• Iki kibuga nicyo cyatangirwagaho imyitozo ku basirikare bashya baje ku rugamba

    General (Rtd) Kabarebe yahishuye ko ari we wubatse indake ya mbere mu Rwanda

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, General (Rtd) James Kabarebe, yavuze ko ari we wubatse indake ya Gikoba yabagamo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, wari umuyobozi w’urugamba rwo kubohora Igihugu.



  • Nyagatare: Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yafunguye uruganda rutunganya amata y’ifu

    I Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024 hafunguwe uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya litiro 650,000 z’amata ku munsi, zigakorwamo amata y’ifu angana na toni 41.7 ku munsi. Rwubatswe mu cyanya cyahariwe inganda cya Nyagatare giherereye mu Mudugudu wa Nkonji, Akagari ka (...)



  • Nyagatare: Abanyamadini barasabwa kurinda abana gusambanywa

    Umuyobozi w’Umuryango utari uwa Leta wita ku burenganzira bw’umukobwa n’umugore, Empower Rwanda, Kabatesi Olivia, asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyira mu nyigisho zabo za buri munsi gukumira isambanywa ry’abana kuko aribo bantu bizerwa kuko mu gihe babihariye izindi nzego iki kibazo kitazakemuka.



  • Bridge to Prosperity niyo yafashije mu kubaka ibi biraro byo mu kirere

    Kagame adukoreye umuti ntituzongera kugwa mu cyambu - Abaturage bahawe ikiraro

    Bamwe mu baturage b’Imirenge ya Musheri na Rwempasha, barashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba babonye ikiraro kibahuza kuko ubundi ngo ubuhahirane bwabo bwari bugoranye rimwe na rimwe hakabamo n’impfu.



  • Kubona imishinga bahugiraho bahamya ko bizabafasha kwirinda ingeso mbi

    Urubyiruko ruhamya ko kugira ibyo ruhugiramo birufasha kwirinda ingeso mbi

    Rumwe mu rubyiruko rwabyaye imburagihe ruvuga ko kugira imishinga irwinjiriza bizarurinda ingeso mbi ndetse no kubasha kurera abana babyaye.



  • Yesu Kristo yacunguye Isi akurikirwa n’uwacunguye u Rwanda, niwe natoye - Uwaje gutora

    Mukeshimana Solange, wo mu Karere ka Nyagatare, avuga ko yakuze azi ko umucunguzi w’Isi ari Yesu Kristo ariko nyuma abona undi mucunguzi ari nawe yatoye kugira ngo azayobore u Rwanda kandi bishobotse yaruyobora ibihe byose.



  • Sezibera ngo abifitiye ubushobozi yasaba ko Kagame yiyuburura agasubira mu buto

    Mbifitiye ubushobozi nategeka ngo Kagame niyiyuburure asubire mu buto - Umusaza Sezibera

    Umusaza Sezibera James wo mu Mudugudu wa Marongero Akagari ka Ryabega Umurenge wa Nyagatare, avuga ko abifitiye ubushobozi yasubiza mu buto Nyakubahwa, Paul Kagame, umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, kugira ngo akomeze ayobore u Rwanda.



  • Aborozi biyemeje kuva ku nka zidatanga umukamo bakagura iza kijyambere zizashyirwa mu biraro

    Nyagatare: Aborozi bahigiye kugura inka zitanga umukamo

    Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kuba igiciro cy’amata kiyongereye kikava ku mafaranga 300 kikagera kuri 400 bagiye kuvugurura ubworozi bwabo bagashaka inka zitanga umukamo.



  • Abagore bashimira Kagame wabakuye mu bikari akabagira ba rwiyemezamirimo

    Kagame yakuye abagore mu bikari abagira ba rwiyemezamirimo (Ubuhamya)

    Uwamwezi Marcianna, wo mu Murenge wa Musheri, ashimira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba yarababonyemo ubushobozi akabakura mu bikari ubu bakaba ari ba rwiyemezamirimo.



  • Alphonsine Mukarwego

    Gicumbi: Bahamya ko Kagame bamuhawe n’Imana, akwiye gukomeza kubayobora

    Alphonsine Mukarwego, umubyeyi w’abana 10 harimo bane arera nka Malayika Murinzi avuga ko Kagame ari Impano bahawe n’Imana bityo akwiye gukomeza kuyobora.



  • Kagame yongeye gusaba Abanyarwanda kuryama bagasinzira

    Kagame yongeye gusaba Abanyarwanda kuryama bagasinzira

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kuryama bagasinzira kuko abakangisha gutera u Rwanda batabigeraho uretse kuba Ingabo z’Igihugu ziri maso n’Abanyarwanda muri rusange biteguye guhangana n’icyashaka guhungabanya umutekano wabo.



  • Abaturage ba Kayonza bishimira ko batakivoma amazi y

    Kayonza: Bakarabaga kabiri mu cyumweru kubera kuvoma mu manga

    Mutagoma Damas, umuturage w’Akarere ka Kayonza, avuga ko mu gihe yigaga mu mashuri yisumbuye atizibagirwa uburyo bajyaga bakaraba kabiri mu cyumweru kubera kuvoma mu manga ahitwa Kimpunu yanataha imisundwe yaba itabariye bakaba aribo bayirya kubera gukoresha amazi y’intaruka y’ikiyaga cya Muhazi.



  • Kellen yashimye Kagame waciye umuco wo kubaterura ahubwo akabaha amashuri

    Nyagatare: Abakobwa barashimira Kagame waciye umuco wo kubaterura ahubwo akabaha amashuri

    Mbabazi Kellen, umugore wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, yashimiye umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, waciye umuco wo guterura abakobwa (Gushakwa ku gahato) bakabana n’abagabo batakundanye ahubwo akabakura ku ruhimbi akabaha amashuri.



  • Baraye mu mihanda baje kwamamaza Kagame

    Nyagatare: Baraye mu mihanda baje kwamamaza Kagame (Amafoto + Video)

    Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare ntibaryamye ahubwo baraye mu mihanda baje kwamamaza umukandida Perezida watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.



  • Abanyabugesera bashimiye Kagame wabakijije inkomati

    Bugesera: Bashimiye Kagame wabakijije inkomati

    Umunyamakuru Divin Uwayo wari umusangiza w’amagambo mu bikorwa byo kwamamaza Chairman wa FPR-Inkotanyi, akaba n’umuturage mu Karere ka Bugesera, yavuze ko umwana wo muri ako Karere yamenyaga gutwara igare ku myaka irindwi gusa kugira ngo abashe kujya kuvoma amazi y’ibirohwa na yo habagaho inkomati (umubyigano).



  • Tariki ya 04 Nyakanga 1994 ubwo Ingabo za APR zari zigeze mu Mujyi wa Kigali rwagati

    Ni ibiki byabaye tariki ya 04 Nyakanga 1994 ubwo u Rwanda rwabohorwaga?

    Tariki ya 04 Nyakanga 1994, tariki ya 04 Nyakanga 2024, imyaka 30 irashize Igihugu kibohowe, Jenoside yakorerwaga Abatutsi irahagarikwa. Uyu munsi wari utandukanye ku bantu bitewe n’ibice by’Igihugu bari baherereyemo. Bamwe bari bihishe Interahamwe ahandi hari urujya n’uruza rw’impunzi zo muri 1959, 1962 n’indi myaka (...)



  • Hasigaye hakorwa ubuhinzi bwuhira imusozi

    Nyagatare: Imyaka 30 isize ubuhinzi n’ubworozi bihagaze neza

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga (...)



  • Abagore bavuye ku ruhimbi bajya mu yindi mirimo ibateza imbere

    Nyagatare: Bashimira FPR yunze Abanyarwanda bari barahemukiranye

    Bamwe mu banyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bashimira FPR kuba yaracyuye impunzi zari zaraheze mu mahanga ariko by’umwihariko ikunga Abanyarwanda bari barahemukiranye ndetse ikanatanga n’umutekano n’imibereho myiza ku Banyarwanda bose.



  • Bamwe mu bakandida-Depite batanzwe n

    Nyagatare: FPR yabakuye ku guhingira inda ubu barayihaza bagasagurira isoko

    Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Tabagwe bashimira Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse na Chairman w’uyu Muryango Paul Kagame ko yabakuye ku guhingira inda ubu bakaba basigaye bahinga bakayihaza ndetse bagasagurira n’isoko.



