Rusizi: Barasabwa gutanga amakuru ku mibiri y’abazize Jenoside igihishe mu masambu

Imibiri 10 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yataburuwe mu masambu y’abaturage mu murenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi nyuma y’imyaka 18 ahingwamo imyaka yashyinguwe mu cyubahiro tariki 17/08/2012.

Kubera ko iyo mibiri yari imaze imyaka 18 mu mirima kandi ihingwamo, abaturage bongeye gukangurirwa kujya bagaragaza aho imibiri y’abishwe yajugunywe kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Imibiri y'abazize Jenoside iri gushyingurwa mu cyubahiro.
Imibiri y’abazize Jenoside iri gushyingurwa mu cyubahiro.

Hagawe bamwe mu baturage baba bafite amakuru ariko bakanga kuyatanga, cyane ko iyi yabonetse mu masambu asanzwe ahingwamo.

Umunyamabanga Nshyingwabikorwa w’umurenge wa Nyakabuye, Ingabire Joyeux, asaba aba baturage gutanga aya makuru kuko hari makuru avuga ko hakiri indi mibiri muri ako gace itaragaragazwa.

Padiri asabira umugisha abazize Jenoside.
Padiri asabira umugisha abazize Jenoside.

Sinzabakwira Jean Bosco yatanze ubuhamye avuga ko mu byo batekerezaga batari bazi ko bakwicwa kuko ngo babonaga ntacyo bazira ariko siko byabagendeye.

Umuyobozi wa Police mu murenge wa Nyakabuye, AIP Nsabumuremyi Jerome, yashimye abatanze amakuru kuri iyo mibiri 10 yashyinguwe mu cyubahiro ariko yongera kugaya abagihingira urutoki n’ibijumba hejuru y’imibiri y’abazize Jenoside.

Yabasabye gucika kuri iyo kamere mbi bagafata umurongo w’abandi Banyarwanda bagezeho wo gukorera hamwe bubaka igihugu bakiganisha mu iterambere.

Abaherekeje ababo bitwaje indabo.
Abaherekeje ababo bitwaje indabo.

Imibiri yashinguwe yabonetse tariki 05/07/2012 mu kagari ka Gaseke umudugudu wa Kinunga.

Umuhango wo gushyingura mu cyubahiro iyo mibiri wabimburiwe n’igitambo cya Misa cyayobowe na Padiri Nsengumuremyi Thadee nyuma yaho hakurikiyeho umuhango wo gushyira iyi mibiri mu imva.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka