Rulindo: Mu cyunamo cy’umwaka utaha si abarokotse bazatanga ubuhamya gusa

Akarere ka Rulindo kavuze ko mu cyunamo cy’umwaka utaha abandi Banyarwanda batahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazatanga ubuhamya bw’ibyabaye kuko nabo babizi.

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Kangwagye Justus, yavuze ko bitari bikwiye ko abarokotse Jenoside baba aribo batanga ubuhamya bonyine kandi hari n’abandi Banyarwanda babibonye ndetse batanahigwaga.

Yagize ati: “Ntiwishe kandi ntabwo wahigwaga ndetse wari ukuze; ushobora gutanga ubuhamya ndetse ukabutanga neza kurusha bariya bana bari bafite imyaka itandatu muri Jenoside”.

Bashyira indabo ku rwibutso
Bashyira indabo ku rwibutso

Ibi byanasabwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’Amajyaruguru, Kabagamba Deogratias, wibukije ko icyunamo atari icy’igice cy’imwe cy’Abanyarwanda ahubwo ari icy’Abanyarwanda bose.

Nubwo kuba n’abataracitse ku icumu kuzatanga ubuhamya bitoroshye ngo bizeye kuzabigeraho kuko hari igihe gihagije kandi ngo icyo biyemeje bakigeraho; nk’uko Ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo yabyemeje.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

wabereye mu Murenge wa Rusiga ku Rwibutso rwa jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, rukaba rushyinguyemo imibiri 6002

yanditse ku itariki ya: 9-04-2012  →  Musubize

KO MUTATUBWIYE AHO UYU MUHANGO WO KWIBUKA WABEREYE MU KARERE KA RULINDO. UWABIMENYA YAMBWIRA AHO ARIHO.

OK yanditse ku itariki ya: 7-04-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka