Abaturage b’Umudugudu wa Kabuga ya mbere, Akagari ka Byimana, Umurenge wa Matimba mu Karere ka Nyagatare, barishimira ko kuva batangiza ikigega cyo guhunikamo imyaka byabafashije guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere, ndetse banatandukana no gusesagura umusaruro.
Mukabaranga Anne warokotse Jenoside, avuga ko mu gihe bari mu nzira bahunga bagana muri Congo (Zaïre), ngo bageze i Karongi yiboneye abasirikare b’Abafaransa bahiga Abatutsi bakabazanira interahamwe zikanabereka uko babica urubozo, babanje kubavuna amaboko n’amaguru.
Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Uwineza Beline, yasabye ababyeyi n’abarezi gutoza abana kugira indangagaciro z’abantu, no kugira ubumuntu ndetse bakanababwiza ukuri ku mateka y’Igihugu kuko mu gihe agoretswe batazamenya ububi bwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 26 Mata 2025, mu Turere dutandukanye tugize Intara y’Iburasirazuba, hakozwe umuganda usoza uku kwezi, wibanze ku bikorwa byo gusana inzu n’imihanda byangijwe n’ibiza, ndetse no gusibura imirwanyasuri, gutunganya inzira z’amazi, kuzirika ibisenge by’inzu no gusiba ibinogo mu mihanda.
Josiane Mukangarambe, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, avuga ko akimara kurokokera i Mwulire, yiyemeje kujya i Kayonza guhura n’Inkotanyi ariko mu nzira ahura n’ibyago byinshi, kuko yisanze mu nkambi y’interahamwe zo muri Murambi n’abasirikare ba FAR batsinzwe urugamba, aho yazihungiye bategura igitero cyo kumwica (…)
Ndagijimana Justin, warokokeye mu cyahoze ari Komini Rusumo, Akarere ka Kirehe k’ubu, avuga ko ari inshuti z’akadasohoka n’abagize umuryango wishe se n’ubwo bataramusaba imbabazi.
Kabayiza Innocent warokokeye Jenoside i Gishari, avuga ko abangamiwe n’umuturanyi we wanagize uruhare mu rupfu rwa mushiki we, kuko aho kumwereka aho bajugunye umubiri we ahubwo amubwira amagambo amukomeretsa yewe akangiza n’imitungo ye.
Mukabasoni Tharcila warokokeye i Nyakabungo, avuga ko Jenoside igitangira ngo yigiriye inama yo kwihisha mu nzu y’ibyatsi interahamwe zibimenye zirayitwika, ariko abasha kuyisohokamo itarakongoka ngo ahiremo.
Murisa James warokokeye i Musha, avuga ko hari umwarimu w’Umurundi wahigishaga wangaga Abatutsi, ku buryo mbere gato ya Jenoside yasubiye iwabo ariko asiga avuze ko uzahahungirayo azamwiyicira.
Pasiteri Kagorora Gallican, warokokeye Jenoside mu Karere ka Kayonza, avuga ko mu gihe yarimo akubitwa n’abasirikare ba FAR bafatanyije n’Interahamwe, ifishi ya Batisimu yamubereye igitambo arabakira, gusa ngo yari yarangije kwiga CERAI yimwa Seritifika ariko kubera Leta y’Ubumwe ubu afite dipolome ya Kaminuza (A0).
Rutagarama Aloys, wari umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyagatare, yafunzwe mu gihe cy’ibyitso, ashinjwa ko moto yamufashaga mu kazi ifasha Inkotanyi zakomeretse, ndetse ikanazanira abasigaye ku rugamba imiti.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko n’ubwo hakozwe byinshi bigamije gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane mu kubabonera amacumbi ariko hari imiryango 153 itarubakirwa ndetse n’irenga 400 ifite amacumbi ashaje akeneye gusanwa.
Gatera Gatete Sylvère, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko mu 1990, yatsinze ikizamini cyo gukora muri Banki y’Abaturage, ariko uwo yarushije amanota birangira ari we umuyoboye kuko we yari Umuhutu, ndetse n’ako kazi nyuma aza kukirukanwaho azira uko yavutse.
Uwamahoro Angelique, wiswe n’ababyeyi be Munganyinka, utuye mu Mudugudu wa Cyonyo Akagari ka Bushoga Umurenge wa Nyagatare,ubu ni ‘umwana mushya mu muryango’ we, kuko amaranye na wo imyaka itatu gusa.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruri mu Karere ka Nyagatare ubu rwatangiye gushyira umusaruro ku isoko ry’u Rwanda.
Perezida wa Sena, Hon François Xavier Kalinda, avuga ko u Rwanda rutazihanganira abantu bica ubumwe bw’Abanyarwanda, abakwirakwiza ibihuha n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuyobozi w’agateganyo w’ishami ryo gukumira no kurinda idwara mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Patrick Migambi, avuga ko mu Rwanda hapfa umuntu umwe ku munsi, azize indwara y’igituntu.
Abahinzi mu gishanga cya Kanyonyomba ya kabiri bibumbiye muri koperative, CAPRORE, barishimira ko umusaruro w’ibigori wazamutse ukava kuri toni 1.7 ugera kuri toni 4.6 kuri hegitari, ahanini kubera amahugurwa bahawe n’ingendoshuri mu bihugu bifite ubuhinzi bwateye imbere.
Abakuru b’Imidugudu 503 mu Ntara y’Iburasirazuba, batangiye guhabwa ubumenyi butuma Imidugudu yabo ihora itekanye, itarangwamo icyaha, ndetse ikaba n’ishingiro ry’iterambere ry’umuturage.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare 2025, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, hakozwe umuganda rusange usoza uko kwezi, wibanze ku gusana imihanda yangijwe n’ibiza, ndetse hanakorwa amatora yo gusimbuza bamwe mu bayobozi ku rwego rw’Imidugudu batakiri mu nshingano.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), ushinzwe kurwanya SIDA mu rubyiruko, Dr Mugisha Hakim, avuga ko imibare y’ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA mu Karere ka Nyagatare ihangayikishije, kuko iri kuri 1.2%, agasaba urubyiruko kugana ibigo byabagenewe kugira ngo babone inama zibafasha kwirinda.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa, avuga ko mu ivugurura rishya ry’imisoro itabi riziyongeraho 100% rive ku musoro wa 130% rigere kuri 230% mu gihe inzoga za byeri (beer) uziyongeraho 5% mu rwego rwo kongera imisoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe nk’uko byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, avuga ko ingengabitekerezo yakoreshejwe mu kwanga Abatutsi mu Rwanda mu myaka ya 1950 yageze no kuri Jenoside yabakorewe, ari na yo igikoreshwa ubu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) no mu Karere mu kwanga bamwe mu (…)
Abacururizaga mu nkengero z’inkambi y’impunzi ya Mahama, ndetse n’impunzi zakoreraga ubucuruzi imbere mu nkambi barashimira ubuyobozi bwabubakiye inzu y’ubucuruzi, yatumye ibicuruzwa byabo birushaho kugira ubuziranenge ndetse n’umutekano, batandukana n’igihombo bahuraga na cyo.
Mu kwihiza umunsi w’Intwari z’Igihugu ku ncuro ya 31 mu Ntara y’Iburasirazuba, bamwe mu bahoze ari abasirikare ba RPA Inkotanyi barwanye urugamba rwo kubohora Igihugu, bakaba bari mu kiruhuko cy’izabukuru bahawe ishimwe ku bwitange bagaragaje.
Hirya no hino mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba hakozwe umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2025, wibanze ku kubakira abatishoboye, guhanga imihanda n’ibikorwa byo kurwanya isuri.
Bamwe mu borozi b’inka mu Karere ka Nyagatare barifuza ko igiciro cy’amata cyashyirwa ku mafaranga 500 kuri litiro imwe, kuko 400 bahabwa bavuga ko ari macye ugereranyije n’ibyo baba bashoye mu kugura ibiryo by’amatungo.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori mu Ntara y’Iburasirazuba, bavuga ko imvura iramutse itongeye kugwa, umusaruro wagabanukaho nibura 30% kuko ibyinshi aribwo bigitangira kuzana intete.
Abantu bane mu Turere twa Nyagatare na Kayonza, baririye ubunani muri kasho za Polisi nyuma yo gufatanwa inzoga itemewe ya kanyanga litiro 1,250.