Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa 23/01/2014 yasenye igikuta cy’isoko rya Ruhuha kingana na metero 20, umuvu w’amazi wavuye muri iryo soko ukaba wahise ujya mu nzu y’umuturage witwa Nyiribakwe Silas w’imyaka 81 y’amavuko maze utwara ibyari mu nzu byose.
Umugabo witwa Ngamije Felicien w’imyaka 26 y’amavuko wo mu murenge wa Rilima mu kagari ka Kabeza mu mudugudu wa Karambo mu karere ka Bugesera, ari mu maboko ya polisi nyuma yo guteshwa umugore we ubwo yashakaga kumwica.
Imiryango 12 yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera ituye mu nkengero z’igishanga cy’Akagera yasabwe kuhimuka byihuse, kuko nibaramuka batimutse umwuzure ushobora kubatwara.
Abaturage bubatse imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera ndetse n’abandi baturage batanze ibikoresho kuri Entreprise EMMR barayishyuza miliyoni zikabakaba 40 z’amafaranga y’u Rwanda baheraniwemo na rwiyemezamirimo ndetse n’akarere.
Abagabo babiri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 40 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Umusore witwa Rwagasore Godfrey w’imyaka 24 y’amavuko yafatiwe mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera arimo kwakira amafaranga y’abaturage ababwira ko azabazanira amapoto y’amashanyarazi.
Umugore witwa Mukandutiye Beatrice utuye mu murenge wa Musenyi mu kagari ka Gicaca mu mudugudu wa Cyanika mu karere ka Bugesera inzu ye yahiye irakongoka bitewe nuko yatekeraga munzu ku mashyiga atagezweho.
Imvura yari nke ariko yiganjemo inkuba n’imirabyo yaguye ku gicamunsi cyo kuwa 18/1/2014 yahitanye umugabo witwa Ngayaberura Jean Claude w’imyaka 32 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rugunga mu mudugudu wa Nyarukombe mu karere ka Bugesera.
Igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade cyatoraguwe mu murima w’umuturage ubwo yahingaga mu murenge wa Rweru mu kagari ka Batima mu mudugudu wa Kamudusi mu karere ka Bugesera.
Umurambo w’umugabo witwa Rwatangabo Reverien watoraguwe mu ruzi rw’akagera tariki 17/01/2014 mu gice giherereye mu murenge wa Gashora mu kagari ka Biryogo mu karere ka Bugesera.
Umunyeshuri witwa Tuyishime Jean Pierre yitabye Imana bitunguranye nyuma yo kugezwa ku ishuri n’abari bamuherekeje ndetse amaze no kwerekwa ishuri agomba kwigamo.
Umugabo witwa Shirimpaka Jean Marie Vianney wo mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Kaboshya ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inka eshatu z’inyibano.
Ntivuguruzwa yaburiwe irengero ubwo yari agiye kuroba mu kiyaga cya Cyahoha ya ruguru ku gice kiri mu murenge wa Mayange mu kagari ka Mbyo mu mudugudu wa Kabyo mu karere ka Bugesera.
Umugore witwa Munganyinka Josephine w’imyaka 28 y’amavuko arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo gushaka kwiyahura anyweye ibinini byica imbeba ariko ntiyapfa ahubwo aza gutabarwa ajyanwa kwa muganga.
Umuzamu warindaga imashini n’ibindi bikoresho bifasha kuhira imyaka y’abaturage ku kiyaga cya Rumira mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yishwe n’abantu bataramenyekana.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze abana babiri ubwo bajyaga ku ishuri maze umwe ahita yitaba Imana naho undi arakomereka bikomeye akaba arimo kuvurirwa mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Umugabo witwa Bigirimana Samuel w’imyaka 28 y’amavuko utuye mu murenge wa Mareba mu kagari ka Bushenyi mu mudugudu wa Bukamba mu karere ka Bugesera, yitabye Imana nyuma yo kunywa amacupa atatu y’inzoga y’inkorano.
Abagize komisiyo ya politike n’imiyoborere myiza muri sena kuwa 8/1/2014 bari mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kugenzura ibibazo byagaragaye nyuma y’isozwa ry’imirimo y’inkiko Gacaca.
Umugabo w’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera ashinjwa gusambanya ku ngufu umwana we w’umukobwa w’imyaka umunani.
Polisi n’inzego zishinzwe umutekano zifatanyije n’abaturage zo mu karere ka Bugesera zirashakisha umusore witwa Habimana Peris w’imyaka 23 y’amavuko ukekwaho icyaha cyo gutema ku gakanu umunwa uwitwa Tubanambazi Claude w’imyaka 20.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Umugore witwa Dusabimana Clemantine w’imyaka 25 y’amavuko yabyaye abana batatu b’abakobwa b’impanga, akaba yababyariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata mu ijoro rishyira kuwa 6/1/2014.
Abajura bataramenyeka batoboye inzu y’uwitwa Ntawusigiryayo Charles utuye mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu kagari ka Rwiminazi mu karere ka Bugesera maze bamwiba ihene ze enye.
Akarere ka Bugesera kagiye kwakira imiryango 200 ibarirwamo abantu basaga 600 birukanywe muri Tanzaniya. Habaye umuganda udasanzwe wo gusukura aho aba banyarwanda bazagera mu Bugesera tariki 04/01/2014 bazaba bacumbikiwe by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.
Hagumimana Vedaste w’imyaka 38 y’amavuko ari mu mabiko ya polisi nyuma yo gutema mugenzi we mu mutwe witwa Kageruka Jean w’imyaka 43 y’amavuko none akaba arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ingabo na police mu kagari ka Murama i Nyamata mu karere ka Bugesera tariki 31/12/2013 hatahuwe ingo zengerwamo kanyanga. Muri icyo gikorwa hafashwe litiro 30 za Kanyanga na litiro 830 za melase yifashishwa mu guteka kanyanga.
Ntaganira Vedaste w’imyaka 57 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Rutobotobo mu kagari ka Murama mu murenge wa Nyamata yafatiwe mu cyuho arimo kubagara ibiti bitatu by’urumogi yari yarahinganye n’ibishyimbo.
Ku mugoroba wo kuwa 30/12/2013 umuyaga udasanzwe wasenye amazu atandatu unangiza imyaka y’abatutage mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera.
Abaturage b’akarere ka Bugesera barishimira ko serivise yo kwandikisha ingwate yorohejwe kuko banki arizo zisigaye zandikisha ingwate mu kigo gishinzwe kwihutisha iterambere, ingwate z’abakiliya bazo baka inguzanyo dore ko mbere umukiriya ariwe wigiraga i Kigali ku cyicaro cya RDB.
Umukwabu wakorewe mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kayumba mu mudugudu wa Kayenzi mu karere ka Bugesera wataye muri yombi inzererezi 11 n’abarundi 2 badafite ibyangombwa bibaranga.