Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, avuga ko mu nkiko hari umubare munini w’imanza ariko nanone udakabije, ugereranyije no mu bindi bihugu ariko ngo hakaba harimo gushashikisha uburyo uyu mubare na wo wagabanuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko irondo ry’abaturage rikorwa mu Midugudu yose ahubwo ridakorwa neza kubera ko abarikora atari abanyamwuga.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyagatare barifuza ko abantu bazi neza ko bafite Virusi itera SIDA ariko bakayikwirakwiza ku bushake bashyirirwaho itegeko ribahana bikabera abandi urugero rwo kudakwirakwiza indwara.
Abazwi nk’Imboni z’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ndetse na Tanzaniya, bavuga ko bashyize imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge na magendu (ibicuruzwa byinjizwa bidasoze) kuko iyo binyuze ku mupaka bigasora, amafaranga abivuyemo ari yo agaruka akubaka (...)
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yasabye urubyiruko kutajya mu murengwe ngo bibagirwe aho u Rwanda rwavuye, ahubwo abashishikariza guharanira ishyaka ry’Igihugu abagituye bose bigengamo kandi abanyamahanga bakabana neza (...)
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, avuga ko n’ubwo gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga mu nkiko bigeze ku gipimo cyiza ariko nanone bifuza ko umuturage ashobora kuburana atageze ku rukiko hagamijwe kugabanya ingendo ndetse no gutanga ubutabera (...)
Ku mugoroba tariki ya 12 Gicurasi 2023, i Nyagatare habaye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko mu rwego rwo guharanira kugumana umwanya wa mbere babonye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize, ubu bageze ku kigero cya 90% yeswa kandi izaba yageze ku 100% mu kwezi n’igice gusigaye.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko batangiye gukusanya inkunga yo kugoboka abagizweho ingaruka n’ibiza mu rwego rwo kubagoboka ariko no kubereka ko bari kumwe mu kaga bahuye nako.
Akarere ka Gatsibo kahize utundi Turere mu kwegukana ibikombe byinshi, mu marushanwa yiswe Umurenge Kagame Cup 2022-2023, aho kegukanye ibikombe bine, mu mupira w’amaguru, abakobwa n’abahungu ndetse n’umukino wa Basket Ball, abakobwa n’abahungu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko hamaze kubarurwa hegitari 279 z’imyaka zamaze kurengerwa n’amazi, kubera imvura nyinshi yaguye mu Majyaruguru y’Igihugu, umugezi w’Umuvumba ukuzura amazi akajya mu mirima y’abaturage.
Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri WASAC, Robert Bimenyimana, aramara abaturage impungenge ko amazi iki kigo gitanga aba afite ubuziranenge buri ku gipimo mpuzamahanga, kabone n’ubwo haba ari mu bihe by’ibiza.
Aborozi b’amatungo magufi mu Karere ka Gatsibo barishimira ko batakivunika bajya gushaka ibiryo by’amatungo kuko babonye uruganda rubitunganya hafi yabo kandi ku giciro gito ugereranyije n’icyo baguriragaho.
Abaturage basanzwe batunzwe no guhingira amafaranga abatunga barataka ibura ry’akazi kuko n’akabonetse ngo bahembwa macye cyane atabasha guhahira urugo. Ubusanzwe mu Karere ka Nyagatare gukora mu murima w’ibigori, amasaka cyangwa ibishyimbo ntihabarwa umubyizi ahubwo babara umubare w’ibyate (intambwe) (...)
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, avuga ko ibagiro rya kijyambere rya Nyagatare ririmo kubakwa niryuzura, nta modoka zizongera gupakira amatungo ahubwo zizajya zipakira inyama zayo.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bavuga ko bihaye ingamba zo kurandura ihohoterwa mu miryango n’irikorerwa abana, bahereye ku Isibo kuko ingo zifitanye amakimbirane ariho zibarizwa.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu rufunzo rw’umugezi w’Akanyaru mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bisi za ONATRACOM arizo zifashishijwe mu kuzana interahamwe ziturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu, mu kwica abari bihishe mu rufunzo bavumbuwe n’indege za gisirikare zamishagamo (...)
Abantu 21 barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu Mirenge ya Nyagatare na Rukomo babaga mu nzu zitameze neza kubera igihe zimaze zubatswe, bongeye kuzishyikirizwa zarasanwe neza.
Abaturage b’Umudugudu wa Kabare ya mbere, Akagari ka Kabare Umurenge wa Rwempasha, bishimiye kwakira ikiraro cyo mu Kirere bubakiwe, kibafasha kugera ku biro by’Umurenge batabanje kuzenguruka, ariko nanone bifuza ko bakorerwa umuhanda uvuye kuri icyo kiraro ukabahuza n’Akagari ka (...)
Ibikorwa birimo guhanga no gusibura imirwanyasuri, kuzirika ibisenge by’amazu, kubakira abatishoboye no gutunganya imihanda y’imigenderano ni bimwe mu byibanzweho mu gukora umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata 2023 hirya no hino mu Turere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Rugengamanzi Steven, avuga ko umutekano ari nk’umwuka abantu bahumeka, iyo wabuze bapfa, bityo kuwubungabunga ari inshingano ya buri wese.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu mpera za 2023, abaturage bangana 80% bazaba bafite umuriro w’amashanyarazi kubera umushinga munini watangiye gukorera mu Mirenge yose n’Utugari 48.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko umuntu uzi ahajugunywe imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ariko akaba atahagaragaza ngo ishyingurwe mu cyubahiro adakwiye ijuru kabone n’ubwo yaba asenga Imana ariyisaba.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami rishinzwe Ubuzima, Nakato Agnes, avuga ko kugira ngo umuhigo wa Mituweli ujye weswa 100% hagiye gushyirwaho ibimina byo ku rwego rw’Isibo bizakusanyirizwamo imisanzu y’abahatuye.
Abahinzi b’urutoki mu Kagari ka Mbogo Umurenge wa Kiziguro bavuga ko kubona ifumbire ikomoka ku matungo (inka), bisaba umugabo bigasiba undi kuko imodoka igeze ku mafaranga y’u Rwanda 130,000 kandi bakaba badashobora kubona umusaruro batakoresheje ifumbire (...)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Murenge wa Rukumberi Akarere ka Ngoma, bavuga ko ubwicanyi bwaho bwakozwe n’ingeri zose z’abantu, by’umwihariko abana ndetse n’abagore, abadepite, abapasitoro ndetse n’abari mu nzego z’umutekano, zakabaye zirinda (...)
Bamwe mu borozi mu Karere ka Kayonza barasaba Ubuyobozi gushyiraho abaveterineri benshi bagaca indwara mumatungo, kuko bashobora kugura inka zitanga umukamo mwinshi ku mafaranga menshi zigapfa zitamaze kabiri.
Imam w’Akarere ka Nyagatare, Sheikh Hussen Ruhurambuga, arasaba buri Munyarwanda kumenya ko iki Gihugu cy’u Rwanda atari inguzanyo ya Banki bafashe, ahubwo ari icyabo kandi buri wese afite inshingano zo kugiteza imbere mu buryo bwose.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 i Sovu mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko Interahamwe zabakingiranye mu cyumba cy’ishuri, zishyira urusenda mu muriro zari zacanye kugira ngo rubazengereze, ariko ikibabaje cyane ngo zakuragamo bamwe mu bagore n’abakobwa zikabafata ku ngufu zarangiza zikabica, abana zikabakubita (...)
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, avuga ko kubera igihe gito bari bamaranye n’umushinga wa RDDP, aborozi batangiye kumenya ibyiza by’ibikorwa byayo irimo isoza.