Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Senat, Bernard Makuza, yifatanyije n’Abanyakarongi mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya Ibiza. Igikorwa cyabereye mu kagari ka Bubazi umudugudu wa Bunyankungu, umurenge wa Rubengera aharimo kubakwa amazu 384 y’icyitegererezo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013.
Nyuma y’umukino wa nyuma wa shampiyona uyihuza na Espoir FC kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013, ikipe ya Rayon Sport irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ku nshuro yayo ka karindwi.
Umwe mu Banyarwanda bari barafatiwe mu mujyi wa Goma agahohoterwa yarekuwe aho yari afungiye mu kigo cya Gisirikare cya Camps Katindo, nyuma yo gucunzwa ibyo yarafite. Ibi bibaye nyuma y’aho bivugwa ko hari abandi Banyarwanda bafatirwa muuri uyu mujyi n’inzego z’umutekano bagahohoterwa.
Umugore wo mu kigero cy’imyaka 40 utuye mu murenge wa Nyakiriba, akarere ka Rubavu, mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu tariki 25/05/2013, yabyaye umwana uteye nk’igisimba kuko yaba isura kimwe n’igice cyo hasi hose hameze nk’inyamaswa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari usoza, mu karere kose hamaze gukemurwa ibibazo by’abaturage 501. Ibyo byakozwe mu rwego rw’imiyoborere myiza n’iterambere ry’abaturage.
Kugeza ubu mu karere ka Musanze harabarurwa imirenge SACCO 15; ifite inyubako zayo bwite ikaba ari 10, cyakora ngo n’indi itanu isigaye izaba ifite inyubako zayo bwite bitarenze impera z’uyu mwaka.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Alexis Nzahabwanimana, yemeza ko ibikorwaremezo byo mu karere ka Nyanza biri mu nzira nziza. Ibi yabitangaje ubwo yasuraga imihanda iri gukorwa muri aka karere, Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/05/2013
Umunyabanga mukuru w’Umuryango w’abibumbye Ban Ki Moon yemeje ko mu gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere zinyuranye zirimo kuvana abaturage benshi mu bukene no gushyira mu myanya ifata ibyemezo abagore, nta kabuza ko u Rwanda rurimo kugera ku ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).
Ahagana saa mbili na mirongo itanu z’ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 24/05/2013, abaturage bo mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, bakanzwe n’urusaku rw’amasasu gusa kugeza ubu icyateye aya masasu ntikiramenyekana.
Kuri uyu wa gatanu tariki 24/5/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye Ambasaderi mushya w’igihugu cy’Ubuyapani, Kazuya Ogawa, wamusezeranyije ko azakomeza ibikorwa by’iterambere igihugu cye gisanzwe gifashamo u Rwanda, ndetse no kongera ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi.
Ashingiye ku itegeko nshinga, Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma maze uwari Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama asimburwa na Busingye Johnson. Musoni Protais wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri yasimbuwe na Madamu Stella Ford Mugabo.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu, World vision, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko uzakomeza kunganira Leta muri gahunda z’iterambere zirimo kwita ku buzima bw’abana n’ababyeyi, guteza imbere uburezi, ibikorwaremezo no gufasha abakene kwibonera ibiribwa, mu turere 21 tw’u Rwanda.
Urubyiruko rwiga mu ishuri ryisumbuye (Ecole Secondaire Islamique de Ruhengeri ‘ESIR’), ruravuga ko rutazubakira ejo hazaza harwo ku bitekerezo bibi by’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside byaranze inshabwenge za Jenoside.
Kuri uyu wa 24/05/2013, mu Karere ka Gatsibo hatangiye ibiganiro ku migendekere y’amatora y’abadepite atagenyijwe mu gihugu hose tariki 16/09/2013.
Abantu barindwi bafungiye kuri station ya Polisi ya Rubavu bakurikiranyweho ibikorwa byo gukopera ibizami by’impushya z’ibinyabiziga mu manyanga taliki 21/05/2013. Abacyekwa bagishakishwa ni 48.
Abana b’abakobwa 6000 nibo barebwa na gahunda yo gukingira kanseri y’inkondo y’umura, yibasira abagore, nyamara ngo ikaba ishobora kwirindwa igihe umwana w’umukobwa afashe urukingo rwayo hakiri kare.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere kwirinda imanza za hato na hato ngo kuko umuntu uhora mu manza akena bitewe nuko agurisha ibyo atunze kugira ngo abone amafaranga yo kujya muri izo manza.
Nyandwi Felicien w’imyaka 42 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gaseke mu kagari ka Gatare mu murenge wa Macuba wo mu karere ka Nyamasheke afungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma yo gukomeretsa umugore we amukata umunwa.
Semwiza Jean Damascene, umuturage wo mu Mudugudu wa Gaseke, Akagari ka Rango A, ho mu Karere ka Huye, yiyemeje guhinga urutoki mu buryo bwa kijyambere, ndetse anareka ibindi yari asanzwe akora.
Mu karere ka Rutsiro hatashywe ku mugaragaro inyubako 13 z’imirenge SACCO, zose hamwe zikaba zuzuye zitwaye amafaranga miliyoni 304 n’ibihumbi 270.
Komisiyo y’igihugu y’abana yahaye umuryango wa Calixte Gasasira na Mujawamariya Cecile isambu ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 950. Uyu muryango mu murenge wa Rwimiyaga ho mu karere ka Nyagatare.
Michel Ndahinduka, rutahizamu wa Bugesera FC yahamagawe mu ikipe y’igihugu izatangira imyitozo ku cyumweru tariki 26/05/2013, yitegura gukina na Mali umukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Ubwo umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Nshimiyimana Eric, yashyiraha ahagaragara urutonde rw’abakinnyi bagomba kwitegura gukina na Mali, yatangaje ko politike y’umupira w’amaguru mu gihe kirambye ari ukwibanda ku bakinnyi bakiri batoya kandi bakina mu Rwanda.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2012 batitabiriye urugerero banenzwe bikomeye n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, tariki 23/05/2013, ubwo yasuraga intore ziri ku rugerero muri ako karere.
Ubwo yasuraga akarere ka Rulindo, tariki 23/5/2013, Minsitiri w’Ubutabera, Thercisse Karugarama, yasabye abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri ako karere kwikemurira ibibazo kuko nta muntu uzava i Kigali ngo ajye kubibakemurira.
Umuyobozi w’umuryango World Vision muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Stearns, aravuga ko yatangajwe n’iterambere abagenerwabikorwa b’uyu muryango mu karere ka Nyamagabe bamaze kugeraho.
Umuntu ufashwe akoresha abana batarageza ku myaka 18 mu mirimo mibi n’ivunanye ashobora guhanishwa igihano kigera ku myaka 20; nk’uko amategeko yo mu Rwanda abiteganya.
Ivuriro ry’ibanze Poste de santé ryubatswe n’Umuryango w’Abanyakoreya “Good Neighbors Rwanda”, mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Nyamiyaga, kuri uyu wa kane tariki 23/05/2013 ryamurikiwe abaturage.
Muri iki gitondo cyo kuwa 24/05/2013, abasore b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye mu mujyi wa Bukavu ahitwa Inguba muri Congo bakozanyijeho na bagenzi babo batakivuga. Barwanishije ibiti, amabuye n’ibyuma.
Umuvugizi w’itorero rya ADEPR mu Rwanda, Pasitori Sibomana Jean, yasabye abayoboke b’iryo torero aho bava bakagera gukorera igihugu cyabo bakirinda icyo ari cyo cyose cyahungabanya umutekano kuko aricyo Edeni y’Abanyarwanda.
Moise Muragijimana w’imyaka icyenda y’amavuko yagonzwe na moto mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuwa gatatu tariki 22/05/2013 ariko uwari utwaye moto wamugonze yahise akomeza arigendera.
Bitewe n’uko ibidukikije bifitiye akamaro kanini abatuye isi bose, umuryango w’abibumbye washyizweho umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije wizihizwa buri mwaka taliki ya 05 Kamena.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Musanze baravuga ko gukoresha imashini mu buhinzi bwabo bituma bakoresha amafaranga make, bikihutisha igikorwa ndetse bikanatuma umurima umera neza kuko imashini igera ku mu butaka kurusha amaboko y’abantu.
Urubyiruko rwo mu Rwanda ruri gutozwa gukura ruzi politiki ya Leta y’imiturire yo mu cyaro, binyuze mu marushanwa afite insaganyamatsiko igira iti “Duteze imbere imiturire y’icyaro dutura mu midugudu”.
