Ihungabana rigenda rifata intera uko imyaka ishira – Ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside muri Kibungo
Ignacienne Bucyeye, umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite ababo bishwe muri Jenoside bari abakozi b’icyari peregitura ya Kibungo, avuga ko ihungabana rigenda rifata indi ntera uko imyaka ishira.

Aganira n’ikinyamakuru the New Times ku wa 13 Mata 2021 mu muhango wo kunamira abishwe muri Jenoside bari abakozi ba perefegitura ya Kibungo, Bucyeye yavuze ko abari bakiri abana nyuma gato ya Jenoside nta ngaruka nini baterwaga no kwibuka, ariko nyuma yo gusobanukirwa n’uburemere bwa Jenoside, ngo abona bigenda bibagiraho ingaruka.
Bucyeye akomeza avuga ko bashyizeho umuryango wo gufasha abahura n’ihungabana kandi ngo bamaze kugera ku rwego rushimishije mu kugarurira icyizere abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ubwo bitari byoroshye.
Mu Ntara y’Iburasirazuba ku itariki 13 Mata 2021 ni bwo bunamiye abari abakozi ba Prefecture ya Kibungo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu muhango witabiriwe n’abayobozi batandukanye, ab’inzego zishinzwe umutekano n’imiryango yiciwe ababo bashyira indabyo ku rwibutso rwa Rwamagana.
Abantu 19 barimo Godfroid Ruzindana wari prefet wa perefegitura ya Kibungo ni bo bamaze kumenyekana mu bari abakozi ba prefecture Kibungo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, yibukije abari baje kwifatanya mu kwibuka, ko bagomba gukomeza gushyira imbaraga mu bikorwa byo kurwanya abahakana Jenoside, ndetse agaragaza akababaro aterwa no kuba abari urubyiruko mu bihe byashize batarigeze batozwa gukunda igihugu nyabyo.
Ari yo mpamvu ubuyobozi bw’iki gihe bwashyizeho gahunda y’itorero rigamije kubiba imbuto z’urukundo no kwitangira igihugu mu bakiri bato.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yahumurije abacitse ku icumu ababwira ko bafite Guverinoma ibahoza ku mutima, ndetse aboneraho kubashimira uburyo bakomeje guharanira kubaho bakemera gutanga imbabazi kugira ngo u Rwanda rukomeze kugira ubuzima.
Mu mazina y’abantu 19 bishwe muri Jenoside ari ku rwibutso rwa Rwamagana, harimo n’abari abakozi ba sous-perefegitura ya Kanazi na Kirehe muri perefegitura ya Kigali-Ngari n’iya Kibungo.
Ubuyobozi bw’Intara buracyakusanya amazina y’abandi bishwe muri Jenoside bo mu zindi sous-perefegitura.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|