Mu kiganiro ubuyobozi bw’akarere bwagiranye n’abanyamakuru tariki 08/02/2013, bwavuze ko gare y’akarere ka Ruhango izubakwa ahitwa mu mudugudu wa Gataka akagari ka Nyamagana hafi y’isoko rya kijyambere.
Abaturage bo mu mirenge yo mu karere ka Gisagara, imaze gushyirwamo umuriro w’amashanyarazi mu bihe bya vuba, barasaba ko bakwishyurwa amafaranga agurana amasambu yabo yacishijwemo insinga bemerewe none hakaba hagiye gushira umwaka batarayahabwa.
Gatare Christophe w’imyaka 30, akanaba umwalimu ku kigo cy’amashuri cya Ndora, afungiye kuri station ya Polisi ya Gisagara akurikiranyweho gusambanya no gutera inda umunyeshuri w’imyaka 17 wiga muri iki kigo cy’amashuri cya Ndora giherereye mu karere ka Gisagara.
Ubwo yasuraga ikigo cya Tumba college of Technology giherereye mu karere ka Rulindo, tariki 08/02/2013, Minisitiri w’Uburezi yasabye ko ikigo nk’iki kigisha ubumenyi ngiro cyakagombye kugira uruhare mu iterambere ry’akarere bityo ibyo bigisha bikagirira abaturage umumaro.
Abaganga 20 b’abasuwisi, bari bamaze iminsi 13 babaga abagore barwaye indwara yo kujojoba “fistule” mu bitaro bya Ruhengeri, basoje icyo gikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 08/02/2013, igikorwa cyakozwe mu rwego rw’inkunga Ubusuwisi butera u Rwanda.
Nyuma y’imvururu zagaragaye ku kibuga i Rusizi ubwo Espoir FC yakinaga na Police FC tariki 19/01/2013, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda(FERWAFA) ryahanishije iyo kipe kuzakina na Etincelles kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013 ari nta bafana bahari.
Imbuto Foundation irashishikariza abaturage bo mu karere ka Burera kwirinda icyorezo cya SIDA bipimisha ku bushake kugira ngo bamenye uko bahaze bityo bahangane n’ubwandu bushya bw’icyo cyorezo.
Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.
Umurambo w’umugabo witwa Munyantore Athanase wabonetse ahagana saa mbiri za mu gitondo cyo kuwa 07/02/2013 mu mudugudu wa Ndaberewe, akagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru mu Rwanda irasubukurwa kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013, hakinwa imikino y’umunsi wa 16, ahari umukino ukomeye ugomba guhuza APR FC na Police FC ku Kicukiro.
Nkurunziza Gustave na Antoine Sebarinda nibo bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB), hakazamenyekana uwatsinze nyuma y’amatora azaba kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2012 ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe i Remera.
Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zishinzwe gufasha ibihugu by’Afurika bibungabunga amahoro ku isi (ACOTA), barasuzuma niba hari icyo bavugurura ku myitozo ihabwa ingabo zijya mu butumwa bw’amahoro hanze.
Dufitumukiza Elias ufite uruganda rutunganya umuceri rwitwa “Ruhuha Kundumurimo Ltd” ruri mu karere ka Bugesera aratangaza ko ku kwezi ahomba amafaranga arenga miliyoni eshatu kubera uruganda rwe rwafunzwe.
Umusaza Nkurikiyinka Damien utuye mu kagari ka Gitisi, umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, arasaba inzego zibishinzwe kumukurikiranira ikibazo cy’isambu ye yangijwe kuko nta handi yakura ubushobozi bwo gutunga umuryango we.
Mu nama yagiranye n’abayobozi b’inkeragutabara ku nzego zose zigize akarere ka Gatsibo, Brig Gen Murokore Eric ukuriye Inkeragutabara ku rwego rw’intara y’iburasirazuba yazishimiye umurava zagize mu gucunga umutekano hakaba haravuyemo umusaruro ushimishije.