Ntuyenabo ukomoka mu murenge wa Remera ufite imyaka 23,yafatiwe mu cyuho amaze kwiba ibitoki mu murenge wa Kibungo mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/05/2013 saa 5h00 za mu gitondo.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’ibikorwa Remezo, Prof. Silas Lwakabamba, yijeje abaturage bazimurwa mu mbago ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera ko bazahabwa ingurane zabo vuba nk’uko nabo ubwabo babyifuza.
Abanyeshuli 13 b’urwunge rw’amashuli rwa Rwebare bagejejwe ku bigo nderabuzima bya Nyarurema na Rukomo byo mu karere ka Nyagatare, bamwe bagaragaza ibikomere no guhungabana nyuma y’uko mu gitondo kuri uyu wa 23/05/2013 basakuje bari ku murongo mbere yo kwinjira bikabaviramo igihano cyo gucishwaho akanyafu.
Mu rwego rwo gushimangira gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bamwe mu mfungwa n’abagororwa bagera kuri 800 bafungiye muri gereza ya Nyanza kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi barifuza ko bahuzwa n’imiryango biciye bakayisaba imbabazi ndetse bakanagaragaza aho imibiri yabo bishe bayijugunye.
Umuforormo wakoreraga ku kigo nderabuzima cya Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi akekwaho gusambaya umugore ubwo yarari kumusuzuma ashaka ku mubyaza mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa 23/05/2013.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) mu batarengeje imyaka 23 mu bagabo n’abagore, zatangiye kwitegura imikino y’igikombe cy’isi izabera i Myslowice muri Pologne kuva tariki 06-09/06/2013.
Bibukwishaka Gad ushinzwe gukwirakwiza ibicuruzwa bya MTN muri zone ya Kivumu mu karere ka Rutsiro yatangiriwe n’abajura ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 22/05/2013 bamutwara amakarita yo guhamagara, simukadi n’amafaranga byose hamwe bifite agaciro k’ibihumbi 225.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, n’umufasha we Coleen Rooney ku wa kabiri tariki 21/05/2013 bibarutse umwana w’umuhungu ndetse banashyira ku mugaragaro amafoto ye.
Guhera ku gicamunsi cya tariki 22/05/2013 umunyeshuri wiga mu ishuri rya Groupe Secolaire Indandaburezi n’umukangurambaga (animateur) w’abanyeshuri mu ishuri rya Ecole des Science Byimana bari mu maboko ya Polisi kuri station ya Nyamagana mu karere ka Ruhango, bakekwaho kuryamana n’abo badahuje ibitsina.
Ikamyo ipakiye ibitaka yamanutse iva mu mujyi wa Kigali, mu muhanda uva ahitwa kuri ‘statistique’, igeze ku isoko rya Nyabugogo icika feri ikomeretsa abantu batatu barimo umubyeyi utwite bivugwa ko yacitse amaguru, n’undi ngo wakomeretse bikabije.
Aho kugirango abantu biyicishe imiti isinziriza cyangwa se igabanya umboba, urubuga Spotify rufatanyije n’umuhanga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe, bashyize ahagarara indirimbo abantu bagira ubwoba mu ndege bagenda biyumvira ubundi bakamererwa neza.
Abaturage bakoze imirimo y’amaboko muri gahunda ya VUP mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro bongeye kugaragaza akanyamuneza mu maso nyuma y’uko babwiwe ko bagiye gutangira guhembwa amafaranga bakoreye guhera mu kwezi kwa kabiri mu mwaka wa 2013.
Ikipe ya AS Kigali y’abagore iri hafi kwegukana igikombe cya shampiyona, kuko niramuka itsinze ‘The winners’ mu mukino wa shampiyona zizakina kuri uyu wa gatandatu tariki 25/05/2013, izahita itwara igikombe.
Inyeshyamba za M23 zatangaje ko zishyigikiye urugendo rw’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban Ki-Moon, mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, butangaza ko buhagaritse ibikorwa by’imirwano kugira ngo itazabangamira uyu muyobozi wageze mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 23/05/2013.
Umunya-Serbia, Milutin Sredojevic ‘Micho’, wahoze atoza Amavubi akaza gusezererwa kubera umusaruro mubi, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya Uganda mu gihe cy’imyaka ibiri aniyemeza kuzageza icyo gihugu ku mwanya wa 70 ku rutonde rwa FIFA.