga ko umuyobozi usenga yuzuza inshingano kurusha udasenga kuko yirinda imigenzereze mibi kubera gutinya Imana, kuko iyo umuntu adafite Imana imugenzura buri gihe, yigenzura akishyiriraho umurongo agenderaho.
Muzungu Gerald umuyobozi w’akarere ka Kirehe avuga ko abatuye aka karere bemerewe na Njyanama kubakisha inkarakara kugirango byagure umujyi wa Nyakarambi, umujyi w’akarere ka Kirehe.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kirehe buvuga ko miliyoni mirongo ine bwaguraga umwuka w’abarwayi azajya agurwa imiti kuko bamaze kwibonera icyuma kiwukora.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutabera Uwizeyimana Evode aributsa abantu bafunze ko gereza atari imva bashobora kuyisohokamo bakigirira akamaro bakakagirira n’igihugu.
Abana b’abakobwa mu karere ka Nyagatare barashinja ababyeyi kutabitaho bakiri bato bikabaviramo guterwa inda zitateguwe.
Nyuma y’uko hatawe muri yombi uwitwa Twagirayezu John ukurikiranyweho kwica abana bane mu bihe bitandukanye, bamwe mu baturage b’akagari ka Nyakigando mu murenge wa Katabagemu barifuza ko inzu y’uyu mugabo isenywa hagashakwamo imirambo y’abana babo kuko hari uwo babuze.
Hari Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda bavuga ko bakubitwaga, bakirirwa mu mazi bakanayararamo andi bakayabamena mu mazuru.
Tuyisenge Irene ari mu maboko ya RIB sitasiyo ya Remera akekwaho icyaha cy’ubwambuzi bushukana nyuma yo kwiyita umukuru wa polisi mu karere (DPC) yaka amafaranga abantu ayita ayo gufunguza uwitwa Baragora Joas.
Niyonsaba Oreste umuyobozi w’ishami ry’ingufu zikomoka ku bimera na gaz muri REG, avuga ko mu mwaka wa 2024 abakoresha inkwi bazaba ari 42%.
Mushabe David Claudian uyobora Akarere ka Nyagatare aravuga ko ukwezi kwa Werurwe kuzarangira ikibazo cya bwaki mu bana cyarangiye.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Nyagatare yihaye umuhigo wo kurandura ikibazo cy’abana b’abangavu baterwa inda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko abafashamyumvire mu bworozi bitezweho kuzamura umukamo no gushishikariza aborozi korora kijyambere.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo Eng. Jean de Dieu Uwihanganye avuga ko umuhanda Nyagatare - Rukomo uzafasha mu bucuruzi hagati y’Intara y’Iburasirazuba n’Amajyaruguru.
Abaturage b’umudugudu wa Kagitumba, Akagari ka Kagitumba, Umurenge wa Matimba, bavuga ko kutajya muri Uganda nta gihombo babibonamo uretse guhohoterwa.
Abacururiza mu isoko rya Nyagatare bavuga ko imyubakire mibi y’isoko ryabo yatumye risaza ritamaze kabiri.
Abahinzi bibumbiye mu makoperative atatu y’ubuhinzi bw’umuceri mu kibaya cy’umugezi w’umuvumba bavuga ko isiba ry’ikiyaga gihangano cya Cyabayaga rishobora gutubya umusaruro.
Abaturage ba santere ya Gihengeri bavuga ko nibamara kubona umuriro w’amashanyarazi ubujura buzacika kuko buhemberwa n’umwijima.
Belise Kariza umuyobozi mukuru ushinzwe ubukerarugendo mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) avuga ko mu ntara y’iburasirazuba hagiye kurebwa uko ubukerarugendo bushingiye ku muco n’amateka bwatezwa imbere kuko hari byinshi bihatse amateka y’igihugu.
Mu karere ka Nyagatare hamaze kugaragara abarimu bakomoka mu gihugu cya Uganda 108 bakorera mu Rwanda mu buryo butemewe ndetse bakahaba bitemewe.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege avuga ko kuva mu mwaka wa 2005 kugera muri 2018 abacamanza 17 n’abanditsi b’inkiko 25 birukanywe kubera ruswa.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, avuga ko mu mwaka wa 2024 ubutaka buhingwaho bwuhirwa buzaba bwikubye inshuro zirenga ebyiri.
Abana batandatu biga mu mashuri abanza bagejejwe mu bitaro bya Nyagatare bazira kurya imbuto z’igiti cyitwa Rwiziringa.
Ambasaderi Claver Gatete minisitiri w’ibikorwa remezo avuga ko imijyi yunganira Kigali itazaturwa n’abakire gusa kuko harimo gushakwa amacumbi y’abafite ubushobozi bucye.