Abantu 18 bafunzwe bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yatangaje ko kuva ku wa 01 kugeza ku wa 08 Mata 2021, hamaze kugaragara ibikorwa bigaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside 22, abantu 18 bakaba ari bo bamaze kubifatirwamo.

CP Kabera yavuze ko mu Mujyi wa Kigali hagaragaye ingero z’ibyo bikorwa eshanu, mu Ntara y’Iburasirazuba hagaragara birindwi, mu Majyepfo bitanu, mu Majyaruguru bitatu naho Iburengerazuba hagaragara bibiri.
Ati "Muri rusange hagaragaye ibikorwa 22 byose bigizwe n’amagambo asesereza yumvikanamo ingengabiterezo ya Jenoside. Abaturage uko bagomba kwitwara barakuzi bakwiye kureka ibyo bikorwa bisesereza."
Mu kiganiro yagiranye na RBA ku wa Gatanu tariki ya 10 Mata 2021, CP Kabera yavuze ko nta bikorwa byangiza imitungo y’abacitse ku icumu byari byagaragara, ariko anavuga ko atari ngombwa kuko ari ibyaha kandi bihanwa n’amategeko.
Abantu 18 ngo ni bo bari kuri sitasiyo za Polisi mu turere dutandukanye bakurikiranyweho ibyo bikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abandi bane ngo ntibarafatwa ariko na bo baracyashakishwa.
CP Kabera yasabye abaturage kubireka kuko atari byiza ahubwo bagakomeza imirimo ibateza imbere.
Agira ati "Turasaba Abanyarwanda gukurikirana gahunda z’igihugu zo kwibuka, bakirinda COVID-19 batekanye, bagakora imirimo yabo bakurikije uko ibihe byifashe."
Avuga ko igikenewe atari umubare mwinshi w’abakora ibikorwa bigaragaramo ingengabiterezo ya Jenoside ahubwo ko abaturage bakwiye kubireka kuko bazi ko ababifatiwemo babihanirwa.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ohereza igitekerezo
|