Burera: Abacitse ku icumu rya Jenoside barasabwa kwiyumanganya

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burasaba abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo muri ako karere kwiyumanganya kugira ngo uwashatse ko batabaho atazabona bababaye akishima.

Umuyobozi w'akarere ka Burera ashyira indabo ku rwibutso rw'i Rusarabuye ahashyinguye imibiri 67
Umuyobozi w’akarere ka Burera ashyira indabo ku rwibutso rw’i Rusarabuye ahashyinguye imibiri 67

Ubwo mu karere ka Burera batangizaga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, umuyobozi wa Burera yagize ati “Uwashatse kubarimbura ubu ntwabwo anezerewe kuko yifuzaga ko muba mudahari kuba muhari rero mujye muzirikana mu ngabire Imana yabahaye, ariyo mpamvu musabwa kwiyumanganya”.

Mbere y'umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka habanje urugendo
Mbere y’umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka habanje urugendo

Uhagarariye abacitse ku icumu mu karere ka Burera, Niyonsenga Fabien, avuga ko abacitse ku icumu bo muri ako karere baharaniye kwiyubaka. Biremyemo ikizere cyo gukora kugira ngo biteze imbere.

Niyonsenga avuga ko akarere ka Burera kababa hafi kakabafasha. Agira ati “tugirana imikoranire myiza n’akarere. Cyane cyane abahabwa inkunga y’ingoboka ibageraho”.

Kwibuka mu karere ka Burera byabereye mu murenge wa Rusarabuye
Kwibuka mu karere ka Burera byabereye mu murenge wa Rusarabuye

Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, mu karere ka Burera wabereye mu murenge wa Rusarabuye ahashyinguye imibiri y’abazize Jenoside igera kuri 67.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka