Ntanga Emmanuel w’imyaka 62 y’amavuko yahitanwe n’impanuka y’imodoka itwara abagenzi tagisi minibus yabereye mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Nyamata Ville mu mudugudu wa Nyabivumu mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Niyigaba Rodrigue w’imyaka 25 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera azira gufatanwa ibiti 10 yari yarahinze mu kibanza cy’inzu ye.
Abagabo babiri barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo kugwirwa n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro ubwo bayacukuraga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu mudugudu wa Muyoboro mu karere ka Bugesera.
Abagabo babiri, umwe w’imyaka 36 n’undi w’imyaka 34 hamwe n’umukobwa w’imyaka 27 bafatiwe mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera barimo kugurisha imodoka yinjurano.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru bahuriye muri kongere maze bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize kandi banatangaza ibyo bashyize imbere muri uyu mwaka.
Ku nshuro ya gatanu imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yongeye gufatirwa mu cyuho tariki 20/02/2014 itwaye ibiti bitemewe gucuruza by’Umushikiri ibijyanye kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Umugabo witwa Kasiro Fidel w’imyaka 39 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa umufuka w’ibiro 15 by’urumogi yacururizaga iwe mu rugo.
Abarundi 6 bafashwe binjira mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bakoresha inzira zitemewe gukoreshwa, abo Barundi bo bavuga ko iyo nzira ariyo ibabera hafi.
Ikibazo cy’umukecuru Uzanyimberuka Mwamina wasabaga gusubizwa umwuzukuru we yareraga avuga ko yambuwe kiri mu byaganiriweho mu kiganiro ku miyoborere myiza cyahawe abaturage bo mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu Bugesera tariki 18/02/2014.
Havugimana w’imyaka 19 y’amavuko yapfuye arohamye mu kizenga cy’amazi y’urugomero rw’umuceri rwo mu gishanga cya Gatare kiri mu kagari ka Rango mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo mu karere ka Bugesera, tariki 18/2/2014, rwahamije Kanakuze Fidele icyaha cy’ubwicamubyeyi mu rubanza rwasomewe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Rebero mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Nsanzamahirwe Thadee w’imyaka 34 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe cya Gasegereti na Koruta ahita yitaba Imana, icyo kirombe kiri mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Gitaraga mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera.
Abantu 21 barimo abagore 12, abana 8 n’umugabo umwe barwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata bazira ubushera banyweye ubwo bari mu munsi mukuru mu kagari ka Biryogo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasitiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bazira gukubita uwitwa Nyandwi Vincent w’imyaka 29 y’amavuko bakamwica ubwo yari aje kubiba.
Akarere ka Bugesera gakeneye amafaranga 980 522.300 yo kubakira ndetse n’ibindi bikorwa bigamije gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya.
Umwana witwa Uwimana Emmanuel w’imyaka 10 yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha y’epfo arapfa ubwo yarimo koga mu murenge wa Ruhuha mu kagari ka Gatanga mu mudugudu wa Kibaza mu karere ka Bugesera.
Abasore babiri bari mu maboko ya polisi kuri sitasiyon ya Nyamata mu karere ka Bugesera, bafashwe bakorera abandi ibizamini byo kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Umugore witwa Mutimukwe Clemantine w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha nyuma yo kwica umugabo we Niyomugabo Innocent w’imyaka 29 y’amavuko amukubise igiti mu mutwe.
Mu karere ka Bugesera niho hatangirijwe ku rwego rw’igihugu igikorwa kigamije gushyira mu byiciro abantu bafite ubumuga hashingiwe ku buremere bw’ubumuga bwabo.
Abayobozi batatu ba koperative y’abajyanama b’ubuzima mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera bafunze bakurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni icumi n’ibihumbi magana atanu ya koperative y’abajyanama b’ubuzima bo muri uwo murenge.
Umusore witwa Joseph w’imyaka 18 yatawe muri yombi ku bufatanye bw’inzego za polisi n’abaturage nyuma yaho yari amaze igihe ashakishwa amaze gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 10.
Umusore witwa Murindahabi Martin w’imyaka 47 y’amavuko, afungiye kuri sitasitiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo guha abapolisi ruswa y’ibihumbi ijana kugirango bamurekure ajyane ibiti by’umushikiri yari atwaye.
Mu gasenteri ko mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera mu kizu kitabagamo abantu hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Nshimiyimana Alexis w’imyaka 39 y’amavuko bikekwako yaba yishwe n’inzoga dore ko atajyaga akoza mu kanwa ibyo kurya.
Umusore witwa Nshimiyimana w’imyaka 18 y’amavuko, arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage kubera akekwaho gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 10 y’amavuko.
Umugabo witwa Niringiyimana w’imyaka 38 y’amavuko yiyahuye tariki 29/01/2014 yimanitse mu mugozi, ibyo bikaba byarabereye mu murenge wa Ngeruka mu kagari ka Murama mu mudugudu w’Ikoni mu karere ka Bugesera.
Abanyeshuri ndetse n’abarezi bo mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro rya Nyamata (ETO Nyamata) mu karere ka Bugesera baravuga ko mudasobwa bahawe na MTN Foundation zije kubongerera ireme ry’uburezi muri iryo shuri.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, Ernest Ruzindaza atangaza ko umushinga wo kuhira imyaka mu karere ka Bugesera wabayemo uruhurirane rw’ibibazo byatumye utagera ku musaruro wari utegerejweho ariko ngo ugiye kongerwamo ingufu kugirango utange umusaruro.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera bakekwaho icyaha cyo gutema inka y’umuturanyi wabo warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994.
Abagore babiri (Uzamurera Elizabeth w’imyaka 35 y’amavuko na Kabatesi Christine w’imyaka 34 y’amavuko) bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 12 by’urumogi barujyanye mu mujyi wa Kigali.
Umuntu umwe urembye cyane arwariye mu bitaro bya Nyamata azira gukubitwa n’inkuba we na bagenzi be bane ku mugoroba wo kuwa 24/1/2014, ubwo inkuba yakubitaga abantu batanu mu mvura yaguye ku mugoroba. Abandi bane cyakora bahise bazanzamuka, mu gihe uyu mugenzi wabo akomeje gukurikiranwa n’abaganga.