Irebere uko igitaramo cya Seka Live cyagenze (Amafoto)

Igitaramo ngarukakwezi cy’urwenya gitegurwa na Arthur Nation, cyatamyemo umunya-Nigeria Kenny Blaq na mugenzi we wo muri Afurika y’Epfo Ndumiso Lindi.

Iki igitaramo cyitabiriwe n’abakunda guseka cyatangijwe n’abanyarwenya bo mu Rwanda bakizamuka.

Umwe muri abo banyarwenya ni umusore witwa Patrick wiga muri Kaminuza y’u Rwanda. Yagarutse ku rwenya rw’uburyo abakire babaho mu buryo butandukanye birindira umutekano bitewe n’amafaranga bafite.

Umwana wa Pasiteri witwa Merci, yagarutse ku ndirimbo z’abarokore, uburyo ziririmbwa n’amagambo aba arimo.

Nkusi Arthur uzwi nka Rutura ni we wari uyoboye igitaramo
Nkusi Arthur uzwi nka Rutura ni we wari uyoboye igitaramo

Umukobwa ukizamuka witwa Milly yasekeje benshi avuga inkuru y’umusore bahuye. Izo nkuru ze, kuririmba kwe ndetse n’ijwi rye byashimwe na benshi.

Ndumiso Lindi uturuka muri Afurika y’Epfo, yibukije benshi uburyo indirimbo zo mu myaka ya 1990 zafashaga gutanga ubutumwa mu bakundana.

Captain Father, umwe mu banyarwenya bakizamuka
Captain Father, umwe mu banyarwenya bakizamuka

Umunya Nigeria Kenny Blaq we yavuze ku itandukaniro ry’ababyeyi b’Abanyaburayi n’Abanyafurika. Yaririmbaga azenguruka mu bari bitabiriye igitaramo cya Seka Live bakaganira.

Arthur Nkusi wari uyoboye iki gitaramo yashimiye abitabiriye Seka Live, anabizeza ibihe byo guseka buri kwezi.

Umunyarwenya Nimu Roger na we yari ahari
Umunyarwenya Nimu Roger na we yari ahari
Milly ni we mukobwa w'umunyarwenya wafatanyije n'abandi muri iki gitaramo
Milly ni we mukobwa w’umunyarwenya wafatanyije n’abandi muri iki gitaramo
Umunyarwenya Patrick abinyujije mu rwenya yagaragaje uburyo abakene bagira umutekano kurusha abakire
Umunyarwenya Patrick abinyujije mu rwenya yagaragaje uburyo abakene bagira umutekano kurusha abakire
Merci, umwana wa Pasiteri na we yateye abantu urwenya yibanda ku byo mu nsengero
Merci, umwana wa Pasiteri na we yateye abantu urwenya yibanda ku byo mu nsengero
Abanyarwenya Patrick na Merci
Abanyarwenya Patrick na Merci
Migisha Gerome na Michael Sengazi, bamwe mu batangije Comedy Knights
Migisha Gerome na Michael Sengazi, bamwe mu batangije Comedy Knights
Umunyamakuru Sandrine Isheja Butera ari mu baryohewe n'urwenya
Umunyamakuru Sandrine Isheja Butera ari mu baryohewe n’urwenya
Merci n'undi muntu yari ahamagaye yiyizera mu cyongereza amusaba gushyira mu cyongereza amagambo 'akari aha kajya he' biramunanira
Merci n’undi muntu yari ahamagaye yiyizera mu cyongereza amusaba gushyira mu cyongereza amagambo ’akari aha kajya he’ biramunanira
Umunyarwenya Ndumiso Lindi uturuka muri Afurika y'Epfo yari yatumiwe muri iki gitaramo
Umunyarwenya Ndumiso Lindi uturuka muri Afurika y’Epfo yari yatumiwe muri iki gitaramo
Israel Mbonyi uzwi mu ndirimbo zihimbaza Imana na we yari yitabiriye igitaramo cy'aba banyarwenya
Israel Mbonyi uzwi mu ndirimbo zihimbaza Imana na we yari yitabiriye igitaramo cy’aba banyarwenya
Kenny Blaq wo muri Nigeria ni we waje gusetsa abantu nyuma y'abandi banyarwenya
Kenny Blaq wo muri Nigeria ni we waje gusetsa abantu nyuma y’abandi banyarwenya

Amafoto: Promesse Kamanda

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka