Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Ikipe ya Bayern Munich izakira FC Barcelone mu mikino ya ½ cya champions league ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa 23 Mata 2013.
Mukambabazi Clementine w’imyaka 28 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo kwihekura, uruhinja akarushyingura mu mibyare y’insina yarangiza akarenzaho ifumbire y’imborera.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Abantu bataramenyekana bateye gerenade mu rugo rwa Karangwa utuye mu kagali ka Muzingira mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ntawapfuye ariko babiri bakomeretse bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Abagabo babiri bo mu karere ka Nyamasheke, umwe wo mu murenge wa Macuba n’undi wo mu murenge wa Karambi bafungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma y’uko bakoze urugomo, buri wese mu murenge we agakomeretsa umuntu.
Jeannette Ntakirutimana w’imyaka 20 na Françoise Kabanyana w’imyaka 21 y’amavuko bafatiwe mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma tariki 21/04/2013 bafite ibiro 14 by’urumogi bagiye kubishakira isoko.
Ku nshuro ya mbere muri manda ye ya kabiri yatorewe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, aritegura kugendera umugabane wa Afurika.
U Rwanda ruri mu bihugu 192 b yubahiriza umunsi wahariwe kuzirikana ku isi n’ibiyibonekaho uba tariki 22 Mata. Uyu mwaka Leta y’u Rwanda izawuhuza n’ibindi bikorwa wizihizwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu.
Ku mugoroba wa tariki 21/04/2013, inzego z’ubuyobozi, abaturage, abarokokeye ku rwibutso rwa Murambi ndetse n’abafite ababo bahaguye bahuriye kuri uru rwibutso ngo bibuke urupfu abahaguwe bishwe mu ijoro rishyira tariki 21/04/1994.
Béatrice Nyiragahinda w’imyaka 47 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kayove mu karere ka Rutsiro, akurikiranyweho kwica umugabo we witwa Rwubakubone Yohani uri mu kigero cy’imyaka 70 y’amavuko amukubise umuhini w’isekuru.
Umurobyi w’umufaransa uba mu majyaruguru ya Australia ku cyumweru yabashije kurusimbuka ubwo yikuraga mu menyo y’ingona yari igiye kumwica.
Abanyarwanda barenga 100 batuye mu mujyi wa Manchester, mu gihugu cy’Ubwongereza, ndetse n’abandi baturutse mu duce dukikije uyu mujyi, tariki 20/04/2013, bahuriye hamwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA), uri mu bibazo by’abanyamuryango benshi batagitanga umusanzu, abandi nabo ntibawutangire ku gihe, nk’uko bari barabyiyemeje ubwo uwo muryango watangiraga.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri kaminuza zitandukanye zo mu gihugu cya Misiri, tariki 20/04/2013, bahuriye mu mujyi wa Alexandie mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Umusaza Twagiramungu Claude utuye mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, avuga ko mu mwaka 1964 yahuye n’ibibazo bikomeye byo kuba yaratsindiye kujya kwiga mu isemineri ariko akabuzwa ayo mahirwe kuko ngo atasaga n’abandi.
Abaturage batuye mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango batewe n’ikiza umusozi ufite uburebure bwa kirometero imwe n’igice urariduka uridukana amazu ndatse wangiza n’imirima tariki 19/04/2013.
Ikipe z’u Rwanda mu bagabo no mu bagore mu mukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) zabonye itike yo kuzakina igikombe cy’isi nyuma yo kwitwara neza akegukana imidari ya Zahabu na Bronze mu mikino nyafurika yasojwe tariki ya 21/4/2013 i Mombasa muri Kenya.
Bayigamba Robert wigeze kuba Minisitiri w’imikino mu Rwanda, ni we watorewe kuyobora Komite y’igihugu y’imikino Olympique (Comite National Olmpique et Sportif du Rwanda –CNOR), mu matora y’abagize komite nshya yabaye ku wa gatandatu tariki 20/04/2014.
Minisitiri Protais Mitali ushinzwe umuco na Siporo mu Rwanda yamaganye abagifite ibitekerezo birangwamo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda babikora biyise ko ari intyoza bashaka kugoreka ukuri kwayo.
Abakozi bakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uherereye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, batangiye guhembwa nyuma yo gutakambira ubuyobozi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa kandi bakora.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Umushinga wa World Vision, tariki 19/04/2013, wifurije isabukuru y’amavuko abana 7312 bo mu Karere ka Gakenke basangira ndetse babagenera impano zifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda.
Cardiff City yabonye itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza (Premiership) nyuma yo kwegukana igikombe cyo mu cyiciro cya kabiri nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Burnley tariki 20/04/2013.
Umugabo w’imyaka 60 urwaye kanseri yari muri ambulance imujyanye kwa muganga, aza kubona ko umushoferi wari umutwaye yagize ikibazo cy’umutima, ni ko kumutwara we ubwe abanza kumujyana ku ivuriro ryari hafi y’aho bari bageze, mbere yo kongera gufata urugendo rumujyana aho asanzwe avurirwa.
Umunyamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, ababajwe cyane no kubona umuziki nyarwanda udatera imbere ngo ugere ku rwego rushimishije.
Ikipe ya Police FC ikomeje kotsa igitutu Rayon Sports nyuma yo kunyagira Etincelles ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Stade umuganda i Rubavu ku cyumweru tariki 21/04/2013.
