Abacuruzi bo mu karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi bw’ako karere kujya bubagenera umwanya bagatanga ibitekerezo ku byemezo bibafitirwa.
Imbangukiragutabara (ambulansi) yari ijyanye umubyeyi utwite ku Bitaro Bikuru bya Nemba yakoze impanuka ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 15/02/2013 ku bw’amahirwe abarimo ntibagira icyo baba.
Abanyarwanda 30 babaga muri Congo batahutse mu Rwanda ku gicamunsi cya tariki 15/02/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere bahita bajyanwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe.
Bamwe mu bakorera mu nyubako ziri mu mujyi wa Muhanga batangaza ko impamvu batagira za kizimyamwoto ari uko baba bizeye ko nibagira impanuka aho bishinganye bazabishyura.
Abanyasudani 20 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), barasanga amasomo baherewe mu Rwanda bijyanye no kuvugurura inzego z’umutekano ari ingirakamaro, cyane ko igihugu cyabo aribwo kigisohoka mu ntambara.
Guverinoma y’u Rwanda ikomeje kwishimira uburyo igihugu kirimo gutera imbere n’ubwo cyahagarikiwe inkunga n’ibihugu bimwe na bimwe. Ngo byatewe n’uko abaturage batangiye gusobanukirwa n’umuco wo kwibeshaho, nk’uko byasobanuwe na Ministiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagaragaje ikibazo bufite cy’abantu barenga ibihumbi 45 bitarabona ubwisungane mu kwivuza muri uyu mwakawa 2012-2013.
Ishuri ry’Incuke ry’icyitegererezo ryubatswe na Banki y’Abaturage y’u Rwanda mu nyungu z’abakiriya bayo ryatashywe ku mugaragaro kuri uyu wa gatanu, tariki 15/02/2013 mu kagari ka Kibogora, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke.
Ubwo ingabo z’u Rwanda 143 zishoje ubutumwa bw’amahoro i Juba mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo zakirwaga ku kibuga cy’indege cya Kigali, uyu munsi tariki 15/02/2013, zashimiwe imyitwarire z’agaragaje muri ubwo butumwa bw’umuryango w’abibumbye.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye abanyamadini kwirinda kwakira impano zose babonye kuko hari izitangwa n’imitwe y’abagizi ba nabi barimo FDRL, avuga ko ayo mafaranga arimo umuvumo kandi yagira ingaruka ku Banyarwanda.
Mu gihe bitegura kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame uzabasura mu nta ngiriro z’icyumweru gitaha, abaturage b’akarere ka Nyamagabe baramushimira iterambere bamaze kugeraho mu byiciro bitandukanye bemeza ko ariwe babikesha.
Mu rwego rwo gushimangira iterambere ry’abatuye Akarere ka Gatsibo by’umwihariko n’iry’Abanyarwanda bose muri rusange, abaturage barasabwa kwishyura neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari harimo Umurenge Sacco kugira ngo zishyikirizwe abandi bakeneye inguzanyo hagamijwe kwiteza imbere.
Bitewe n’ubukana bw’indwara y’ubutaka ku nka, mu karere ka Nyabihu bihaye gahunda yo gukingira iyi ndwara buri mwaka naho muri Gishwati by’umwihariko bikaba bikorwa 2 mu mwaka nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene abivuga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwagaye abayobozi ba njyanama n’abashinzwe iranga mimerere mu mirenge kubera kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo.
Kuwa kane tariki 14/02/2013 depot ibikwamo amamesa iri mu mujyi wa Kigali i Gikondo mu gishanga yari yibasiwe n’inkongi y’umuriro yatewe n’abakozi ba depot batwikaga amasashe ariko ku bw’amahirwe uzima nawe nacyo ihitanye.
Tariki 12/02/2013, mu mujyi wa Ngororero batashye Guest House yubatswe muri gahunda yo gukemura ikibazo cy’amacumbi kubantu bagana akarere, resitora itunganye, inzu y’inama n’ibindi.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, yasuye yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku wa 14/02/2013, aho yashimye uruhare rw’ikoranabuhanga mu gutanga serivisi inoze kandi yihuse.
Umushinga L’APPEL France urimo gusura ibikorwa by’imiyoboro y’amazi bakoreye mu karere ka Gicumbi bareba niba byaruzuye neza bakaba bari no gutegura kubitaha ku mugaragaro.
