Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagatare n’uwa Rukomo cyamaze gufungwa kubera umutekano w’abaturage.
Iyaturemye Aime Umuyobozi w’ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Nyagatare avuga ko abana batewe inda zitateganijwe bahabwa akato mu nsengero z’abaporotesitani.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Bamwe mu borozi bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko abakiragira mu kigo cya gisirikare cya Gabiro bakwiye guhanwa nk’abanzi b’igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ikiraro rusange kizakemura ikibazo cyo kurarana n’amatungo kuko benshi babikora batinya abajura.
Ndacyayisenga Dynamo umukozi w’ikigo cy’igihugu cyita ku buzima , RBC, avuga ko umwaka wa 2017 wasigiye abantu 3000 ubumuga kubera ikoreshwa ry’ ibiyobyabwenge.
Baturage Jean Nepomscene wari umucungamutungo muri Sacco Isange Karama yo mu Karere ka Nyagatare yibye arenga miliyoni 3Frw ahungira Uganda.
Bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Gasinga, mu Murenge wa Rwempasha wo mu Karere ka Nyagatare, bahitamo kujyana abana babo ku ishuri babahetse mu mugongo, kubera ikibazo cy’umwuzure wuzuye mu nzira igana aho biga.
Abayobozi b’ Ishami ry’Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura (WASAC) rikorera mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko inkangu yangije imiyoboro y’amazi ituma imirenge 8 ku 14 igize akarere ka Nyagatare ibura amazi meza.
Mgr Servelien Nzakamwita uyobora diyoseze ya Byumba avuga ko yamaze kubabarira abamwiciye umuryango, ariko akababazwa no kuba abo yababariye ntawutera intambwe ngo yicuze ibyo yamukoreye.
Niyonziza Felicien Perezida wa Ibuka mu karere ka Gatsibo avuga ko imiryango y’Abatutsi barenga 400 bishwe mu byitso itarabona ubutabera.
Senateri Tito Rutaremara avuga ko cardinal Giuseppe Bertello wari intumwa ya Papa mu Rwanda yahaye umugisha imihoro yatemye abanyarwanda atabizi.
Rwasamirera Jean Damascene wigeze kuba umudepite akaba n’inararibonye mu mateka y’u Rwanda, avuga ko u Bubiligi bukwiye kuzaryozwa uruhare rwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ngo kuko ari bwo bwigishije amatwara yayo abayikoze.
Abayobora amatorero mu karere ka Nyagatare, bemeza ko bamunzwe n’ivangura rishingiye ku moko n’uturere abantu baturutsemo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred avuga ko kutubahiriza inzira zisanzwe zo guhana umukozi byica akazi bigashora Leta mu nkiko.
Abasenateri bari mu Komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari ntibemeranywa n’Akarere ka Nyagatare ko abaturage 72% aribo bagerwaho n’amazi meza.
Abantu bane barimo umukecuru bo mu kagari ka Musheri mu Karere ka Nyagatare, bariwe n’imbwa yasaze bajyanywe mu bitaro bya Nyagatare kuvurwa habura urukingo rwo kubatera.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi mu Murenge wa Mimuli Mucungurampfizi Andre arakekwaho gukubita umuntu bikamuviramo urupfu, afatanyije n’umucuruzi w’akabari.
Perezida Paul Kagame arafungura ku mugaragaro EPIC Hotel, ari na yo hoteli y’inyenyeri enye igeze bwa mbere mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abafite amazu ataruzura kumenya abayacumbikamo kuko ashobora kuba indiri y’abajura n’abandi bagizi ba nabi.
Polisi y’igihugu yatahuye ububiko bw’inzoga za Zebra mu cyobo kiri mu rutoki rwa Nikiza Vedaste umusengera mu idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi.
Abarimu bo mu Karere ka Nyagatare barashinja ubuyobozi bw’Akarere kubahatira kwegura ku kazi, babakangisha gufungwa no kugirirwa nabi mu gihe banze gushyira mu bikorwa icyifuzo cy’akarere.
Ku mugoroba wo kuwa 12 Gashyantare 2018 Amazu 36, ibikoni 6 ubwiherero 5 n’urusengero rwa ADEPER Ntoma, byasenywe n’imvura yari yiganjemo umuyaga n’urubura, yaguye mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Rwimiyaga ho mu Karere ka Nyagatare.
Dr Nsigayehe Erneste umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, arahumuriza abaturage bo muri aka Karere kubera ibinyabwoya bimaze iminsi byarabibasiye.
Pasitoro Kayumba Fiston wayoboraga itorero Revelation Church Nyamatete ryo mu Karere ka Gatsibo yaburiwe irengero nyuma yo gutera inda umwana w’impfubyi irera barumuna bayo babiri.
Minisitiri w’ubutabera Johnston Busingye yibukije abana bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, ko bagomba kwiga cyane batagamije gufungurwa, ahubwo bakwiye kwiga bagamije kumenya ndetse no guhinduka bakaba abantu bazima, ngo kuko ari bo bayobozi b’ejo hazaza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burashinja bamwe mu babyeyi guhishira abahohotera abana bakiri bato bakabatera inda.
Col Albert Rugambwa uyobora ingabo zikorera mu turere twa Nyagatare, Gatsibo, Kayonza na Rwamagana, yasabye urubyiruko kwitegura kumenera igihugu amaraso, ngo kuko amaraso ariyo kiguzi cya nyacyo cyacyo.
Ubugenzuzi bwakozwe mu Ntara y’Iburasirazuba bwavumbuye abanyeshuri ba baringa mu mashuri abanza n’ayisumbuye, leta yari imaze gutangaho milioyni 443Frw.
Hakizimana Aimée Luc ni umwana w’imyaka 24 y’amavuko. Iyi myaka yose akaba ayimaze mu gihugu cy’u Burundi.