Inzirakarengane z’Abatutsi zirimo abihayimana, ababyeyi n’abanyeshuri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baguye kuri Paruwasi y’Abangilikani (EAR Hanika) mu karere ka Nyanza, bazongera kunamirwa mu gikorwa giteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 17/06/2012.
Musenyeri wa diyosezi ya Cyangungu aherekejwe n’abapadiri 40 bo muri iyi diyosezi, kuri uyu wa gatatu tariki 13/06/2012, basuye urwibutso rwa Murambi rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu karere ka Nyamagabe.
Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Umuco na Siporo, Protais Mitali na Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi n’itsinda ry’Abadepite n’Abasenateri, bashimye akarere ka Rutsiro kashoboye kubaka urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’igihe kandi nta nkunga basabye.
Ubuyobozi bw’Urukiko rw’Ikirenga n’ubw’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda burimo kwitegura igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya kane abari abakozi b’izi nzego zombi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil ruri ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro harashyingurwa mu cyubahiro imibiri igera ku 1390 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi, mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, bahangayikishijwe n’uburyo igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kigenda giteshwa agaciro, kandi aha ari ahantu hafite amateka mabi yagize ingaruka mbi ku gihugu cyose.
Abanyeshuri batatu biga ku ishuri ryisumbuye rya APERWA, riri mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva kuwa Gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho ingengabiterezo ya Jenoside.
Egide Nkuranga, Visi Pereziza wa IBUKA, asobanura ko gushyingura abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hamwe bigira akamaro ko kurinda amateka y’urupfu rudasanzwe bapfuye, bikanafasha igihugu n’ababo kubarindira umutekano w’imva bashyinguyemo no gusurwa mu cyubahiro.
Abarokotse Jenoside bo mu karere ka Kamonyi basaba ko imva zashyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside nyuma gato ya Jenoside zakorerwa neza kuko byagaragaye ko zitangiye gusenyuka.
Imibiri y’abantu babiri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda imaze imyaka ibiri mu biro by’akagali ka Cyerezo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza itarashyingurwa mu cyubahiro.
Umunyamerika umwe rukumbi wagumye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Carl Wilkens, yaganirije abanyeshuri bo muri kaminuza ya Indiana State University muri Amerika uburyo yanze gusiga abari mu kaga.
Abanyeshuri 30 biga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya EAV-Mayaga, giherereye mu murenge wa Muyira akarere ka Nyanza, mu minsi ibiri ishize bibasiwe n’ikibazo cy’ihungabana, bigera n’aho ubuyobozi bwohereza batanu muri bo mu miryango yabo
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango bwatangiye igikorwa cyo kubaka urwibutso ruzashyingurwamo imibiri y’inzirakarengane zafungirwaga muri uyu murenge mbere y’uko zijyanwa n’interahamwe kurohwa mu mugezi wa Nyabarongo.
Depite Kamanda Charles arasaba ko byaba byiza n’abatari bihishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 bagatanze ubuhamya bigafasha gusobanukirwa na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo, arasaba abigisha iyobokamana gukangurira abo bayobora kugira uruhare mu kwerekana aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside batawe kugirango ishyingurwe mu cyubahiro.
Abanyeshuli b’Abanyarwanda baba muri Pologne bafatanyije na University of Lodz, tariki 26/04/2012, bibutse ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi. Herekanywe film hanatangwa ikiganiro hagamijwe gusobanura no kumenyekanisha uko Jenoside yagenze.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arashima uburyo w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (AERG), uburyo ifasha abo banyeshuri ibakura mu bwigunge ari nako ibafasha kongera kwiyubaka.
Abanyarwanda bakorera Arusha muri Tanzaniya, tariki 26/04/2012, bifatanyije hamwe n’abandi baturage mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’umuco na siporo unafite kwibuka Jenoside yakorewe Abatusti mu nshingano ze, atangaza ko gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi itazigera ihagarara.
Abana b’impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside bo mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bavuga ko mu bihe bitari ibyo kwibuka kenshi nta bantu babasura cyangwa ngo babafashe.
Abakozi bo muri Perezidanse ya Repubulika y’u Rwanda basuye urwibutyo rwa Jenoside rwa Nyarubuye tariki 21/04/2012 bihanganishije imfubyi za Jenoside zibumbiye muri koperative COCONYA ndetse banabemerera ubufasha.
Ishyirahamwe ry’abarimu n’abashakashatsi ba kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR) ryasabye Abanyarwanda imbabazi ku mugaragaro kubera uruhare bagenzi babo bagize mu itegurwa n’ishyirwamubikorwa bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
“Biragoye kwiyumvisha ko Jenoside yageze no mu bitaro aho gukiza abarwayi, baje bahashakira ubuzima ariko bakabwamburwa n’abakagombye kumufasha”.
IBUKA, Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), akarere na Kivu Serena Hotel baritana ba mwana mu kumenya niba hari imibiri y’abazize Jenoside yaba ikiri aho iyo hoteli yubatse.
Imihango yo kwibuka abazize Jenoside mu cyahoze ari komini Runda ikorwa hashyirwa indabo muri Nyabarongo kuko benshi mu batutsi bishwe muri Jenoside bajugunywe muri uwo mugezi.
Gusoza icyunamo mu karere ka Kirehe byabereye mu murenge wa Nyarubuye, tariki 14/04/2012, hashyingurwa imibiri 24 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hanabaye urugendo rwo kwamagana Jenoside.
Imibiri 163 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, tariki 14/04/2012, yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa ruri mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Abarokotse Jenoside mu karere ka Rwamagana barifuza kubarura umubare w’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi hakamenyekana umubare n’amazina yabo ndetse n’ababikoze kugira ngo ayo mateka atazibagirana mu gihe abarokotse bazaba batangiye gusaza.
Ubuhamya n’ubutumwa bwatangiwe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo byagaragaye ko mu cyahoze ari komini Kibirira ariho hakorewe igeragezwa rya Jenoside mu 1990 ubwo Abatutsi bari bahatuye batangiye kwicwa abandi bakameneshwa.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe na bamwe mu badepite mu nteko ishingamategeko, ndetse na bamwe mu bayobozi batandukanye mu ntara y’uburengerazuba, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rutsiro, mu muhango wo gusoza icyumweu cy’icyunamo, cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.