Umuhanzi Rwibutso Innocent uvuka mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango, avuga ko guhanga indirimbo z’icyunamo bituma yumva aruhutse umuzigo munini yikorejwe na Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka 1994.
Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi Umunyarwanda utavuga rumwe na Leta ya Kigali witwa Boniface Rutayisire, tariki 07/04/2012 mu mujyi wa Bruxelles, ubwo yashakaga gukora imyigaragambyo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hari abagihura n’ihungabana baterwa n’ibyo banyuzemo uretse ko abantu bose badapfa kwemera ko abo bantu koko baba bahuye n’ihungabana.
Abayobozi ba guverinoma y’u Buhinde, abahagarariye ibihugu byabo, abashoramari n’inshuti z’u Rwanda zifatanyije n’Abanyarwanda baba mu Buhindi tariki ya 07/04/2012 ubwo u Rwanda rwatangizaga icyumweru cy’icyunamo hibukwa inzirakarengane zaguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda irateganya gushyingura mu cyubahiro imibiri 15 y’abazize Jenoside bakuwe mu miringoti no mu mirima iri mu ishyamba rikikije iyi kaminuza, mu gikorwa kizaba tariki 21/04/2012.
Akarere ka Rulindo kavuze ko mu cyunamo cy’umwaka utaha abandi Banyarwanda batahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazatanga ubuhamya bw’ibyabaye kuko nabo babizi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere kwiyumanganya kugira ngo uwashatse ko batabaho atazabona bababaye akishima.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barahamagarira buri Munyarwanda guharanira ubumwe kugira ngo yiyubakire igihugu. Ubumwe n’ubwiyunge byagarutseho henshi mu midigudu igize akarere ka Gatsibo ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nsuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwifatanyije n’abandi Banyarwanda kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Akarere ka Ruhango kifatanyije n’abandi Banyarwanda ndetse n’isi yose kwibuka ku nshuro ya 18 inzirakarengane zazize Jenoside ya korewe Abatutsi mu 1994.
Muri iki gihe twibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, abaturage b’umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke biyemeje gukusanya amafaranga miliyoni zirenga gato icyenda mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu batishoboye.
Abarokotse Jenoside i Mwurire mu karere ka Rwamagana bavuga ko kurokoka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari igitangaza gikomeye ku buryo batabona uko bashimira uwo ari we wese wagize uruhare mu kurokora abahigwaga.
Ubwo hatangizwaga icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Rubavu, abana b’imfubyi basabye Abanyarwanda kurushaho kubegera bakababera ababyeyi.
Perezida Kagame arihanangiriza abatavuga rumwe na Leta baba hanze y’igihugu ko nta ngaruka n’imwe bashobora guteza umurongo u Rwanda rugenderaho wo kwiteza imbere.
Umuyobozi w’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside (IBUKA) arasaba Leta gushyira ingufu mu kubonera ubufasha bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abasore n’inkumi bagera kuri 20 biganjemo abahanzi, abakora mu bijyanye n’umuziki (producers) na bamwe mu banyamakauru bakora kuri radiyo y’abaturage ya Musanze bihurije muri Fondation Kabeho barakangurira abandi kwitabira ibikorwa by’icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.
Nubwo icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 kizasozwa tariki 13 Mata, urebye mu Karere ka Huye ni bwo hazaba hatangiye imirimo yo kwibuka nyir’izina kuko ari bwo hazatangira igikorwa cyo kwibuka mu mirenge igize aka Karere.
Umuyobozi w’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu (IBUKA) mu Karere ka Gakenke atangaza ko imiryango 45 y’abacitse ku icumu itarishyurwa imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’i 1994.
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe bikomeye barimo byo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batishoboye bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga barasabwa gufata neza amazu bubakiwe kugira ngo atazabapfira ubusa.
Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG), tariki 05/04/2012, cyatanze inka 53 mu mirenge 9 kuri 13 igize akarere ka Ngororero mu rwego rwo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye bo muri ako karere.
Urubyiruko nk’imbaraga n’amizero by’igihugu ndetse n’imbaraga zakoreshwa mu gusigasira amateka yaranze u Rwanda, rurasabwa kugaragaza uruhare rwarwo muri gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.