Abahanga mu bumenyi bw’ikirere ku Isi bavuga ko mbere ya Nyakanga ndetse no muri Nyakanga ari ibihe byaranzwe n’ubushyuhe bukabije kugeza n’ubu.
Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria, avugwaho kuba yaratakaje ubushobozi bwo kubona cyangwa se kuba yarahumye, mu gihe cy’iminota 45 yose, nyuma yo kugerageza guca agahigo ko kurira amasaha 100 adahagaritse.
Umugabo wo muri Saudi Arabia yabazwe by’igitaraganya mu rwego rwo kumufungurira inzira z’ubuhumekero kuko yari yatangiye kubura umwuka nyuma yo kumira urufunguzo ku bw’impanuka mu gihe yarimo arukinisha.
Minisitri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi, ku nshuro ya mbere yagize icyo avuga ku mvururu zishingiye ku moko n’ihohoterwa ry’abantu rimaze iminsi rivugwa mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Umunyamerika Dana Morey uyobora Umuryango mpuzamahanga w’ivugabutumwa witwa ’A Light to the Nations’, yavuze ko abitabira igiterane kibera i Nyamata mu Bugesera muri izi mpera z’icyumweru bazatombora inka, amateleviziyo, moto, amagare amatelefone n’imigati yo kurya.
Umugabo w’Umushinwa yamaze imyaka 22 ashakisha umuhungu we yabuze afite imyaka ine (4), nyuma aza kumubona mu bilometero magana cyenda (900Km) uvuye aho atuye.
Muri Tanzania, umugabo yatangaje abantu nyuma yo gusezerana n’abagore babatu ku munsi umwe, mu birori by’ubukwe bimwe kandi byiza.
Umugabo witwa Donald Felix Zampach akurikiranyweho kwakira asaga 830,000 by’Amadolari, y’ubwiteganyirize bwa nyina hashize imyaka 30 apfuye, ndetse n’imishahara igenerwa abasirikare bari mu kiruhuko cy’izabukuru.
Muri Zambia, umugeni yasabwe guteka akoresheje amenyo kugira ngo agaragaze ko yakwita ku mugabo we n’umuryango muri rusange n’igihe yaba adafite ingingo nk’amaboko.
Muri Amerika, umugabo w’imyaka 48 yikubise hasi nyuma y’uko umutima uhagaze bitunguranye, nyuma y’iminota 10 gusa asezeranye n’umukunzi we.
Urukiko rwategetse Minisitiri Alfred Mutua, ushinzwe ububanyi n’amahanga, kwimura ubwiherero bwo mu nzu ye, nyuma y’uko arezwe n’umuturanyi we witwa Felicita Conte, ko yabushyize ahegeranye n’aho arira, none bikaba bimubangamiye.
Umusaza witwa Masasila Kibuta w’imyaka 102 y’amavuko, yasezeranye n’umugore we Chem Mayala w’imyaka 90 y’amavuko, bakaba basezeranye imbere ya Padiri mu rwego rwo kwiyegereza Imana, nk’uko byatangajwe na Masasila Kibuta.
Mu Bushinwa, umugabo yirukanywe n’umukoresha we kubera ko yamaraga umwanya munini cyane mu bwiherero, kandi ari mu masaha y’akazi, aho bivugwa ko yajyaga mu bwiherero akamaramo igihe kiri hagati y’iminota 47 n’amasaha atandatu (6).
Polisi y’ahitwa Osun muri Nigeria, yafashe umujura wiba za telefone uzwi cyane ku izina rya Saheed Abioye, ariko bakunda kwita ‘Anini’, nyuma yo kwiba telefone 10 z’abakirisitu mu rusengero nyuma agahita arusinziriramo.
Abana bane bava inda imwe basanzwe mu ishyamba rya Amazone, nyuma y’iminsi 40 habaye impanuka y’indege yabaye tariki ya 01 Gicurasi 2023, igahitana abapilote babiri na mama w’abo bana.
Umukobwa w’imyaka 19 y’amavuko wo muri Colombia, yavugishije benshi cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kuvugira kuri Televiziyo yitwa TV Malambo yo muri icyo gihugu, ko yaba yaratewe inda n’imbaraga zidasanzwe.
Muri Amerika, Urukiko rwa California rwarekuye umugabo wari umaze imyaka 33 afunzwe, nyuma yo kumwibeshyaho agafungirwa icyaha atakoze.
Muri Uganda, umuzamu w’imyaka 67, witwa Karim Kanku, avuga ko Leta imufite umwenda wa Miliyoni 1.8 z’Amashilingiu ya Uganda, ayo akaba ari ibirarane by’umushahara we w’amezi icyenda, ari byo byatumye afungirana abo bakozi.
Umugore yafashwe nyuma y’uko bimenyekanye ko yakira amafaranga y’indezo y’umwana umwe, avuye ku bagabo umunani (8), buri wese muri bo azi ko umwana ari uwe, bikaba byarabereye muri muri Afurika y’Epfo.
Byabaye nk’igitangaza ubwo umugore wo muri Nigeria w’imyaka 54 y’amavuko yabyaraga impanga z’abana batatu, nyuma yo kumara imyaka 21 yose ategereje urubyaro ariko yarahebye. Nyuma y’iyo nkuru nziza, yakoresheje imbuga nkoranyambaga, asangiza abandi umunezero yatewe n’uwo mugisha yagize, aho yerekanye amafoto ye atwite (…)
Robert Pershing Wadlow, ni Umunyamerika wavukiye mu mujyi wa Alton mu Ntara ya Illinois mu 1918, akaba ari we wabaye muremure kurusha abandi bose ku Isi kugeza ubu.
Mu buryo bw’igitangaza, abana babiri b’impinja batabawe nyuma yo kubabona bareremba mu Kiyaga cya Kivu, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), biturutse ku biza by’imyuzure biherutse kwibasira u Burasirazuba bw’icyo gihugu.
Iperereza ryakozwe ku murambo (ibuye), ryagaragaje ko umugore witwa Amina Abdallah yabeshye ko umwana we yahindutse ibuye, agamije gushimisha umugabo we.
Polisi yo muri Kenya yataburuye imibiri y’abantu mu mva zisaga 12, bikekwa ko ari iz’abantu ba rimwe mu matorero ya gikirisito, bivugwa ko bizeye ko bajya mu ijuru nibaramuka biyicishije inzara.
Umwana na nyina bahurijwe mu Majyepfo ya Turukiya, nyuma y’uko ibipimo bya ADN byemeje ko uwo mwana w’umukobwa ari uw’uwo mubyeyi.
Umugabo witwa Jonathan Jacob Meijer ukomoka mu Buholandi ariko utuye muri Kenya , bivugwa ko kugeza ubu amaze kubyara abana 550 , kuko atanga intanga ngabo (un donneur de sperme).
Polisi irashakisha imfungwa yahimbye urupfu rwayo, igatoroka Gereza, nyuma ibizamini bya DNA bikagaragaza ko umurambo wabonetse aho yari afungiye utari uwe.
Umusore w’imyaka 21 yaretse kujya mu ishuri ajya gusura umukunzi we, maze apfirayo bitunguranye, mu gihe ababyeyi be bari bazi ko ari mu kigo aho yigaga.
Umupasiteri wo mu Ntara ya Gauteng muri Afurika y’Epfo witwa Siva Moodley, ngo yapfuye ku itariki 14 Kanama 2021. Ubu hari hashize imyaka hafi ibiri, umurambo we uri mu buruhukiro(morgue), kugeza ubwo hasohotse icyemezo cy’urukiko kugira ngo ashyingurwe.
Umwana w’umukobwa w’imyaka itatu (3) wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yishe umuvandimwe we amurashe mu buryo bw’impanuka.