Heka Francois w’imyaka 32 na Habiyaremye Rudomoro w’imyaka 26 bazwi nk’abakuriye itsinda ry’abantu bacucura abaturage utwabo baje kurema isoko rya Gakenke bakoresheje umukino uzwi nka kazungunarara bari mu maboko ya Polisi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa 08/02/2013
Imibavu ituruka mu Rwanda ngo irakunzwe ku masoko yo mu Bufaransa no mu Buyapani kandi no mu mamurikagurisha mpuzamahanga u Rwanda rwajyanyemo iyi mibavu, byagaragaye ko abashaka imibavu ikomoka mu Rwanda ari benshi bitewe n’ubwiza bwayo.
Umukozi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) ushinzwe igenamigambi mu Ntara y’Iburengerazuba, Sekamondo Francois, yemeza ko uturere twose two mu Ntara y’Iburengerazuba turamutse dukoze ibikorwa by’iterambere byagabanya ibibazo by’ubukene bigaragara muri iyo Ntara.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bufashe icyemezo cyo guhagarika itemwa ry’amashyamba, abaturage barasaba ko bakomorerwa kuko ayo mashyamba abaha amafaranga bakeneye mu gukemura ibibazo bitandukanye.
Abacuruzi bitwa ko ari banini nibo bakomeje guhangayikisha Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), mu kutitabira gutanga imisoro no kutavugisha ukuri ku bucuruzi bwabo, ugereranyije n’abacuruzi bato bato, nk’uko bitangangwa n’ubuyobozi bw’iki kigo.
Akarere ka Nyamasheke karashimira Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ku mahugurwa yahaye abafite mu nshingano zabo imiturire muri aka karere ajyanye no gukora ibishushanyo no gufata ibipimo by’imidugudu.
Ku gicamunsi cya tariki 07/02/2013, Abanyarwanda 48 barimo abasirikare babiri bahoze muri FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi bavuye mu mashyamba yo muri Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaya umurenge wa Nyarusange kuba ariho hasigaye akagari katagira inyubako gakoreramo. Akagari ka Rusovu nta nyubako gafite gakoreramo yako kuko aho gakorera ari ahantu katiye.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagabo batatu aribo Daniel Habumuremyi, Emmanuel Nshimiyimana na Jean Pierre Maniriho bakekwaho gutwara forode y’inzoga ya Chief Waragi.
Nyirandababonye Dative utuye mu mudugudu wa kabiri, akagari ka Gikatsa, umurenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, arasaba ubuyobozi kumufasha mu bibazo afitanye n’umugabo we kuko yamubwiye ko azamukubita agafuni, kandi ngo afite ikibazo cy’uko yazabikora.
Ibihugu bihuriye mu muryango w’iterambere ry’Afurika y’Amajyepfo (SADEC) byohereje intumwa kugira ngo zirebe uko umutekano mu burasirazuba uhagaze mbere y’uko byohereza yo ingabo mu gucunga umutekano no guhashya imitwe yitwaza intwaro.
Ku bufatanye bw’akarere ka Burera na Farumasi y’ako karere, ibigo nderabuzima 17 byo muri ako karere, tariki 07/02/2013, byahaye mudasobwa ndetse na Modem kugira ngo bibafashe kunoza akazi ka bo ka buri munsi.
Imiryango 50 yo mu mirenge itanu yo mu karere ka Burera, harimo n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka ndetse n’iy’ababana n’ubumuga, tariki 07/02/2013, yagabiwe inka kugira ngo ive mu bukene, igire imibereho myiza.
Nyiramvuyekure Petronile wayoboraga akagari ka Gasheke, mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga asaga miliyoni 1 yari yishyuwe imitungo yangijwe mu gihe cya Jenoside ariko we ntayashyikirize bene yo nyuma yo kuyishyuza.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yakoranye inama n’abaturage 25 bafite isambu mu murenge wa Runda uruganda Ruliba Clays LTD rushaka gucukuramo ingwa, maze abamenyesha ko akarere kemeye kubaha ingurane maze kakaziyumvikanira na Ruliba.
Umuryango Zonta International uri gusura ibice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo kureba uko inkunga utera u Rwanda binyuze mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (Unicef) ikoreshwa.
Ibitaro bya gisirikare biri i Kanombe, ku bufatanye n’umuryango w’abakorerabushake b’Abanyamerika witwa Face the Future Foundation, tariki 07/02/2013, byatangiye kuvura abantu batari bafite icyizere na gike cyo kuba bazima nk’abandi, bitewe n’uburwayi cyangwa ubumuga bukomeye bafite.
