Umurenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro wahurije hamwe abakoze Jenoside bawutuyemo, bakaba barimo gufatanya n’urubyiruko gusana inzu z’abarokotse, mu muganda ugamije ubumwe n’ubwiyunge.
Urwibutso rwa Kinigi mu Karere ka Musanze rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi 166, rufite amateka adasanzwe kuko imibiri irushyinguyemo ari iy’Abatutsi bishwe mbere ya 1994.
Padiri Uwimana Chrisostome ku itariki ya 13/04/1994 yarimo asomera Misa Abatutsi bari bahungiye mu Kigo cya Mutagatifu Andereya (Saint Andre) bari kumwe n’abari mu Kiliziya ya Karoli Lwanga iherereye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali. Iyi Misa ntiyasojwe kuko barashweho igisasu bakwira imishwaro.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr. Ron Adam, avuga ko kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ari uko ibihugu byombi bihuje amateka ya Jenoside.
Agasozi ka Gitwa mu Karere ka Rutsiro kahinduwe umusozi wa Nyamagumba kubera kuhicira Abatutsi muri Mata 1994. Umusozi wa Nyamagumba uzwi nk’umusozi mu Rwanda wari wegereye gereza ya Ruhengeri, imwe mu zafungiwemo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Habyarimana.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, i Nyakagezi mu Murenge wa Huye hari abayirokotse bafite umubababaro wo kuba barabuze ababo n’uwo kuba bagiye kuzagwirwa n’inzu batuyemo.
Abakinnyi, abatoza, abayobozi n’abandi bakozi ba Kiyovu Sports basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, bunamira inzirakarengane zirushyinguyemo zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mfitimfura Emmanuel umwe mu barokokeye muri Kiliziya ya Karubamba avuga ko ababazwa n’uko abari ku isonga muri Jenoside yakorewe mu cyahoze ari komini Rukara batahanwe kuko batorotse ubutabera.
Tariki 13 Mata buri mwaka, ni umunsi wo gusoza icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ukaba umunsi uhuzwa no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, bazira kwitandukanya na Politiki mbi yabibaga urwango, akarengane n’amacakubiri, kugeza ubwo ibyo bitekerezo byabo byari bigamije gushyira (…)
Mukamugema Immaculée wo mu murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze avuga ko mu gace atuyemo, ubukangurambaga ku bumwe n’ubwiyunge butarashinga imizi, aho yumva mu tundi duce tw’igihugu habaho gahunda yo gusaba imbabazi ku bakoze Jenoside no kuzitanga ku bayikorewe, ariko we akaba amaranye intimba igihe kinini, aho yifuza (…)
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Murambi (ubu ni mu Karere ka Gatsibo) yagaragaje umwihariko w’uko yakozwe mu gihe gito hicwa benshi, hakaba hari n’abagore bari baribumbiye mu cyo bise Interamwete bagamije gutera akanyabugabo basaza babo ngo badacika intege mu kwica.
Abayobozi mu Karere ka Nyarugenge hamwe n’Umuryango Ibuka mu Murenge wa Mageragere, biyamye Ingabire Victoire ukorera politiki mu Rwanda banasaba ko umubyeyi we Dusabe Thérèse afatwa agashyikirizwa inkiko z’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kuva icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangira hagaragaye ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bine birimo kurandura imyaka y’uwacitse ku icumu, gutema insina, gutoteza uwacitse ku icumu no gushaka gutwikira uwarokotse Jenoside.
Disi Dieudonné warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ni umwe mu Banyarwanda bafite ibigwi byinshi mu mukino wo gusiganwa ku maguru ku ntera ndende. Avuga ko umukino wo gusiganwa ku maguru wamugaruriye icyizere cy’ubuzima ukamufasha kwiyubaka.
Hirya no hino mu gihugu, by’umwihariko mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru, ibikorwa by’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biragenda byigaragaza, aho bakomeje kwibumbira mu matsinda abafasha guharanira gukira ibikomere basigiwe na Jenoside, bagana inzira yo kwiyubaka.
Abacuze umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bashakaga ko nta n’umwe uzarokoka wo kubara inkuru. Nubwo hari imiryango yazimye, ariko umugambi wabo ntiwagezweho.
