Ahitwa Kabakobwa haherereye mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, hashyinguwe abazize Jenoside yo muri Mata 1994 bagera ku 27020. Iki gikorwa cyabaye ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2013.
Ubwo abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bibukaga ku nshuro ya kabiri bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abafashe amagambo hafi ya bose bibanze ku mbaraga abacuruzi bikorera bagaragaje mu gushyigikira Jenoside.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo (PSF) mu karere ka Nyanza, ku mugoroba wa tariki 30/06/2013, bibutse abacuruzi 144 bimaze kumenyekana ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 94, hirya no hino mu karere ka Rulindo hakomeje kubera ibikorwa byo kwibuka mu bigo by’amashuri, aho abanyeshuri bigishwa bakanasobanurirwa ibyabaye muri Jenoside.
Umufaransa witwa Jacques Moler wo mu ishyirahamwe ryitwa “La Survie”, yemeza ku mugaragaro ko u Bufaransa bwagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) wibutse ku nshuro ya kabiri abakozi bawo batandatu bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abaturage bahoze batuye mu cyahoze ari Komini Mutura bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bavuga ko Jenoside yatangiye 1990 hakorwa igeragezwa kugera 1994.
Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, imiryango y’abishwe bari abakozi b’ibitaro bya Kiziguro mu karere ka Gatsibo barasabwa kudaheranwa n’agahinda ahubwo bagaharanira kwigira.
Kuba mu cyahoze ari Komini Rwamatamu yo muri Perefegitura ya Kibuye hari hatuye Abatutsi benshi byatumye hakorwa ubwicanyi bukaze cyane mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yo muri Mata 1994.
Kuri iki cyumweru tariki 23/06/2013, mu karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo kwibuka Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 94 bakajugunywa mu mazi.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya mbere abaguye I Nyarushishi mu karere ka Rusizi, Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin yavuze ko yiyamye ku mugaragaro abashyigikiye ko u Rwanda rushyikirana na FDLR kuko yahekuye u Rwanda.
Abayobozi n’abakozi b’isosiyeti itwara ibintu bitumizwa mu mahanga yitwa Bolollé Africa Logistics baratangaza ko abanyamahanga bakwiye kwigishwa ibyabaye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko hari abatabizi cyangwa babyumva nabi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo, tariki 21/06/2013, bwibutse kandi bwunamira abantu 93 bari abakozi bizahoze ari perefegitura za Gitarama, Butare na Gikongoro bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubushakashatsi bwakozwe kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yarangira burerekana ko Abatutsi baguye mu bitaro bya Kabgayi byo mu karere ka Muhanga bagera kuri 31.
Ku mugoroba wa tariki 19/06/2013 ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bwari mu muhango wo kwibuka abahoze ari abakozi b’amakomini yahujwe akaba akarere ka Nyanza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013 yibutse ku nshuro ya mbere abana n’abagore bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakina umukino wa Cricket mu Rwanda baratangaza ko gusura urwibutso rushyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama mu karere ka Bugesera bitumye biga byinshi mu mateka yayo.
Perezida wa IBUKA mu karere ka Kamonyi, Murenzi Pacifique, arashima ubuyobozi bw’Urwunge rw’amashuri rwa APE Rugunga, bwazanye abanyeshuri barwo gusura urwubutso rwa Jenoside rwo ku Kamonyi, ngo birebere ukuri ku byabaye muri Jenoside.
Pasiteri Daniel Uwimana usengera mu itorero rya ADEPR mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi yatanze ubuhamya butangaje bw’umusore wanze kubabarira uwo yendaga kwica muri Jenoside ariko akimara kumwica nawe ahita apfa.
Mu kiganiro yatanze ubwo ishuri INILAK ishami rya Nyanza ryibukaga ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, Hon. Depite Kalima Evode yanenze abantu bari barize muri icyo gihe ariko ntibibabuze kuyigiramo uruhare.
Ishuli ribanza rya Busoro ryubatse mu kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro ryibutse abanyeshuli 24 n’umwarimu wabo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ibitaro bikuru bya Kibuye ku cyumweru tariki 09/06/2013 byibutse abahoze ari abakozi ba byo, abarwayi, abarwaza, abakozi b’ibigo nderabuzima n’abandi bo mu miryango yabo barenga 40 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Tariki 08/06/2013, abaturage bo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bibutse abantu biciwe muri kiliziya ya Gaturika ya Cyangugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagize ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda, baratangaza ko gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama mu karere ka Bugesera bibahaye ingufu zo kurwanya ikibi cyose aho cyava kikagera.
Abaturage bo mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera ku mugoroba wo kuwa 07/06/2013 bakoze urugendo rugana ku gishanga gikikije Akagera mu rwego rwo kwibuka Abatutsi biciwe muri icyo gishanga, abandi bakarohwa mu mugezi w’Akagera mu gihe cya Jenoside.
Urwunge rw’amashuli rwa Hanika, Maranatha na COSTE & IT Hanika ku mugoroba wa tariki 07/06/2013 byihurije hamwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.
Vice perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sylvie Kayitesi Zainabu, arasaba abacamanza kwihutisha imanza z’imitungo y’abarokotse Jenoside ibyo bibazo bikarangira, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakabona ubwo butabera.
Ubuyobozi n’abakozi b’ibitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro, tariki 06/06/2013 bibutse abari abakozi babyo babiri n’umurwaza umwe wari ugemuriye umurwayi akaza kuhicirwa muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakozi bose b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) bibutse ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo guhuza insanganyamatsiko y’uyu mwaka n’inshingano z’icyo kigo, zijyanye no guharanira iterambere cyangwa kwigira.