  • Karongi: Uwize ububaji arifuza gutaka ibiro bya Perezida

    Jean Baptiste Nshimiyimana w’imyaka 30 y’amavuko avuga ko yize amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro aseta amaguru kubera ko ngo kera yahoze yigwamo n’abatsinzwe andi masomo none ubu ngo ageze ku iterambere ku buryo yifuza gutaka ibiro bya Perezida wa Repubulika akoresheje amakaro ava mu mbaho.



  • Nyagatare: Barashimira Kagame wabaruhuye ingobyi zari zarabaciye ibitugu

    Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Katabagemu bashimira Paul Kagame wubatse amavuriro ku buryo ufashwe n’indwara n’ijoro ahita abona umuganga nyamara mbere uwarwaraga yarahekwaga mu ngobyi n’abatuye segiteri yose kugira ngo agere kwa muganga.



  • Abarezi baracyafite imbogamizi mu kwigisha abana bafite ubumuga kubera ibikoresho bicye

    Nyagatare: Abarimu barifuza kwigishwa ururimi rw’amarenga no kubona ibikoresho

    Ishimwe Thadee umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Ntoma kimwe mu bigo byakira abanyeshuri mu buryo bw’uburezi budaheza arifuza ko abarimu bose bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe gufasha abanyeshuri bafite ubwo bumuga ariko hakanaboneka ibikoresho bibafasha kwiga neza.



  • Constance avuga ko ubu ari nyina w

    Video: Arashima FPR yamukuye ku gutungwa n’inkashi no kurara ku mashara

    Constance Muziranenge wo mu Murenge wa Matimba avuga ko FPR yamufashije kwiteza imbere yigisha abana be nyamara mbere yaratunzwe no kurya ibitoki by’inkashi n’ibindi yasabye abaturanyi bwakwira akarara ku mashara y’insina.



  • Valley dam ya Gihorobwa abaturage batinya ko amazi yayo azagenda

    Nyagatare: Baramarwa impungenge ko idamu yabo itazagenda

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahumuriza abaturage b’Imidugudu ikoresha amazi ya Valley dam (ikidendezi) ya Gihorobwa ko impeshyi izarangira hamaze kuboneka igisubizo cy’amazi yamaze kurenga umucungiro, bigatera abaturage impungenge ko rimwe buzacya basanga amazi yose yagiye.



  • Abarwanashyaka ba PS Imberakuri

    PS Imberakuri yijeje kuvugurura Mituweli n’Ubuhinzi

    Mukabunani Christine Umuyobozi w’Ishyaka PS Imberakuri akaba n’umukandida ku mwanya w’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yijeje abaturage ba Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza ndetse na Nasho mu Karere ka Kirehe ko ishyaka rye niriramuka ritowe rikagira ubwiganze azavugurura ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ubuhinzi.



  • Mpayimana Filippe ngo azateza imbere indanda nto ko kuvugurura ubuhinzi

    Kandida Perezida Mpayimana yijeje guteza imbere inganda nto

    Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Filippe, avuga ko natorerwa kuyobora u Rwanda azateza imbere inganda nto no gushyiraho amategeko agenga ubukomisiyoneri.



  • Guverineri Rubingisa yasabye ko abazana kanyanga mu nda babicikaho

    Abazana kanyanga mu nda bateza amakimbirane n’urugomo - Guverineri Rubingisa

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.



  • Ikiraro gihuza Cyonyo na Rurenge

    Nyagatare: Bishimiye ikiraro cyo mu kirere bubakiwe

    Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye.



  • Iyi misambi bikekwa ko yayicaga akayigurisha abayirya

    Nyagatare: Umuturage yafunzwe akekwaho kwica imisambi icumi

    Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.



  • Imbangukiragutabara 246 zaguzwe zizihutisha ibikorwa by’ubuvuzi

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’izindi nzego, bashakishije ubushobozi bwo kugura imbangukiragutabara 246 ku buryo iza mbere 80 zamaze gutangira kugezwa mu bitaro hirya no hino mu Gihugu.



Izindi nkuru: