Umugabo witwa Giraneza John utuye mu Murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yarongoye umukobwa witwa Uwimana Jeanne ukomoka mu muryango w’abamwiciye abantu muri Jonoside ndetse anafasha abo muri uwo muryango kwishyura imitungo bangije mu gihe cya Jenoside.
Umuntu umwe yitabye Imana aguye mu ruzi rw’Akagera abandi babiri barakomereka bazize inkubi y’umuyaga yibasiye akarere ka Bugesera mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Ku mugoroba wo kuwa 12/11/2012, inkubi y’umuyaga ukaze yasenye amazu 300 inangiza intoki z’abaturage ziri ku buso bwa hegitari 50 mu mirenge ya Mwogo na Ntarama mu karere ka Bugesera, iyo mibare ariko ni iy’agateganyo.
Abahinzi b’imyumbati bo mu karere ka Bugesera barasaba kugezwaho ifumbire nshya y’amazi yitwa D.I Grow kuko ari ifumbire y’umwimerere kurusha andi mafumbire asanzwe akoreshwa.
Abitabiriye imyitozo ya gisirikare yaberaga mu kigo cya Gisirikare cya Gako, baratangaza ko isigiye byinshi ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) muri rusange. Babitangaje ubwo yasozwaga ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 26/10/2012.
Ikigo kitwa Gazella Safaris kiyemeje gukundisha Abanyarwanda ubukerarugendo cyane cyane urubyiruko, ibyo bikorwa bikaba byaratangirijwe mu karere ka Bugesera.
Abasirikare bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba bari mu Rwanda mu myitozo ya gisirikare yiswe ushirikiano imara 2012 bujuje ibyuma by’amashuri bine mu rwunge rw’amashuri rwa Dihiro mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera.
Inkubi y’umuyaga yabaye ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 19/10/2012, yasize isenye amazu agera ku 102 n’ishuri ry’incuke n’ibindi bikorwa by’abaturage, mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatangije ibikorwa byo kurwanya ibisazi by’imbwa, aho harimo gukingira imbwa n’injangwe zose bakazaboneraho no gutega umuti wica imbwa n’injangwe zizerera.
Ubushakashatsi bwakozwe na Intégrale sur les Conditions de Vie des ménages (EICV) bwagaragaje ko akarere ka Bugesera kari ku isonga mu kugira abantu bake batazi gusoma no kwandika bakuze.
Umunyeshuri witwa Niyomugabo Diomede w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri ribanza rya Dihiro riri mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yaburiwe irengero nyuma yo gukubita umwarimu umugeri akikubita hasi.
Mu nama y’umunsi umwe igamije gusuzuma uko umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda yakwitabwaho, byagaragaye ko abagore 247 bahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda mu karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo babiri bajyanye ibiti by’imishikiri bikoreshwa mu gukora imibavu n’amavuta yo kwisiga kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Abaturage batuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru bahawe ubwato bugezweho kugirango bujye butwara ababyeyi kwa muganga kuko bahuraga n’ikibazo cyo kwambuka amazi bajya kwivuriza ku kigonderabuzima cya Nzangwa giherereye mu birometero nka 12.
Itsinda ry’abayobozi icyanda baturutse muri Liberiya, bari mu rugendoshuri mu Rwanda, bishimiye uruhare ababyeyi bagira mu kubaka ibyumba by’amashuri yigwamo abana babo, mu rugendo bagiriye mu karere ka Bugesera kuri uyu wa Gatanu 28/9/2012.
Abakora imirimo y’ubucuruzi mu mujyi wa Nyamata bavuga ko kubura umuriro cyane cyane nimugoroba bibateza igihombo kuko batabona ababagana kandi ibicuruzwa byabo bikenera gukonjeshwa bikabapfira ubusa.
Impuguke mu bya biogaz zo mu muryango wa COMESA, kuwa 25/09/2012 zasuye gereza ya Ririma mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kunoza imikoreshereze ya Biogaz yifashishwa mu guteka ibiribwa by’imfungwa n’abagororwa.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira ubukerarugendo bwo gusura inyoni maze bakareba amoko atandukanye ndetse bareba n’ibyiza bitatse u Rwanda.
Abaturage bakoze umuhanda Batima-Nzangwa mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bw’ako karere kubishyuriza amafaranga rwiyemezamirimo yabambuye, nyuma y’aho ananiriwe kurangiza imirimo y’uwo muhanda ndetse bakaba baramuburiye irengero.
Gahunda yo gutera umuti wica imibu mu mazu itangiye mu mu karere ka Bugesera yari imaze iminsi ibiri yahagaze ku buryo butunguranye.
Abantu 10 bakurikiranyweho n’ubutabera gukora icyaha cyo gufata abana ku ngufu mu karere ko Bugesera nk’uko byagaragajwe na raporo ya polisi ishami rikorera muri ako karere.
Abaturage, inshuti n’abafatanyabikorwa b’akarere ka Bugesera, tariki 03/09/2012, begeranyije inkunga ingana na miliyoni 359 ibihumbi 177 n’amafaranga 790 yo gushyigikira Agaciro Development Fund.