Uyu ni umutwe w’inkuru yanditswe mu Kinyamakuru Kiberinka N° 7 Werurwe 23, 1992. Umwanditsi w’iyi nkuru yari n’umuyobozi w’icyo kinyamakuru, Vincent Shabakaka. Ubu hashize imyaka 29 avuze akababaro k’Abatutsi mu Rwanda n’urugomo rwabakorerwaga.
Dusengiyumva Samuel akomoka mu cyahoze ari Komini Ntongwe, ubu ni mu Karere ka Ruhango. Yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, afite imyaka 13 gusa.
Adrien Niyonshuti warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 ni umwe bakinnyi bakoze amateka muri siporo mu Rwanda aho yabaye umukinnyi wa mbere wabigize umwuga mu mukino w’amagare mu Rwanda, akanaba Umunyarwanda wa mbere wakinnye imikino Olempike muri uyu mukino.
Tariki ya 7 Mata 2021 nibwo Tania Rugamba, umwuzukuru wa Rugamba Sipiriyani, yanditse ku rukuta rwa Twitter ati "Sogokuru yahimbye ’Nzataha Yeruzalemu nshya’ tariki 6 Mata 1994 yiyumvamo gutaha kwa Jambo bukeye bwaho."
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko kuva ku wa 01 kugeza ku wa 08 Mata 2021, hamaze kugaragara ibikorwa bigaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside 22, abantu 18 bakaba ari bo bamaze kubifatirwamo.
Uwitwa Mukakayumba Marie Goreth w’imyaka 49 wavukiye mu Mujyi wa Kibuye, akaba ari na ho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yamusanze, ahamya ko iyaba ikiyaga cya Kivu cyashoboraga kuvuga cyagaragaza byinshi cyabonye.
Prof. Vincent Duclert avuga ko nk’umushakashatsi wigenga nta ruhande yabogamiyeho hakorwa iyo Raporo ku buryo hizewe ko amakuru agaragara muri iyo raporo ari ingirakamaro ku butabera n’amahoro ku Banyarwanda.
Igikorwa cyo guhuza Urwibutso rwa Kivumu mu Karere ka Rutsiro n’urwa Nyundo muri Rubavu, cyahujwe n’umunsi Interahamwe zateye Cathédrale ya Nyundo zikica Abatutsi bari bahahungiye ku itariki ya 9 Mata 1994, gusa ngo hari indi mibiri myinshi iraboneka.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Miss Rwanda 2021, Ingabire Grace, yasabye urubyiruko gushyira hamwe ngo rwubake igihugu, ari na ko rutemerera abapfobya Jenoside.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe Isi yose yari yimye amaso ibyaberaga mu Rwanda, idashaka kugira icyo ibikoraho, ahubwo ugasanga hari impaka za kumenya niba ari isubiranamo ry’amoko gusa, cyangwa se niba ari Jenoside, Umudipolomate w’Umunya-Nigeria yabwiye Akanama ka LONI gashinzwe umutekano ko (…)
Mukanoheli Josée wari ufite imyaka 10 muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aravuga ingorane yagiriye mu ivangura, ubwo yatotejwe yiga mu mashuri abanza kugeza ubwo yari mu bo batoranyaga mu ishuri ryabo ngo baheke isanduku yabaga yuzuyemo imitumba mu rugendo rwakorwaga rwitwaga urwo“Guhamba Rwigema”.
Ambasade y’u Rwanda muri Senegal inashinzwe Ibihugu bya Mali, Gambiya, Cap-Vert na Gineya Bisawu ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal bibutse ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwnda mu 1994. Iyo gahunda yabereye kuri “Place du Souvenir Africain” ahari ikimenyetso cyo kwibuka (…)
Kuri uyu wa Kane tariki ya 08 Mata 2021, ubuyobozi bwa Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura (WASAC) bibutse abari abakozi b’icyahoze ari ELECTROGAZ bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abayobozi batandukanye bifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, bakaba batanze ubutumwa basaba ko Jenoside itazongera kubaho ukundi (Genocide Never Again). Ikindi kandi bashimira uko Abanyarwanda bashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yahitanye abasaga Miliyoni bishwe mu minsi ijana.