Goldie Harvey, umuririmbyikazi wo muri Nigeria, wamenyekanye cyane muri Afurika kubera kugaragara muri Big Brother Africa nk’umwe buhataniraga iryo rushanwa, yitabye Imana.
Henshi ku bibuga by’umupira w’amaguru mu Rwanda, nta nzitiro cyangwa inkuta zitangira abafana ngo batinjira mu bibuga zihari ndetse n’ibibuga byubatse ku buryo buri wese yajya mu kibuga uko yishakiye.
Minisiteri ishinzwe gukumira ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yatanze ibikoresho bitandukanye ku baturage batuye mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe basenyewe n’imvura yaguye tariki 11/02/2013 ikangiza ibintu bitandukanye birimo amazu 179.
Muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza, ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bufatanyije n’abaturage batashye ibikorwa by’iterambere babashije kugeraho.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko batari babona ibyangombwa bya nyuma by’ubutaka bwabo kandi ibisabwa byose kugira ngo umuntu abone icyangombwa, babyujuje. Basaba ubuyobozi bw’ako karere kubibafasha mo bakabona ibyo byangombwa.
U Rwanda rwazamutseho imyanya irindwi ku rutonde rwa FIFA rw’uku kwezi kwa Gashyantare 2013, nyuma yo kunganya ibitego 2-2 na Uganda mu mukino wa gicuti uheruka kubera i Kigali mu ntangiro z’uku kwezi.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Kanimba François, yashimye uburyo abayobozi ba Parike y’Akagera bakemura ibibazo abaturage bayituriye baterwaga n’inyamaswa zabahohoteraga zikanabonera imyaka.
Abakuru b’imidugudu 536 igize akarere ka Nyamagabe, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013 bahawe amaterefoni afite ubushobozi bwo guhamagara abandi bayobozi bakorana kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, akazajya yishyurwa n’akarere hagamijwe koroshya guhanahana amakuru mu buryo bwihuse.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru , abarwanyi batanu bo mu mutwe wa FDLR batawe muri yombi n’ingabo za Kongo mu isoko ryo mu Rubanga riri mu kibaya cya Rusizi ho muri Kivu y’Amajyepfo.
Umunyarwanda utuye mu mujyi wa Oslo muri Norvege witwa Sadi Bugingo, tariki 14/02/2013, yakatiwe gufungwa imyaka 21 kubera ubufatanyacyaha mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi barenga 2000 muri Jenoside yabaye mu Rwanda mu 1994.
Abanyamuryango ba ADEPR biga n’abarangije muri za kaminuza basohoye itangazo bavugamo ko idini yabo ifite ikibazo gikomeye cyo kugabanuka kw’ituro bita “icya cumi” cyatangwaga n’abakirisitu.
Minisitiri w’Imari n’Igendamigambi, John Rwangombwa, aramara impungenge ko nta mushahara w’umukozi wa Leta uzakorwaho, ahubwo abashya bari bashyizwe mu mirimo bazatinda gutangira kugira ngo amafaranga yabo akoreshwe ibindi byihutirwa.
Nyuma yo kwegura k’Umushumba wa Kiliziya Gatulika Nyirubutungane Papa Benedigito wa XVI tariki 11/02/2013, abantu bo mu madini atandukanye babivuzeho byinshi bamwe bakibaza niba atari iherezo rya Kiliziya Gatulika, abandi nabo bakabihuza n’imperuka y’isi.
Umuraperi DMX, wo muri Amerika, yatawe muri yombi na Polisi yo mu mujyi wa Charlotte, muri Leta ya South Carolina, muri Amerika, tariki 13/02/2013, nyuma yo gufatwa atwaye imodoka nta cyangombwa kimwemerera gutwara imodoka afite.
Abanyeshuri, abamotari, abayoboke b’amadini, abapolisi n’abayobozi batandukanye bo mu karere ka Gakenke bitwaje ibyapa n’ibitambaro biriho ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge, kuri uyu wa kane tariki 14/02/2013, bakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge byugarije urubyiruko by’umwihariko.
