Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko Mutarama 2019 igomba kurangira bamwe mu bakozi bambuye SACCO bamaze kwishyura.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare barakangurirwa gukorera inzuri zabo kuko leta yabashyiriyeho uburyo bwo kubafasha buzwi nka "nkunganire", aho ibaha angana na 50%.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare rurashinja abagabo bakuze, bafite amikoro kuba aribo batera abana b’abangavu inda.
Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu iravuga ko gusambanya abana ari ikibazo gikomejye kibangamiye uburenganzira bw’umwana, ikaboneraho gusaba urubyiruko rwiga kaminuza gushakira ibisubizo ibibazo bibangamira uburenganzira.
Bamwe mu bayobozi b’amashuri yisumbuye mu Karere ka Rwamagana bavuga ko batazi gukoresha ikoranabuhanga, mu gihe ibigo bayobora bifite ibyumba by’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’urubyiruko avuga ko leta yifuza ko abafashijwe, bahera ku nkunga bahawe bakiteza imbere aho guhora bategereje kongera gufashwa.
Pasiteri Ngamije Dan uyobora itorero ry’abadivantisite mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburasirazuba avuga ko abantu b’ubu bonsa ishyano aho kurihunga nk’uko byahoze.
Bazubagira Charlotte wo mu murenge wa Kiyombe, akarere ka Nyagatare avuga ko agiye kwiga gutwara igare ku myaka 35 kugira ngo yuzuze inshingano z’ubujyanama mu buhinzi.
Nyuma y’uko igihe ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwari bwihaye ngo abaturage bose babe bafite ubwihererezo bumeze neza kirenze batarabigeraho, bamwe mu batuye aka karere baravuga ko amikoro make ari imwe mu mpamvu zituma ibi bitagerwaho ku gihe.
Abaturage b’umurenge wa Rwempasha barifuza ko umupaka wa Kizinga watangira gukoreshwa bityo bacike ku kunyura mu mazi bajya guhaha Uganda.
Polisi ikorera mu Ntara y’Iburasirazuba ivuga ko inzoga zo mu mashashi zizacika ari uko habonetse itegeko rifunga abazicuruza.
Kuri uyu wa 12 Ugushyingo 2018, abana 12 bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatarenibo batangiye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza
Imibare ya Banki nkuru y’igihugu igaragaza ko bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’iburasirazuba bambuye imirenge Sacco miliyoni 142Frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burasaba abayobozi b’amadini n’amatorero ahakorera adafite insengero zikomeye guhagarara gukora kugeza zuzuje ibisabwa bitahungabanya umutekano w’abayoboke.
Mu mvura nyinshi yaguye mu Karere ka Nyagatare ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu, yasenye urusengero rwa Good Foundation rwarimo abakirisitu 40 basenga, inkuta zihitana babiri, zinakomeretsa bikomeye abandi umunani.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mukama mu Karere ka Nyagatare buvuga ko amakimbirane mu miryango no kutamenya gutegura indyo yuzuye biri mu bituma bwaki idacika.
Abaturage b’Akarere ka Nyagatare baributswa ko amasezerano y’ubugure bw’ubutaka yemewe ari akorewe imbere ya noteri w’ubutaka.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare basinyanye n’ubuyobozi imihigo yo kubyaza ubutaka umusaruro ukwiye.
Sheikh Bahame Hassan umuyobozi mukuru muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe amajyambere rusange n’imibereho myiza, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gushakira isoko ibikorwa bya koperative COABATWIMU.
Mulindwa Samuel Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburezi, yasabye abafite za kaminuza kujya batanga ubumenyi bufasha abaziga kwishakamo ibisubizo, aho gusoza kaminuza bagategera Leta amaboko.
Abarangura ibisheke mu gishanga cya Nyacyonga barashinja umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Bufunda kubaka ruswa mu mukwabu wo gushaka abana bataye ishuri.
Bamwe mu bagore bari biyamamaje kujya mu nteko ishinga amategeko mu kiciro cya 30% cyagenewe abagire ariko ntibatsinde, bavuga ko bagenzi babo bashoboye kujyamo babahagarariye neza.
Bamwe mu baturage bavuga ko ibikoresho bikurura imirasire y’izuba biramutse bibonetse ku bwinshi ku isoko, byabafasha ntibazongere kugura amabuye bakoresha mu maradiyo.
Musabyemariya Patricia arera umwuzukuru we Iradukunda Bosco w’imyaka umunani wavukanye ubumuga bw’ingingo n’ubwo mu mutwe, nyuma y’aho ababyeyi bamubyaye bamutaye.
Hagati y’imirenge ya Rukomo, Gatunda na Karama hagiye kubakwa urugomero ruzatanga Kilowati 740 z’amashanyarazi, rukazanifashishwa mu kuhira imyaka.
Bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko batazi ko nkunganire ibaho ndetse batazi n’aho itangirwa.
Abakinnyi 42 barimo abahungu 34 n’abakobwa 8 nibo bamaze gutoranywa kuzagira ikipe y’akarere ka Nyagatare y’umukino wa karate.
Abanyamuryango ba Sacco y’Umurenge wa Nyagatare baracyahabwa serivisi mbi kubera ko iyo sacco itaragira ubushobozi biturutse ku mafaranga macye akibitswamo.
David Museruka umuyobozi w’ishyirahamwe riharanira uburinganire, RWAMREC, avuga ko batigisha abagabo kuba inganzwa, ahubwo babigisha kureka ibibi bitaga byiza bagakora ibyiza byateza imbere umuryango.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ivuga ko hatangwa miliyari 3Frw buri mwaka mu gutera umuti wica imibu mu mazu mu karere ka Nyagatare.