Umugabo witwa Uwamahoro Deogratias w’imyaka 38 y’amavuko yafatiwe mu cyuho aha ruswa umupolisi y’amafaranga ibihumbi 120, kugira ngo arekure imodoka ye ifungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera.
Umusore witwa Kwihangana Eric afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu nyuma yo gusanga imodoka yari atwaye idafite controle technique.
Umusore witwa Munyaneza Xavier afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera ashinjwa gukora impushya zo gutwara ibinyabiziga.
Abaturage bo mu murenge wa Mareba mu Karere ka Bugesera baravuga ko indwara zaterwaga n’umwanda uturuka ku kunywa amazi mabi zigiye kugabanuka nyuma y’uko umushinga wa Access ukorera muri Minisiteri y’ubuzima wabahereye imashine ziyungurura amazi umuntu akayanywa adatetse.
Umugore witwa Sibomana Josepha w’imyaka 50 y’amavuko yitabye Imana mu gitondo cyo kuwa 21/4/2014 ubwo yari ku munyamashengesho witwa Mwihangane Josephine wamusengeraga ngo akire irwara yari arwaye.
Mu rugo rw’uwitwa Nsabimana Jean Pierre w’imyaka 27 y’amavuko hafatiwe uruganda rwa kanyanga, aho basanze batetse ingunguru enye ndetse na litiro eshanu za kanyanga imaze kuboneka.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Iradukunda Patrick ipikipiki yo mu bwoko bwa TVS yari yafatiwe mu karere ka Bugesera kuwa 27/03/2014, hakekwa ko yibwe ariko nyirayo akabanza kuyoberana.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Bugesera icumbikiye umugabo ushinjwa kuba yasanganywe moto itari iye, adafitiye ibyangombwa kandi atanagaragaraza nyirayo.
Mu murima w’uwitwa Ruvugamahame Cassien uvugwaho ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ariko akaba atarabiburana kuko yaraburiwe irengero, hatoraguwemo ibisasu bya grenades bitandatu n’umuturage wahahingaga.
Ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority/ RRA) n’akarere ka Bugesera batangije ku mugaragaro igikorwa cyo kurekera RRA kuyobora no kwakira imisoro yemejwe ko izajya yakirwa n’icyo kigo ariko yarahoze yakirwaga n’akarere.
Ahitwa i Gashanga mu kagari ka Rwinume mu murenge wa Juru ho mu karere ka Bugesera hadutse abantu batera amabuye hejuru y’amazu y’abaturage ku buryo hari n’amwe mu mazu yatobotse.
Minisiitri ushinzwe umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Jacqueline Muhongayire yasabye Abanyabugesera ko urumuri rw’icyizere bashyikirijwe ruzakomeza kubafasha komora ibikomere batewe na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umusore witwa Hakizimana Emmanuel w’imyaka 20 y’amavuko, aremera icyaha cyo gusambanya umwana wiga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza maze akamutera inda.
Umuyobozi w’intara y’iburasirazuba Uwamariya Odetta arashima abikorera bo mu karere ka Bugesera kubera uruhare bagira mu kuzana impinduka muri ako karere.
Abagabo bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibiro 234 by’amabuye y’agaciro ya Wolfram bayakuye mu gihugu cy’u Burundi mu buryo bwa magendu.
Abana b’abakobwa 9531 bari mu kigero cy’imyaka 12 kugeza kuri 14 nibo bateganyijwe kuzakingirwa kanseri y’inkondo y’umura ikunda kwibasira abagore mu karere ka Bugesera.
Abagore babiri barwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata mu karere ka Bugesera, bamaze imyaka igera ku icumi barwaye kanseri y’inkondo y’umura ariko mbere y’uko babimenya babwirwaga ko ari amarozi.
Kuri sitasiyo ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Hagumakubaho Jean Bosco w’imyaka 30 y’amamavuko nyuma yo gufatwa akorera mugenzi we ikizamini cyo kubona impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Ubumenyi budahagije mu gutegura imishinga ni kimwe mu bizitiye urubyiruko mu karere ka Bugesera mu kubona inguzanyo mu bigo by’imari kuko umwaka ushize hafi 1/3 cy’imishinga y’urubyiruko yari yashyikirijwe ibigo by’imari ariyo yonyine yabonye inguzanyo nyuma yo kwishyingirwa na BDF.
Nemeyimana Jean Bosco w’imyaka 30 y’amavuko arafunzwe nyuma yo gufatanwa litiro imwe n’igice z’inzoga ya kanyanga ndetse n’urumogi ikiro n’igice abicuruza mu kabari ke kari mu mudugudu Karutabana mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Nzeyimana Antoine w’imyaka 35 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa ibihumbi 105 by’amafaranga y’amakorano.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha ndetse n’iya Nyamata mu karere ka Bugesera habereye ibikorwa byo kumena ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni ebyiri n’ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.
Umusore witwa Giraso Jean Claude w’imyaka 22 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amafaranga ibihumbi 82 by’amakorano.
Mu karere ka Bugesera mu murenge wa Kamabuye hakozwe umukwabo maze hafatwa inzererezi 36, Abarundi 28 batagira ibibaranga hafatwa litiro 70 z’inzoga itemewe y’ibikwangari ndetse na litiro imwe ya kanyanga.
Abanyamahanga batuye mu karere ka Bugesera kuva kuwa 3/3/2014 barimo gufotorwa ari nako hafatwa ibimenyetso bidasibika biba ku ntoki z’ibikumwe biranga buri muntu ngo bahabwe ibyangombwa bibaranga.
Litiro 20 z’inzoga zitemewe zafatiwe mu mukwabu wakorewe mu kagari ka Kibungo mu midugudu ya Ruhengeri, Nyarugenge, Rusekera yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera mu gitondo cyo kuwa 3/3/2014.
Umugore witwa Uwambajimana Chantal yataye umwana we w’amezi abiri ku mugabo we witwa Baziruwiha Vincent maze arigendera, ibyo bikaba byabereye mu Murenge wa Ngeruka mu kagari ka Gahembe mu mudugudu wa Nyakariba mu karere ka Bugesera.
Aborozi bigabiza ishyamba ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Karama mu karere ka Bugesera, basabwe kuvana ibikumba yabo muri iryo shyamba bitarenze ukwezi kwa kabiri.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Professeur Shyaka Anastase aratangaza ko imikoranire myiza iri hagati y’akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako (JADF) igaragaza imiyoborere myiza.
Nzakamwita Celestin w’imyaka 44 y’amavuko yarohamye mu ruzi rw’akagera maze arapfa. Ibi byabereye mu mudugudu wa Rubumba, mu kagari ka Kagasa mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera tariki 28/02/2014.