Mu ijoro ryo kuri iyi tariki ya 7 - 8 Nzeri 2025, abatuye hirya no hino muri Afurika, u Burayi, Aziya na Australiya, batangajwe no kubona ubwirakabiri bw’ukwezi bwuzuye (total lunar eclipse).
Mu Buhinde, abaganga batunguwe cyane no kubona umugore utwite inda y’ibyumweru 12 irimo ikurira mu mwijima we (intrahepatic ectopic pregnancy), aho kuba muri nyababyeyi nk’uko bisanzwe.
Muri Leta ya Florida muri Amerika, umugore yigize umuforomo, atabwa muri yombi amaze kuvura abarwayi basaga 4,000 kandi nta cyangombwa kimwemerera kuvura (licence médicale) agira.
Mu Bushinwa, urubyiruko rwadukanye uburyo budasanzwe bwo kwirwanyiriza umujagararo n’ibimenyetso bijyana na wo, nko guhangayika no kubura ibitotsi, rukonka tetine zizwi ubundi ko zagenewe abana, nubwo bavuga ko hari n’izabakuru.
Mu Buhinde, umugabo yakoresheje uburyo budasanzwe bwo kwica umugore we, agamije kubona imirimbo ye, no gushaka undi. Yakoresheje inzoka, akaba yari yizeye ko bizafatwa nk’impanuka bityo agakomeza ubuzima bwe mu mutuzo, kandi koko gutahura ko ari we wagize uruhare mu rupfu ry’umugore we, byasabye ibimenyetso byinshi (…)
Kurota inzozi mbi bituma umuntu yikanga cyangwa se ashigukira hejuru yari asinziriye kubera ubwoba atewe n’ibyo arose, bikaba kenshi ngo byagira ingaruka zirimo gupfa imburagihe.
Muri Kenya, umugore wavukiye muri Kawunti ya Kisumu akanahakurira, ariko ubu akaba asigaye aba mu Mujyi wa Nairobi, yatanze ubuhamya bw’ukuntu yashatse abagabo 12, ariko ingo ntizirame zigasenyuka, ariko ko ubu afite icyizere cyo kuzabona umugabo wa nyawe mu bihe bizaza, bakazabana ubuzira herezo.
Mu Buyapani, abayobozi bahangayikishijwe cyane no gushaka uburyo hagaruzwa imbunda 16000 za palasitiki zatanzwe bizwi ko ari ibikinisho hirya no hino mu gihugu, nyuma bikaza kumenyekana ko zifite ubushobozi bwo kurasa n’amasasu asanzwe.
Abagore bo muri Australia, bakorewe isuzuma rya muganga w’abagore (un examen gynécologique) ku ngufu ku Kibuga cy’indege cya Doha muri Qatar mu 2020, babonye uburenganzira bwo gukurikirana mu rukiko kompanyi y’indege ya Qatar Airways, iyo ikaba yafashwe nk’intambwe ikomeye muri iyo dosiye.
Muri Thailand, umugabo ufite imyaka 44 yapfuye nyuma yo kumara ukwezi kose ahagaritse kugira ifunguro iryo ari ryo ryose yafata, ahubwo akiyemeza gutungwa n’inzoga gusa. Uwo mugabo yapfuye azengurutswe n’amacupa y’amavide abarirwa mu magana yashizemo inzoga, kuko ngo yari amaze ukwezi kurenga nta kindi kintu ashyira mu nda (…)
Muri Kenya, mu Mujyi wa Nairobi, umugore witwa Hadija Yahiya, asobanura uko yatangiye akazi ko kurimbisha imirambo cyangwa se kuyisiga ibintu bituma isa neza (make ups) mu gihe iri mu buruhukiro bitegura kujya kuyishyingura.
Umuhanzi w’Umunyamerika Marvin Gaye Jr. wamamaye mu njyana za Pop na Soul hagati ya 1960 na 1984, yishwe arashwe na se Marvin Pentz Gay Sr. ku wa 01 Mata 1984 mu Mujyi wa Los Angeles, California, habura umunsi umwe ngo yizihize isabukuru y’imyaka 45, mu gihe yari ageze mu bushorishori bw’umwuga we w’ubuhanzi.
Mu Burusiya, mu gace ka Rostov, abayobozi batangiye kugerageza uburyo bushya bugamije gufasha mu kurwanya ruswa, aho abapolisi banze kwakira ruswa, bazajya bashimirwa, ariko bakanahabwa angana n’ayo banze kwakira.
Muri Kenya, muri Kawunti ya Mombasa, abaturage batashywe n’ubwoba nyuma y’abantu bane bishwe n’indwara kugeza ubu itaramenyekana iyo ari iyo.
Mu Buyapani hari sosiyete ya OK Grandma, itanga serivisi zidasanzwe zirimo no kuganiriza abantu, bakabatega amatwi bakumva ibibazo bafite bakabagira inama uko babikemura, kubatekera ibyo kurya biryoshye by’abakecuru, mbese nk’uko ba nyirakuru b’abantu babikora. Ariko ukeneye iyo serivisi yo kuvugana n’umuntu umeze nka (…)
Mu Buhinde, umugabo w’imyaka 55 ufite umuryango ndetse umaze kugira abuzukuru batatu, aravugwaho gucikana umukobwa w’imyaka 22 witeguraga kuba umukazana we.
Mu Bufaransa, umugabo w’imyaka 62 yahamagaye serivisi za polisi zishinzwe ubutabazi bwihutirwa, avuga ko yibagiriwe umugore kuri sitasiyo ya lisansi iri ahantu ku muhanda munini ujya muri Maroc, ariko abwira polisi ko iyo sitasiyo atayibuka.
I Nairobi muri Kenya umubyeyi witwa Njoroge Chelimo w’imyaka 36, umaze kubyara abana 2, asobanura uko yisanze yifitemo ubushobozi budasanzwe bwo kugira amashereka menshi ku buryo abona ahaza abana be, ariko agasagura n’andi menshi afashisha abandi bayakeneye, ku buryo abona ayahaza abana 50.
Mu Bushinwa, umugore w’imyaka 37 ukomoka mu gace ka Jilin, yerekanye amafoto ye ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko uruhu rwe rwangiritse cyane ndetse rugahora rwokera kubera ko rwahiye nyuma yo kumara imyaka 22 atihanagura ‘make-up’, cyangwa se ibintu bitandukanye yisaga mu maso agamije gusa neza.
Mu Kirwa cy’u Bufaransa cya Guadeloupe, habonetse umugore ufite ubwoko bw’amaraso yihariye wenyine ku Isi, buhabwa izina rya ‘Gwada négatif’.
I Texas muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, umugabo yatunguwe no kumenya ko yasezeranye n’umugore bigeze gukundana ariko baza gushwana, ayo masezerano yo gushyingiranwa, akorwa we atabizi atanabyemeye.
Tanzania, mu Ntara ya Kilimandjaro, umugabo witwa Evance Kileka, yaje gushyingura abana be babiri harimo uwitwa Precious w’amezi 6 na Glory Evance w’imyaka ine (4), ari mu maboko y’inzego ya Polisi, akimara gushyingura yahise imusubiza gufungwa, umuryango usigara mu bibazo n’ubu utarabonera ibisubizo.
Samuel Eto’o wahoze ari umukinnyi w’ikirangirire w’umupira w’amaguru, ubu akaba ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu gihugu cye cya Cameroun (FECAFOOT) yarezwe kuba yaranyereje umutungo w’iryo shyirahamwe.
Videwo yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, yerekana uwo mugabo wari wambaye ikote ry’umukara n’ishati y’umweru n’inkweto z’umweru, ava imbere aho yari ari n’umugeni we, anyura mu bantu batashye ubukwe, agenda abigizayo ashaka inzira isohoka.
Mu Bushinwa, umugabo uherutse kugura imwe mu modoka zigezweho ya ‘Xiaomi SU7 Max’ yavuze ko abangamiwe cyane n’uko ikoranabuhanga ryayo rihora rimuha ubutumwa bw’impuruza, bumusaba kwirinda gusinzira, kurangara, ahubwo akita ku muhanda mu rwego rwo kurengera umutekano we ndetse n’uw’abandi bakoresha umuhanda, kandi mu (…)
Bamwe mu Banya-Kenya, bagaye cyane umubyeyi wa Albert Ojwang wemeye kwakira Miliyoni ebyiri z’Amashilingi yatanzwe na Perezida wa Kenya William Ruto yo kuyagira umuryango wa nyakwigendera Albert Ojwang, wapfuye aguye muri kasho ya polisi yamutaye muri yombi ku itariki 7 Kamena mu Mujyi wa Nairobi, bigahita biteza (…)
Muri Taiwan, umugabo yapfuye azize ibyo abaganga bise uburozi buturuka ku gukoresha ibikoresho by’ibyuma kandi bishaje, nyuma yo kumara imyaka isaga icumi (10) akoresha teremusi y’icyuma imwe atayihindura.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 35 ukomoka muri Leta ya Florida yahamijwe n’urukiko icyaha cy’uburiganya, nyuma yo gutabwa muri yombi amaze gukora ingendo 120 z’indege atishyura amatike, kuko yabaga yiyise umukozi wo mu ndege abeshya.
Abantu bakomeje kujya impaka ku mpanuka y’indege ya Air India yarimo abantu 242, yari ihagurutse ku Kibuga cya Ahmedabad, igahitana abayirimo, hakarokoka gusa umugenzi umwe.
Muri Brazil, umugore yamaze imyaka ibiri (2) ahora yitabira ibikorwa byo gushyingura abapfuye, ariko akabikora agamije kugira ngo azahakure umugabo, kuko hari uwo yari yarahabonye uhagarariye iryo rimbi, aramukunda, yigira inama yo kuzajya ahaza kenshi kugira ngo arebe ko yazamukunda na we, birangira bakundanye ndetse bakora (…)