Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhura, Nayigizente Gilbert, avuga ko Kayitesi Josiane w’imyaka 25 y’amavuko, wari umwarimukazi kuri GS Karubungo yitabye Imana aguye mu bitaro bya Kiziguro, azize ikinini cyica imbeba yari yanyoye, bikaba byaramenyekanye bitewe n’uko cyamunukagaho ubwo yajyanwaga kwa muganga.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubura amafaranga byatumye imihanda itatu ya kaburimbo yoroheje yagombaga gukorwa idindira.
Umusaza Nzungize Marc, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, arashima Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba, kuba rwamutekerejeho rukamworoza inka nyuma y’imyaka 30 yari amaze ize zinyazwe n’interahamwe.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Prof Bayisenge Jeannette, arasaba urubyiruko kwigira ku Nkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rugakunda Igihugu rutizigamye.
Umuyobozi w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku rwego rw’Igihugu, Nyirajyambere Bellancille, avuga ko umuryango ari wo shingiro ry’imbaga y’Abanyarwanda, bityo ko kwica umugore n’umwana ari ikimenyetso ndakuka cy’umugambi wo kuzimiza umuryango ntuzongere gushibuka.
Mujawayezu Xaverine, warokokeye mu bitare bya Rutonde I Rwamagana ariko avuga I Ruramira mu Karere ka Kayonza, avuga ko yanze gutura aho yahoze kubera kwanga kugirira imibereho mibi imbere y’abamuhekuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, avuga ko imishinga icyenda y’amazi iteganyijwe gukorwa mu Karere nitangira gukora yose ikibazo cy’amazi meza kizakemuka burundu ku buryo abaturage bose bazabasha kuyabona.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gicumbi, Kamizikunze Anastase, arifuza ko umwarimu witwa HABINSHUTI Callixte ukekwaho amagambo agaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside yahanwa kuko aroga urubyiruko yigisha.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko mu cyumweru cyo kwibuka kuva tariki ya 07 kugera tariki ya 13 Mata 2024, hakiriwe amadosiye 52 y’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko Inkotanyi zabasogongeje ijuru ubwo zirukanaga ababicaga, zigahumuriza abasigaye.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko n’ubwo Laurent Semanza, wayoboye Komini Bicumbi yakatiwe n’Urukiko mpanabyaha, ariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batabonye ubutabera, kuko yakabaye yaratanze n’indishyi z’akababaro.
Irivuzumugabe Eric wabatirijwe akanakomerezwa muri Kiliziya gatolika, Paruwasi ya Mukarange, avuga ko yari yarayizinutswe burundu kubera urupfu rw’Abatutsi bayiciwemo n’uburyo bishwemo.
Uwamariya Dorothée, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, avuga ko amahiri n’imihini basabwe gukora ku ishuri nk’imirimo y’amaboko ibahesha amanita, ari byo bicishijwe muri Jenoside.
Kuri uyu wa kane tariki ya 11 Mata 2024, Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare rwahamije CG Rtd Emmanuel Gasana, icyaha cyo gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite, ahanishwa igifungio cy’imyaka 3 n’amezi 6, ndetse n’ihazabu ya Miliyoni 36Frw.
Bamwe mu barokotse mu bafashwe bitwa ibyitso by’Inkotanyi mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, barifuza ko abari abayobozi icyo gihe babazwa aho imibiri y’ababo bishwe mu byitso iherereye bagashyingurwa mu cyubahiro.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko muri iki gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 30, hazabaho ibikorwa byo kwegera abarokotse, incike n’abatishoboye baremerwe ndetse habeho na gahunda zo kwimakaza ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Rutagungira Damascène wo mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Kabarondo, avuga ko yihishe munsi ya bariyeri, aho interahamwe zategeraga abantu atabizi, ariko ku bw’amahirwe abasha kurokoka.
Bamwe mu bakekwaho ubufatanyacyaha mu gutekera umutwe rumwe mu rubyiruko mu Ntara y’Iburasirazuba, bamaze gufatwa hakaba harimo gushakishwa uvugwa ko bakorera kuko yaburiwe irengero.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, avuga ko uruganda rutunganya amata y’ifu ruherereye mu Karere ka Nyagatare rwatangiye gukora mu mpera za Werurwe 2024, mu buryo bw’igererageza.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwishingizi (RSSB) ishami rya Nyagatare, Nzamurambaho Sylvain, asaba abaturage kumenya imyirondoro yabo bakoresheje telefone igendanwa, kugira ngo hirindwe ko bashobora gutinda guhabwa serivisi kwa muganga, kubera kudahura k’umwirondoro uri ku ikarita ndangamuntu n’uri muri sisiteme.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko umuzigo wa Congo ukwiye kwikorerwa n’abanye-Congo n’abayobozi babo, aho kuba u Rwanda cyangwa abayobozi b’u Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibibazo by’ubutaka bakira muri iyi minsi ari ibishingiye ku miryango n’abaturanyi baba bapfa imbibi, atari abantu runaka bigabiza ubutaka bw’abandi, hakaba harashyizweho itsinda ryo kubikemura.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hakenewe gukuba kabiri ubwanikiro bafite hagamijwe gufata neza umusaruro, kuko ubuhari ubu bufite ubushobozi bwo kumisha nibura 30% by’umusaruro wose uboneka mu gihembwe kimwe cy’ihinga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi, hagiye kubakwa sitasiyo ntoya (Substation), y’amashanyarazi mu gihe cya vuba.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, arasaba abikorera kubyaza umusaruro agasanimetero ahubatse indake ya mbere Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabayemo igihe cy’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Bamwe mu baturage b’Umujyi wa Nyagatare no mu nkengero zawo barishimira ko batakibangamirwa n’inyamanswa zitwa ibitera kuko hari abarinzi babyo babibuza kwinjira mu baturage.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Karenge Akarere ka Rwamagana bavuga ko bajyaga bishimira imiyoborere y’Igihugu n’uburyo Umukuru w’Igihugu yicisha bugufi batazi ko bikomoka ku rugamba rwo kubohora Igihugu kuko abari abasirikare ba RPA/Inkotanyi babayeho mu buzima bubi ndetse uwari umuyobozi w’urugamba arara mu mwobo (indake).
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko uyu mwaka w’ingengo y’imari bibanze cyane mu kubaka no gusana ibiraro binini byari bibangamiye urujya n’uruza rw’abaturage, ariko na none ngo hakaba hari ibindi bigomba kubakwa umwaka w’ingengo y’imari utaha.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko abanyeshuri 68 ari bo bagikurikiranwa kwa muganga, harimo batandatu (6) bari mu bitaro bya Nyagatare, ahagikekwa ko amata banyoye ku ishuri ari yo ntandaro y’uburwayi.
Abanyeshuri barwaye ni abiga mu mashuri abanza y’icyiciro gihabwa amata muri gahunda yo kurwanya igwingira na bwaki.