Ubwo hizihizwaga umunsi wo kurwanya SIDA mu rwego rw’akarere ka Ngoma, tariki 06/02/2013, ibiyobyabwenge byashyizwe mu majwi mu ituma ubwandu bushya bwiyongera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burashima abafatanyabikorwa b’umushinga w’Ababiligi PROTOS ko bafasha akarere mu bikorwa cyane cyane by’iterambere ry’icyaro birimo isuku n’isukura, kugeza amazi meza ku baturage, kwita ku bidukikije, guca amatelasi y’indinganire n’ibindi.
Komite zishinzwe imiturire mu turere zirasabwa gukorera hamwe zikamenyekanisha gahunda ya Leta y’imiturire ivuguruye kugirango gahunda y’iterambere ry’imijyi n’imiturire ivuguruye mu cyaro igerweho mu gihe cyateganyijwe muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2).
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramagana abakoresha ibikoresho bisakuza nk’indangururamajwi n’ibindi bikoresho by’umuziki, kuko nubwo buri wese yemerewe kwisanzura mu myidagaduro n’amakoraniro, agomba kubikora mu buryo bwubaha uburenganzira bw’abandi.
Abagore bacuruza imboga mu isoko rya Ngororero barasaba ko amafaranga yongerewe ku misoro batangaga yakurwaho maze bakabanza bagasobanurirwa impamvu zuko kuyongera nabo bagatanga ibitekerezo ndetse n’imbogamizi babona.
Abakuru b’imidugudu bo mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga barasabwa kongera ingufu mu bukangurambaga ku bwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) kuko ubu uwo murenge ariwo uza inyuma mu karere ka Muhanga kose.
Abaturage bo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko iyo abayobozi babasanze iwabo mu mirenge bagafatanya gukemura ibibazo mu ruhame ibibazo byari byarananiranye bikemuka vuba kandi mu buryo bunoze.
Ubuyobozi bw’abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugaragaza amahirwe yo gushora imari muri uyu murenge kuko ufite amahirwe menshi yo gukorerwamo ubucyerarugendo n’amahoteli.
Umusore w’imyaka 17 wo mu kagari ka Cyunuzi ho mu murenge wa Gatore yahisemo kujya yivugira ko ari umukobwa, ndetse akaniyambarira imyenda y’abakobwa kuko ngo we yumva muri we ari umukobwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangije urubuga rwa internet rukubiyeho amakuru yose ku mahirwe ari mu Rwanda umuntu ushaka gushora imari mu Rwanda yakwifashisha. Urubuga ruzaba rugaragaza n’andi makuru atandukanye ya serivisi zitangirwa mu Rwanda.
Umuvugizi w’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) yanyomoje amakuru yatanganzwe n’umuvugizi w’imiryango itagengwa na Leta yo muri Congo wavuze ko ingabo za M23 zavuye mu duce zirimo zigasatira umujyi wa Goma zibifashijwemo n’ingabo z’u Rwanda.
Kamana Richard uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kennedy, wo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, aravuga ko akeneye ubufasha kuko afite impano yo guhanga.
Imiryango 48 yabanaga bitemewe n’amategeko hamwe n’abiteguraga kurushinga basezeranye imbere y’amategeko tariki 06/02/2013 mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama ho mu karere ka Kirehe.
Amaresitora ane yo mu karere ka Gicumbi (Giramata, Restaurant ya La Confiance, New STAR RESTAURANT na BAR ahahoze ari OBEX) yafunzwe tariki 06/02/2013 kubera umwanda wo mu bikoni no mu bwiherero.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu rwego rwo gushakira umutekano amakamyo ajyana ibicuruzwa muri Congo akunze gutinda ku mupaka bwashyizeho ahantu agomba kuruhukira nubwo hatajyanye n’igihe.
Umwana w’imyaka 13 wo mu gihugu cy’u Bushinwa amaze imyaka 12 abana n’inzoka “uruziramire” nta kibazo. Muri icyo gihe cyose, uwo mwana ayifata nk’inshuti magara babana ijoro n’amanywa.
Akarere ka Rubavu gashima intambwe kamaze gutera mu gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kuko muri miliyoni 521 kemeye gutanga, izigera kuri 140 zimaze gutangwa.