Abahinzi b’i Kaduha mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko biteguye kuzaba abahinzi babyo, bakanatera imbere nk’abandi babihinga, kubera inzu yo kubituburiramo begerejwe.
Abahinzi b’ibirayi bo mu Turere tubihinga ku buso bunini, bari bamaze iminsi bahabwa amasomo y’uburyo bateza imbere iki gihingwa, muri gahunda y’Ishuri ry’Abahinzi b’Ibirayi mu murima, bashyikirijwe ibikoresho bazajya bifashisha mu gushyira mu bikorwa tekiniki zigamije gutuma umusaruro wiyongera mu bwiza no mu bwinshi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yaganiriye n’aborozi b’ingurube ku buryo bakongera umusaruro wazo, uko inyama y’ingurube yategurwa neza, kandi Abanyarwanda bagashishikarizwa kuyifungura (kuyirya) mu ngo zabo.
Mu gihe imboga n’imbuto ari bimwe mu biribwa by’ingenzi mu buzima bw’abantu, abahinzi babyo bagaragaza ko bagihura n’imvune mu kubihinga, ndetse bagashoramo amafaranga menshi, nyamara ntibayagaruze mu gihe bagurisha umusaruro wabo.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko mu Karere ka Gatsibo nta nka irwaye uburenge igihari, ku buryo bateganya gusaba ko ibikomera byasubitswe byasubukurwa.
Ikigega gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (BDF), kigiye gufasha Abanyarwanda bafite imishinga y’ubuhinzi ariko bahura n’ikibazo cyo kubura ingwate, kugira ngo babone inguzanyo mu mabanki.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata buvuga ko bubangamiwe n’uko imihanda ihagera iturutse ku minini ya Kaburimbo imeze nabi, bituma amakamyo ajyana amajyane batunganyije i Mombasa apakirira i Kibeho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buherutse gutangaza ko hari ibiti byera imbuto ziribwa n’ibivangwa n’imyaka bisaga ibihumbi 700 bigenewe abaturage bigomba gutangwa bitarenze uku kwezi k’Ukuboza 2023, mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro w’imbuto no kwiteza imbere.
Urugaga rw’abaganga b’amatungo mu Rwanda rwatangije gahunda yo kujya bahugura abanyamuryango mu rwego rwo kurushaho kwita ku matungo no gukora kinyamwuga. Ni gahunda itari isanzwe ikorwa, kuko umuganga w’amatungo yabikoraga kubera ko yabyize akabibonera impamyabumenyi muri uwo mwuga, bityo akawukora akurikije uko yabyize (…)
Umuyobozi Mukuru wungurije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze, avuga ko inka 119 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi mu Karere ka Kayonza kubera kugaragarwaho indwara y’uburenge, naho izindi eshatu zikaba zagaragaje ibimenyetso byabwo mu Karere ka Gatsibo.
Umuyobozi w’uruganda rw’icyayi rwa Mata, Joseph Barayagwiza, aramara impungenge abahinzi bakorana bafite ingemwe zishwe n’ibiza, ababwira ko bazabaha izizisimbura, nta kindi kiguzi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyatangaje ko cyazanye intama zororoka kabiri mu mwaka, zikazagezwa ku baturage ku giciro cyunganiwe na Leta.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Sitasiyo ya Ngoma, Sendege Norbert, avuga ko inka 18 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi nyuma yo kugaragarwaho indwara y’uburenge.
Abahinzi b’urusenda n’ibitunguru mu Turere twa Rubavu, Rulindo, Nyagatare na Bugesera bagiye gutandukana n’igihombo baterwaga no kubura isoko ry’umusaruro bakagurisha umusaruro wabo ku kiguzi gito.
Abahinzi ba Kawa bo mu Murenge wa Rusasa mu Karere ka Gakenke, bujurijwe inzu mberabyombi bagiye kujya bifashisha mu guhugurirwamo uburyo bwo kwita ku gihingwa cya Kawa, gucunga imari ikomoka ku buhinzi bwayo, uburyo bunoze bwo gukora ubushabitsi n’ibindi bizafasha kongera umusaruro mu bwiza no mu bwinshi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero burihanagiriza abaturage bangiza ibihingwa, birimo ibigori n’indi myaka bakabyahirira matungo, kuko ibyo ari ibyaha bihanwa n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’Itorero rya EAR mu Ntara y’Amajyepfo, mu mushinga waryo witwa (RDIS), barashishikariza abahinzi kuhira hifashishijwe ingufu zituruka ku mirasire y’izuba, kuko Leta ibunganira kugura ibijyanye nazo.
Hirya no hino mu gihugu hagenda hubakwa amarerero y’abana bato mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya gutegura indyo yuzuye ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi n’igwingira kubivamo.
Aborozi batandukanye bavuga ko kugezwaho inkingo n’intanga by’amatungo hakoreshejwe Drones (utudege duto tutagira abapilote), byabakemuriye ibibazo bahuraga nabyo birimo gutinda kubibona.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bibumbiye muzi za Koperative zihinga ibigori, bashyikirijwe ifumbire mvaruganga ya DAP yo kubagaza ibigori, mu rwego rwo kuzamura umusaruro w’igihembwe cy’ihinga 2024A.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko hagiye kwagurwa ubuso buhingwaho kawa hagamijwe kongera umusaruro, no kwinjiza inshuro zikubye eshatu umusaruro usanzwe uboneka.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, avuga ko bashyize imbere ibihingwa biribwa n’Abanyarwanda benshi kandi kenshi, bigatangwamo nkunganire n’inyongeramusaruro, kugira ngo mu myaka ibiri cyangwa itatu Abanyarwanda bose bazabe bihagije mu biribwa, ariko nanone ngo ibihingwa gakondo ntibyabujijwe guhingwa.
Ku munsi mpuzamahanga w’ibiribwa wizihijwe tariki 27 Ukwakira 2023, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa(FAO) hamwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), bifuje ko amazi yose yafatwa agakoreshwa mu buhinzi n’ubworozi.
Nyuma y’uko hirya no hino mu gihugu abantu bashishikarijwe guhinga ubutaka bwose, mu rwego rwo guhangana n’ubuke bw’ibiribwa bwatumye bisigaye bihenda, mu Karere ka Huye hari hegitari zisaga 150 ziyongereye ku hari hasanzwe hahingwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko kuva u Rwanda rwafata icyemezo cyo guhagarika gutumiza imbuto ku bihingwa by’ingenzi mu mahanga, zigatangira gutuburirwa mu Rwanda, zikubye inshuro eshatu ugereranyije n’izatumizwaga.
Nyuma yo kumurika icyerekezo cy’imyaka irindwi cy’ubutubuzi bw’imbuto mu Rwanda, Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza, ryatangaje ko muri 2030 u Rwanda ruzaba ari igicumbi cy’imbuto nziza mu Karere.
Nyirandikubwimana Marceline wo mu Mudugudu wa Kanyamizo mu Kagari ka Nyarusozi, mu Murenge wa Nyabinoni ukora umwuga w’ubuvumvu, amaze kwigisha abagore 17 n’abagabo 26 uko borora inzuki bigatanga umusaruro.
Umuturage w’i Kigali uhinga imboga mu ndobo no mu mabase, biterekwa ku mbuga y’ubuso bw’intambwe 4 ku 8 iwe mu rugo, avuga ko yinjiza amafaranga arenze ibihumbi 400Frw ku kwezi nyuma yo guhaza urugo rwe.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rwahuguwe ku bijyanye n’ubuhinzi, rukaba rwaranatangiye kubwitabira, rukavuga ko burimo amafaranga, ko imbogamizi rufite ari igishoro mu kuhira kugira ngo rubashe guhinga igihe cyose.
Hirya no hino hagiye hashyirwa amakusanyirizo y’amata y’inka, mu rwego rwo kugira ngo adahise anyobwa abashe gutunganywa, ariko urebye agerayo ni makeya ugereranyije n’ayari yitezwe.