Umugabo witwa Ntahondi Jean Bosco w’imyaka 33 y’amavuko ufite akabari mu Murenge wa Mayange mu kagari ka Kibirizi mu mudugudu wa Rugazi mu karere ka Bugesera afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata nyuma yaho irondo rimufatanye litiro 46 za kanyanga.
Ingo zisaga 500 zituye imidugudu ine y’ahitwa Shami mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera zivoma mu kiyaga cya Cyohoha y’amajyepfo nyuma y’aho ikigo cya EWSA gifashe icyemezo cyo gufunga ivomero rusange abo baturage bavomagaho.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ivuye mu gihugu cy’u Burundi yinjiye ku mupaka wa Nemba itwaye ibiti by’umushikiri ariko yinjirira ku bipapuro by’uko itwaye imbuto izijyanye mu gihugu cy’Ubugande.
Mutazihana na Nimusifu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa amadorari ibihumbi 2600 y’amakorano barimo kuyahangika abaturage.
Abagabo bane n’imodoka ya FUSO bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira gutema ibiti by’umushikiri. Undi umwe we afungiye ku Ruhuha azira gutema inka y’umuturanyi.
Rutazihana Faustin w’imyaka 54 y’amavuko arimo gushakishwa nyuma yo kugonga uwitwa Nzabarinda Alphonse w’imyaka 41 y’amavuko agacika amaguru yombi.
Gatera John wi’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mayange mu karere ka Bugesera nyuma yo gukubita ise umubyara ndetse n’umugore we abaziza imitungo.
Uwitwa Uwitonze Ephrem w’imyaka 35 na Musabyimana Ismael w’imyaka 25 y’amavuko bo mu mudugudu wa Gitaramuka mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa mudasobwa eshatu z’inyibano zigenewe abana bo mu mashuri yisumbuye.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ndayishimiye Richard nyuma yo gufatanwa inoti ebyiri z’ibihumbi bibiri z’impimbano tariki 18/12/2013.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage zataye muri yombi inzererezi n’abadafite ibyangombwa bibaranga bagera kuri 25.
Imodoka yo mu bwoko bita Fuso yagonze umwana w’imyaka 10 wabarizwaga mu kagari ka Kindama mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera, ajyanwa kwa muganga ariko agerayo yashizemo umwuka.
Umugore witwa Mukasine Sabine w’imyaka 30 utuye i Gasenga mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata muri Bugesera wafashwe n’inzego z’umutekano arafungwa nyuma yo gusanganwa udupfunyika tw’urumogi 77 yacururizaga iwe.
Bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga bari bitabiriye inama y’igihugu y’umushyikirano baherekejwe na perezida wa Sena, Dr. Jean Damascene Ntawukuriryayo, basuye urwibutso rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Plan Rwanda mu karere ka Bugesera bwagaragaje ko abana 55 mu myaka itatu ishize bacishirije amashuri kubera gutwara inda zitateganyijwe, by’umwihariko mu murenge wa Mayange ni 28 mu mashuri ane.
Umugabo witwa Karekezi Jean bakunda kwita Rutwe utuye mu kagari ka Kibenga mu mudugudu wa Kindonke mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, yaraye araririwe n’irondo kuko yashakaga kwica umugore we.
Minani Cleophace utuye mu kagari ka Nyamata mu mudugudu wa Rwakibirizi mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera yafatanywe udupfunyika tw’urumogi 1273 yacururizaga iwe mu rugo.
Rwiyemezamirimo wahawe isoko ryo kubaka amazu 15 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yananiwe kuyuzuza maze abubakiwe ayo mazu bafata icyemezo cyo kuyajyamo atuzuye aho gukomeza gusembera batagira aho barara.
Umugabo watoraguwe aziritse amaguru n’amaboko ndetse bamushyize ibitambaro mu kanwa bamuta mu murima maze atoragurwa n’abahinzi mu mudugudu Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yaje kuzanzamuka nyuma yo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Mu gitondo cyo kuwa 3/12/2013 mu masaha ya saa moya mu mudugudu wa Rwibinyogote mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35 y’amavuko uka utaramenyekana.
Muhawenimana Claudine w’imyaka 21 yafatanwe ikiro kimwe cy’urumogi arutwaye ku igare mu kagari ka Kampeta umudugudu wa Pamba mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Harerimana Elias w’imyaka 45 y’amavuko wari utuye mu mudugudu w’Uwimpunga mu kagari ka Rwinume mu mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Gashanga ubwo yarobaga amafi.
Abajura bateye mu rugo rw’umucuruzi witwa Mvuyekure Ismael maze bamufatiraho imbunda niko guhita bamutwara amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni eshatu, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29/11/2013.
Inka 25 z’uwitwa Mukankuranga Florence utuye mu kagari ka Biharagu mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zari zatwawe n’Abarundi zose zagaruwe nta nimwe ibuzemo.
Ndagijimana Jean Damascene w’imyaka 31 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera yagiye kwa sebukwe kwaka umunani w’umugore we agezeyo baterana amagambo bituma barwana bimuviramo urupfu.
Abahagarariye ihuriro ry’abagore ba rwiyemezamirimo ndetse n’abakora ibikorwa by’ubugeni n’ubukorikori bamaze iminsi ibiri mu karere ka Bugesera basobanurirwa ikoreshwa ry’imashini y’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi.
Inka 25 z’uwitwa Mukankuranga Florence utuye mu kagari ka Biharagu mu murenge wa Kamabuye mu karere ka Bugesera zarishaga hafi y’umupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi maze zirambuka zijya kona mu murima w’Abarundi nabo bahita baza barazishorera barazitwara.
Umugore witwa Mukansanga Primitive utuye mu kagari ka Kimaranzara mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera yajyanwe n’abaturage ku biro bya polisi bamushinja kugira amarozi.
Mu ijoro rishyira tariki 26/11/2013 mu mudugudu wa Rugarama na Nyabivumu mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera hakozwe umukwabo maze uta muri yombi inzererezi 31 ndetse n’Abarundi 13 badafite ibibaranga.
Ku gicamunsi cya tariki 25/11/2013 Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abantu babiri. Umwe ni umushiferi washakaga guha umupilisi ruswa, undi ni umugore wacuruzaga ibiyobyabwenge.
Uwiragiye Pricille niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Aje kuziba icyuho muri nyobozi y’akarere ka Bugesera, yari imaze amezi arindwi ibuzemo umunyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.