Umukobwa w’imyaka 20 uvuka mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari mu maboko ya polisi mu murenge wa Rusenge, ashinjwa kwiba umwana w’umuhungu w’uruhinja rw’amezi atatu yareraga mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Furaha Ndugu Aimable w’imyaka 24 y’amavuko usanzwe ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, wiyemerera icyaha cyo guhindura impapuro batangiraho amande ya polisi (contravention).
Umugabo witwa Nshimiyimana Jean Marie Vianney w’imyaka 34 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rw’agateganyo rw’urukorano.
Gahunda yo gutoza abana umuco wo gukaraba intoki inshuro eshanu ku munsi (The School of Five), nyuma y’amezi atatu itangijwe imaze kugabanya umubare w’abana barwaraga bigatuma basiba ishuri.
Abaturage bo mu mirenge ya Ngeruka, Mareba, Musenyi na Mayange mu karere ka Bugesera, baravuga ko biteze inyungu ku kiyaga cya Cyohoha ya ruguru nyuma y’uko kizaba cyamaze kuvanwamo ibyatsi birimo amarebe, byatumaga amazi agabanuka kandi akaba mabi, bikanatuma umusaruro w’amafi uba mucye.
Umukobwa witwa Uwera Dative arashakishwa nyuma yo gukekwaho kwiba umwana w’amezi atatu, amukuye iwabo mu mudugudu wa Rwimikoni ya mbere mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Bamwe mubasigajwe inyuma n’amateka batujwe mu mudugudu wa Gakurazo mu akagari ka Musenyi umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera bakura abana babo mu ishuri bavuga ko babangamiwe n’ubukene kuko ngo batabona amafaranga ishuri ribaka.
Minisitiri w’uburezi, Prof. Silas Lwakabamba, arasaba abikorera gufatanya na Leta kwita ku mashuri y’imyuga n’ubumenyengiro kugirango leta ibashe kugera ku ntego yihaye yo guhanga imirimo igera ku bihumbi 200 buri mwaka mu gihe cy’imyaka itanu.
Umugabo witwa Ntawunezuwe Jean Baptiste w’imyaka 50 y’amavuko yapfuye agwiriwe n’ikirombe ubwo yacukururaga umucanga. Ibi byabereye mu mudugudu wa Remera mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bufatanyije na polisi bwatwikiye imbere y’abaturage ibiti by’umushikiri bifite agaciro ka miliyoni 60 ndetse hanamenwa Kanyanga n’urumogi nabyo bifite agaciro k’ibihumbi 810 by’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwashyikirijwe, kuwa 12/8/2014, amarerero umunani yubatswe n’umuryango Plan International Rwanda, inyubako n’ibikoresho bikaba byaratwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni 245.
Abagabo bane bagwiriwe n’ibirombe barapfa kuri uyu wa gatanu tariki 08/08/2014 ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa colta mu mudugudu wa Rusekera mu kagari ka Kibungo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Nsekeye Martin w’imyaka 44 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yuko kuri uyu wa 07/08/2014 afatiwe mu cyuho aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 10 by’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma y’uko urubyiruko 696 rurangije amasomo mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, ababyeyi bo mu karere ka Bugesera bafite abana bari baroherejwe muri icyo kigo barishimira inyigisho zihabwa abana babo kandi baravuga ko zizabafasha kugaruka ku murongo.
Ndibanje Jean Baptiste w’imyaka 28 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe arapfa ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro rwihishwa mu kirombe kiri mu mudugudu wa Muyoboro mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyamata II, akagali ka Nyamata ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, barasaba ubuyobozi bwa EWSA kubahiriza amasezerano bari bagiranye yo kubaha umuriro ariko nyuma EWSA ikabasaba kwigurira insinga z’amashanyarazi.
Umusaza witwa Minani Telesphore w’imyaka 58 afungiye kuri sitasiyo ya polisi Nyamata, aho yiyemerera icyaha cyo gusambanya ku gahato umwana w’umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko.
Abaturage bo mu karere Ka Bugesera barasabwa kutarindira ko barware ngo babone gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) aho usanga bagana ibigo nderabuzima bitwaje impapuro bishyuriweho muri banki uwo munsi kandi bisaba gutegereza ukwezi ngo uvurirwe kuri mitiweli cyeretse ku basanzwe.
Umurundi witwa Hakizimana Issa w’imyaka 29 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata akekwaho gusambanya ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 11 y’amavuko.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Bugesera, umurenge wa Musenyi, bashyikirijwe inzu bubakiwe na Peace Plan Rwanda, umuryango uhuriwemo n’amatorero n’amadini ya Gikristo, mu rwego rwo kwitegura igiterane ngarukamwaka cyiswe Rwanda Shima Imana.
Igikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batujwe mu karere ka Bugesera kirarimbanyije, mu murenge wa Mayange harimo gusozwa kubaka amazu 15 abo banyarwanda bazatuzwamo.
Itsinda rishinzwe kureba ibijyanye no gukumira inkongi z’umuriro mu karere ka Bugesera mu minsi ishize ryakoze igenzura mu bigo bigera kuri 20, harebwa niba bafite ibikoresho bizimya inkongi z’umuriro, ariko basanze ikigo kimwe gusa aricyo gifite ibyo bikoresho.
Abaturage bo mu tugari twa Rango na Gakomeye mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera baravuga ko babangamiwe n’inka ziragirwa mu mirima yabo, kandi bakoma abashumba baziragira bakabahohotera ku buryo harimo n’umuturage baherutse gukubita bamukura amenyo.
Umugabo witwa Kayinamura Martin w’imyaka 50 y’amavuko basanze yiyahuye mu ruzi rw’Akanyaru mu gitondo cya tariki 23/07/2014 mu mudugudu wa Rwamanyoni mu kagari ka Kabagugu mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera.
Nyuma y’umwaka abakozi bubatse amazu y’abacitse ku icumu mu karere ka Bugesera bategereje amafaranga bakoreye ntibayabone, ubu baratabaza ubuyobozi bw’akarere ngo bubishyurize rwiyemezamirimo wabakoresheje.
Abarema n’abacururiza mu isoko rya kijyambere rya Kabukuba mu karere ka Bugesera baravuga ko bafite inzitizi y’imihanda yerekeza kuri iri soko bikaba bituma ritaremwa cyane nubwo riza ku mwanya wa gatatu w’amasoko yitabirwa muri Bugesera.
Miliyoni hafi 15 z’amafaranga y’u Rwanda yateganyijwe kuzagura imbuto y’imyumbati mu ngengo y’imari y’akarere ka Bugesera y’umwaka wa 2014-2015, azafasha mu gukemura ikibazo cy’imbuto kigaragazwa n’abahinzi b’imyumbati.
Umunyeshuri witwa Tuyishimire Emmanuel w’imyaka 19 y’amavuko, yasanzwe mu nzu yararagamo yapfuye nyuma yo kwimanika mu mugozi. Byarabereye mu mudugudu wa Gitega, mu kagali ka Bushenyi mu Murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera.
Abari aba Local Defense Force mu karere ka Bugesera, baravuga ko ngo bakoze akazi katoroshye mu gihe bari bamaze muri aka kazi, iyi ikaba ari yo mpamvu basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha imperecyeza ngo bitewe n’uko banahuriyemo n’ibibazo byinshi.
Mu gitondo cyo kuri iyi wa gatatu tariki 16/07/2014, uruganda Cristal Bottling Company rukora imitobe, amazi ndetse n’imiheha ruherereye mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera rwari rufashwe n’inkongi y’umuriro ariko umuriro bawuzimya utarafata amazu.