Lt. Gen Fred Ibingira ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu arasanga abakorera imirimo ibinjiriza amafaranga mu biyaga bya Cyohoha zombi mu karere ka Bugesera bakwiye kurema koperative ikomeye izabafasha gutera imbere.
Abajura bibye inka mu ijoro rishyira tariki 30/09/2013 barangije barayibaga nyuma bayiteshwa n’abazamu ndetse n’irondo ryo mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya 2014 A, Ministre w’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, Muhongayire Jacqueline, yasabye abatuye akarere ka Bugesera kongera umusaruro kugira ngo babashe guhaza isoko ry’uwo muryango ryamaze kwaguka.
Kubera kumva nabi uburinganire bw’umugabo n’umugore, umugabo witwa Habimana Jean Baptiste utuye mu Mudugudu wa Rwakibirizi, Akagari ka Kibirizi, Umurenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, ahora akubitwa n’umugore we ndetse akamuraza hanze n’injoro yitwaje uburinganire.
Abaturage bakoze imirimo yo gutinda umuhanda uhuza imirenge ya Musenyi na Shyara uzanyura ku gishanga cy’Umurago mu karere ka Bugesera barasaba akarere kutazishyura sosiyete yitwa FIECO yabakoresheje, itabanje kubishyura amafaranga bakoreye kuko yabambuye.
Abagabo bake bo mu karere ka Bugesera bari muri njyanama zitabira ibikorwa byo gutora abagore bazahagararira bagenzi babo mu nteko ishinga amategeko ngo baterwa ishemo n’icyo gikorwa.
Mu karere ka Bugesera amatora y’abazahagararira abagore mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, yatangiye saa tanu kubera ko abagize inteko itora batari buzuye 2/3 nk’uko amategeko abiteganya.
Ubwo bamaraga gutora abadepite bazabahagararira mu nteko ishinga amategeko, aaturage bo mu karere ka Bugesera basohokaga mu cyumba cy’itora bajya mu mago yabo kwishimira uko batoye.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi batuye i Nyamata n’abaturutse mu mirenge yose igize akarere ka Bugesera baratangaza ko biteguye kongera gutora FPR Inkotanyi kuko banyuzwe n’ibikorwa uwo muryango wabagegejeho.
Ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) rirasaba abaturage bo mu karere ka Bugesera kuzaritora mu matora y’abadepite azaba tariki 16/09/2013, kugirango imibereho yabo irusheho kuba myiza.
Nyakwigendera Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yaraye ashyinguwe mu karere ka Bugesera nyuma yo kurohorwa yashizemo umwuka n’abapolisi bo mu mutwe wihariye ukorera mu mazi bita Marines.
Umukandida-depite wigenga wiyamamariza ubudepite mu matora azaba muri uku kwezi, bwana Mwenedata Gilbert arahamagarira Abanyarwanda kuzamutora ari benshi maze yagera mu nteko akazaharanira ko u Rwanda rwiza rukomeza kunogera abarutuye himakazwa gukorera mu mucyo n’ubumuntu.
Uwitwa Mbaraga Emmanuel wari ufite imyaka 15 yarigise mu gishanga cy’Umuragwe cyiri mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera ejo kuwa 07/09/2013 ahagana ku isaha ya saa cyenda n’igice.
Abatuye mu murenge wa Musenyi na Shyara mu karere ka Bugesera barasaba ko imirimo yo kubakorera umuhanda uhuza iyo mirenge yombi yakwihutishwa kuko byahagaritse byinshi mu byo bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL), ubwo ryiyamamarizaga mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera ryasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho kumenya uburenganzira bwabo no kurangwa n’umuco wo kudasigara inyuma.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba aborozi bo mu murenge wa Ruhuha n’indi mirenge ituranye nawo, kuzajya bagemura umukamo wabo ku ikusanyirizo ry’amata kuko abatazabikora bazabihanirwa.
Umuryango FPR-Inkotanyi watangije ibikorwa byo kwamamaza abakandida-depite bawo, bakaba beretswe abanyamuryango bari bahuriye mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera kuwa 28/08/2013 .
Iyongerwa ry’amasaha y’akazi ryatumye urujya n’uruza rwiyongera ku mupaka wa Nemba uhuza u Rwanda n’u Burindi uri mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Iyamuremye wo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera yakomerekejwe n’ingona ku myanya ndangagitsina, tariki 26/08/2013, akaba arwariye mu bitaro bya ADEPR Nyamata.
Muri gereza ya Rilima iri mu karere ka Bugesera haravigwa ubushyamirane hagati y’abagororwa n’abacungagereza, ubwo bushyamirane bukaba bwaraturutse kuri sharijeri ya telefone igendanwa.
Abantu 16 bari mu maboko ya Polisi bakurikiranweho kwangiza ibidukikije batema ishyamba nta burenganzira, ndetse banatwika amakara mu ishyamba rya gisirikare rya Gako mu karere ka Bugesera.
Abatuye ahazubakwa ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bugesera bo mu murenge wa Ririma mu tugari twa Karera, Ntarama na Kimaranzara baratangaza ko kuba batagira irimbi ribegereye bituma abageze mu za bukuru batabasha guherekeza ababo mu muhango wo gushyingura.
Abahanzi bibumbiye muri Foundation Kizito Mihigo igamije amahoro bakanguriye abaturage bo mu murenge wa Ruhuha kwitabira amatora y’abadepite babaririmbira indirimbo zirimo ubutumwa bwibutsa abaturage inshingano zabo muri ayo matora.
Abaturanyi b’umukecuru witwa Nyiramuhanda Floride w’imyaka 62 bamusanze iwe yitabye Imana mu ma saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa 20/08/2013.
Inka zisaga 300 nizo zitegerejwe kwinjira mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zizanywe n’abanyarwanda barimo kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya. Zikazaza zikurikiye izindi zisaga 2.500 zamaze kwinjira zikanakingirwa indwara.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gashora mu karere ka Bugesera, afunzwe kuva tariki 13/08/2013 akekwaho kunyereza inzitiramibu zirenga 300 ziteye umuti akazigurisha hanze kandi zitagurishwa.
Abasigajwe inyuma n’amateka bakuwe muri nyakatsi bagatuzwa mu mudugudu wa kijyambere mu kagari ka Kanazi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera barasaba ko bafashwa no guca nyakatsi yo ku buriri.
Abajura bitwikiriye ijoro maze bacukura inzu y’uwitwa Maniraho Jean Baptiste utuye mu mu Kagari ka Murama ho mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera maze bararicucura karahava.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo batatu ibakurikiranyeho ubucuruzi bw’ibishyitsi by’ibiti byitwa imishikiri bari bakuye mu ishyamba rya Gako bashaka kubyambutsa umupaka bakabijyana mu gihugu cya Uganda.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera rurasaba ababishinzwe ko babegereza aho rugurira udukingirizo rwisanzuye kuko bigoranye kutubona kandi badukenera.