Nubwo hafashe ingamba zo guca amashashe mu gihugu mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu karere ka Rusizi haracyari abaturage bakiyagurisha. Kuri uyu wa 14/02/2013 Polisi yageze mu mazu y’ubucuruzi ndetse hanatoragurwa amasashe yo mu muhanda mu mujyi wa Kamembe haboneka imifuka 10.
Nyuma yo kwimura ikimoteri cyashyirwagamo imyanda yo mu mujyi wa Byumba kigashyirwa mu kagari ka Nyarutarama hepfo yo Kumukeri ahitwa ku Kasehoma na n’ubu gikomeje kubangamira ibidukikije.
Iyo ukigera muri santere ya Rukomo iherere mu karere ka Gicumbi usanganirwa n’umwanda ukomoka ku bantu bacururiza ku mbaraza z’amaduka ariko mu bwiherero (WC) ho hateye ubwoba ku buryo bidakosowe ubuzima bw’abantu bahafatira ifunguro bwahazaharira.
Abanyamuryango ba koperative “Dukore” y’ababana na Vurusi itera SIDA mu murenge wa Karembo mu karere ka Ngoma bavuga ko bashaka kuzenguruka hirya no hino batanga ubutumwa buhumuriza abagize ibyago byo kwandura SIDA ,ngo biteze imbere.
Umunsi w’abakundana witiriwe Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare buri mwaka. Uwo munsi urangwa n’uko abakundana bibuka urukundo rwabo basangira, basohokana cyane cyane bahana impano zitandukanye ziganjemo indabyo.
Umusaza witwa Ngurube Pierre utuye mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera arashima Leta y’u Rwanda yamwubakiye inzu akava muri nyakatsi maze akagira amasaziro meza kuko ngo iyo aguma muri nyakatsi atari kuba akiriho.
Icyorezo cy’uburenge bwibasiye inka mu ntara y’Uburasirazuba, bigatuma zijya mu kato kamaze amezi arenga atatu, cyateje impaka hagati y’abayobozi zirangira bemeranyijwe gukemura ikibazo cy’iyo ndwara muri uku kwezi, no gukomorera abaturage mu kwezi gutaha kwa gatatu.
Rutakajyanye Pollinaire utuye mu mudugudu wa Gitega mu kagari ka Ngaru mu murenge wa Nyarusange ho mu karere ka Muhanga, yivuganye umugore we witwa Nirere Resturda amutemye mu mutwe.
Igihangange mu gusiganwa ku maguru mu rwego rw’abamugaye (paralympic games) ku isi, Oscar Pistorius, ari mu gahinda gakomeye nyuma yo kurasa umukobwa bakundanaga witwa Reeva Steenkamp, yikanze ko ari umujura.
Abasirikare bane barimo aba Kaporari 2 n’abasorda 2 babarizwaga muri FDLR batahutse mu Rwanda bazanye n’imiryango yabo nyuma y’imyaka 18 bari bamaze baba mu mashyamba ya Congo.
Umusore witwa Ngabonziza Emmanuel wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri rya Lycée de Ruhango Ikirezi, ishami ryigisha iby’amahoteri avuga ko yamaze imyaka 12 anywa urumogi, ubu akaba amaze umwaka n’amezi atatu aruretse.
Umugabo w’imyaka 43 yiyahuye yitwitse imbere y’ibiro bishinzwe umurimo , Pôle Emploi agency, mu mujyi wa Nantes mu gihugu cy’u Bufaransa, abashinzwe umutekano baza kumuzimya yamaze gupfa kubera ubushye.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup ku mibereho itandukanye y’abaturage, bwagaragaje ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri mu bihugu 136 byakorewemo ubu bushakashatsi ku kugira abantu bishimira urukundo hamwe n’abakunzi babo.
Rayon Sport yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo ku rutonde rwa shampiyona, nyuma yo kunyagira Marine FC ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 17 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 13/02/2013.
Ubuyobozi bwa Tigo ishami rya Musanze bwahuguye abakozi bayo uko bakwakira neza ababagana ndetse no kwihangira imirimo haganishwa ku kureba uko akazi kabo bagakora nk’abanyamwuga.
Mukagasana Vestine acumbitse mu mudugudu wa Gitarama mu kagari ka Bugina mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, nyuma yo guhabwa akato ndetse agatandukanywa n’umugabo we kubera ko yanduye virusi itera SIDA.