Umwanditsi wa Filimi yamenyekanye cyane mu Rwanda yitwa “NIKO ZUBAKWA” witwa Yvette DOruwase, atangaza ko yanditse iyi filimi agendeye ku mibereho itandukanye y’abashakanye yitwa igaragara mu muryango Nyarwanda kuri iki gihe.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu mu karere ka Rubavu bufatanyije bw’ inama y’igihugu k’urwego rw’igihugu, batangije igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu gukorana n’amabanki kugira ngo rushobore guhanga imirimo no kurwanya ubukene.
Donat Kubwayo w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nkomane mu karere ka Nyamagabe, yishe nyina umubyara witwa Anasitaziya Mukabaruta w’imyaka 63, akoresheje akuma bakatisha ubwatsi bw’amatungo bita Najero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 19/04/2013.
Abashoramari bo mukarere ka Nyagatare barasabwa kubyaza umusaruro ubwiza nyaburanga bw’urugomero rwubatse k’umugezi w’umuvumba mumurenge wa Tabagwe.
Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB, cyashimiye inzego za Leta n’urubyiruko, uburyo bitwaye muri uku kwezi kw’imiyoborere kwashojwe ku wa Gatandatu tariki 20/04/2013, aho cyakiriyemo ibibazo by’abaturage birenga 7,000, ugereranyije n’ibibazo 2,000 byakiriwe mu mwaka ushize.
Rayon Sport yakomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 bigoranye, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 21 wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki 20/04/2013.
Kuri iki cyumweru tariki 21/04/2013, Abanyarwanda baba mu mujyi wa Salt Lake City muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, baribuka Abanyarwanda bazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Kuba mu Rwanda harakozwe Jenoside igakorwa na bamwe mu Banyarwanda kandi abenshi bari abayoboke b’amadini yigishaga urukundo no kuyoboka Imana, ni ikimwaro ku muryango Nyarwanda wose n’ikimenyetso ko abanyamadini bananiwe kugera ku ntego y’ibyo bagombaga kumvisha abayoboke babo, nk’uko byemezwa na Depite Constance Rwaka.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bo mu karere ka Rusizi banenzwe uko batita ku banyeshuri mu gihe amashuri aba afunze, aho batererana abana ntibabakurikirane mu gihe cyo gutaha basubira iwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo n’abagatuyemo bahuriye ku kicaro cy’akarere mu gikorwa cyo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 19, cyabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Abagore bo mu karere ka Musanze batanze ibitekerezo ku byo babona byashingirwaho hategurwa intego z’ikinyagihumbi za nyuma y’uriya mwaka, mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku ntego z’ikinyagihumbi za nyuma ya 2015.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Olivier Rebero yarokotse impanuka y’imodoka na moto yabaye ku mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013, ku bw’amahirwe ntiyapfa ariko ipantaro yari yambaye ihinduka uburere yangirika n’igice cy’ukuguru kumwe.
Bamwe mu bahanzikazi baremeza ko ruswa y’igitsina isabwa abahanzikazi kugira ngo bamenyekanishirizwe ibihangano, icyo kibazo kibabangamiye bagasaba ko hari icyakorwa kugira ngo icike.
Anathalie Nyirabikari w’imyaka 67, wari utuye umudugudu wa Nyabitare, akagari ka Gitare ho mu murenge wa Nyarubaka, bamusanze mu nzu amaze iminsi yicishijwe ibyuma. Abantu batanu bakaba bakekwaho kuba ari bo bamwishe.
Umunyamabanga wa Kiyovu Sport Jean Marie Nsengiyumva aratanagza ko mu mukino wa shampiyona bakina na Rayon Sport kuri uyu wa Gatandatu tariki 20/4/2013 kuri Stade Amahoro, intego yabo ari ugutsinda, kuko bizatuma abakunda iyo kipe bongera kuyigirira icyizere no kugaruka ku kibuga.
Urwibutso rwa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo habereye igikorwa cyo kwimura imibiri yari ishyinguye mu rwibutso rwa kiziguro, muri zimwe mu mva zagaragaraga ko zitakimeze neza, igikorwa cyabaye Kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batakamba ngo uwo ariwe wese waba azi ahari umubiri w’umwe mu bazize Jenoside utarashyingurwa mu cyubahiro gukoresha umutima nama akhagaragaza kugira ngo ushyingurwe mu cyubahiro, abavandimwe be babashe kuruhuka no gutuza ku mutima.
Abakora umwuga wo gutwara ba mukerarugendo mu bice nyaburanga bitandukanye mu gihugu, basanga ubuvumo bwa Musanze ari umwimerere kuko uretse gutunganya aho umuntu akandagira ibindi bice byose nta cyahinduwe.
hatangiye gutekerezwa uko inkunga z’ingoboka zari zisanzwe zigenerwa abakene bo mu ntara y’Amajyepfo zabyazwamo imishinga izabaviramo inyungu yo kubafasha ku buryo burambye, uburyo bwaba buje bwunganira indi mishinga y’iterambere ikorwa muri iyi ntara.
Nyakirori Emmanuel w’imyaka 41, afungiye kuri station ya Polisi Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 19/04/2013 akekwaho ubujura bwo kwiba moto abanje gusinziriza abazitwara.
Inzego zitandukanye zo mu Muryango w’Abibumbye zikorera mu Rwanda ziraganira n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke ku byagezweho mu Ntego z’Ikinyagihumbi (MDGs) mu Rwanda, imbogamizi zikigaragara n’ibitekerezo byatuma ibitaragezweho bibasha kugerwaho.
Minisitiri w’uburezi, Dr. Vincent Biruta, ari mu ruzinduko mu karere ka Rusizi rugamije kwagura ishuri rya kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR) ryahatangiye mu mwaka wa 2007 ariko rikaba ritari rifite ubushobozi buhagije kuko aho abanyeshuri bigira ari mu macumbi.