Ibitego 3 Arsenal yatsindiwe ku kibuga cyayo byatumye isezererwa nubwo mu mikino yombi igiteranyo cy’ibitego byabaye 3 bya Arsenal kuri 3 bya Bayern Munich.
Umugabo wo mu bwongereza witwa Paul Marshallsea, w’imyaka 62, yirukanywe ku kazi yari asanzwe akora mu gihugu cye kuko yagaragaye ku mbuga za internet afata igifi cyo mu bwoko bwa requin i Brisbane mu gihugu cya Australia, mu gihe yari ari mu kiruhuko cy’uburwayi.
Umuturage witwa Deo Musabyimana wo mu kagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yashizemo umwuka nyuma y’impanuka yabaye mu kirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti.
Itegeko rishya rigenga abantu n’umuryango rifite impinduka nyinshi kandi nziza kurusha iryari risanzweho ariko rirasaba kuganirwaho mbere y’uko ritorwa kuko abaturage bagomba kugira ijambo kandi bagatanga ibitekerezo.
Umusore utamenyekanye imyirondoro ye yakubiswe kugeza abaye intere ku mugoroba tariki 13/03/2013 akekwaho kwiba ipantaro yo mu bwoko bwa Jeans mu iduka riri mu gikari cy’aho abagenzi bafatira imodoka za Volcano Express mu mujyi wa Nyanza.
Umwana w’Umwongereza w’imyaka 12 witwa Neha Ramu yinjiye mu rutonde rugizwe n’abantu barusha abandi ubwenge ku isi, nyuma yo kugira ikigero kinini ku gipimo QI.
Ministri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Karibata, arasaba inzego zose zifite ubuhinzi mu nshingano n’abandi bafite aho bahuriye nabwo kubushyiramo imbaraga nyinshi kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda budahungabana cyane cyane ko ari ho bishingiye.
Itsinda ryashyizweho na Nyakubahwa Minisitiri w’Intebe - amaze kungurana ibitekerezo n’izindi nzego ngo rikemure ibibazo byerekeye imitungo y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994 kuri uyu wa kabiri 12/03/2013 ryakoreye mu murenge wa Muhanda.
Ubujura bw’insinga z’amashanyarazi zifasha kurinda inkuba ndetse no kwangiza ibyuma bituma umuriro utajya mu mapoto (isolateurs) bikomeje kudindiza ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro w’amashanyarazi mu karere ka Nyagatare na Gatsibo.
Ku cyumweru tariki 17/03/2013, Isange Corporation Ltd izamurika ikinyamakuru cya gikristu gifite umurongo wo guhuza Politiki ya Leta na Politiki y’amadini.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru ashishikariza abaturage bo mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera, kwitabira gukora umuganda kuko umuganda ariwo gisubizo ku bibazo u Rwanda rufite.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ryateguye isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’isaha (course contre la montre) rizaba ku cyumweru tariki 17/03/2013 guhera saa tatu za mu gitondo i Masoro.
Amashuri n’ibigo by’imyuga byagaragaje ubuhanga mu kunoza imishinga igamije kwigisha urubyiruko imyuga no kwihangira umurimo yasinye amasezerano ayemerera guhabwa amafaranga y’inkunga, mu cyiciro cya mbere cya gahunda yatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA).
Nyuma y’uko inama y’umutekano yateranye mu kwezi kwa Gashyantare isabye ko isuku nke yo mu mujyi wa Gakenke ihagurukirwa, kuva kuwa kabiri tariki 12/03/2013 komisiyo idasanzwe yasuye amaresitora n’utubari, igenzura isuku, aho isanze ari nke ikahafunga kugeza igihe bazavugururira.
Uturere twa Nyamasheke na Karongi ni two dufite abantu benshi bakennye kandi ngo biratuma Intara y’Uburengerazuba yose iri ku cyigereranyo cya 48.4% mu gihe hifuzwa byibuze ko bagabanuka bakagera kuri 40%.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Buye mu murenge wa Nyamiyaga hibwe mudasobwa z’abana 22 muri 510 bari barahawe, kandi ubuyobozi bw’ikigo bukaba bataramenye igihe izo mudasobwa zibiwe. Hashize icyumweru bimenyekanye, polisi y’igihugu imaze gutahura abatwaye enye.
kiliziya Katolika yongeye kubona umushumba mushya ariwe Papa Francis wa I, watowe n’Abakaridinari mu mwiherero w’iminsi ibiri bari bateraniye kugira ngo bitoremo ugomba kubasimbura.
Abikorera babifashijwemo n’ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kwihutisha iterambere RDB, baravuga ko imurikagurisha ry’ibicuruzwa by’u Rwanda rizabera i Burundi kuva tariki 22-25/03/2013, rigamije gutegura uburyo u Rwanda rwakongera ubwinshi bw’ibyoherezwa ku masoko yo mu karere.
Ku rwibutso rushyinguwemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwo mu Murenge wa Kiziguro ho mu Karere ka Gatsibo hafatiwe abagabo batatu barimo kwiba amakaro yubakishijwe uru rwibutso hamwe n’andi yateganwaga kuzakoreshwa.
Urubyiruko rugera kuri 200 ruturuka mu mirenge itanu muri 17 igize akarere ka Nyamagabe ruri mu biganiro ku kurwanya ibiyobyabwenge n’icyorezo cya Sida. Ibi biganiro byatangiye tariki ya 11/03/2013 bizamara iminsi 5 bibera mu mujyi wa Nyamagebe, aho indangaciro z’umuco Nyarwanda zizagaragazwa nk’inkingi ikomeye mu gufasha (…)
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera basobanuriwe ububi bwa kanyanga na African Gin aho ngo biyobya ubwenge by’uwabinyweye akageza naho ahuma amaso ntabone neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana bwamaze kumvikana n’abayobozi b’amakoperative y’abaturage yo kubitsa, kuzigama no kugurizanya bita Umurenge SACCO uko ayo makoperative ngo agiye gufasha aborozi kuva mu myotsi, bakajya batekesha kandi bagacana amatara akomoka ku ngufu za Biogas (biyogazi).
Muhawenimana Claude wari usanzwe ari umuyobozi w’abafana ba Rayon Sport ku rwego rw’igihugu, yagizwe by’agateganyo umuyobozi w’abafana b’ikipe y’igihugu Amavubi hagamijwe gutegura kuzayishyigikira mu mukino izakina na Mali tariki 24/3/2013.
Guverinoma y’u Rwanda irateganya ko bigenze neza mu ntangiriro z’umwaka w’amashuri utaha ariho Kaminuza rukumbi y’u Rwanda, University of Rwanda, yatangira gukora, aho Kaminuza zose n’amashuri makuru ya Leta bizaba byahurijwe hamwe mu rwego rwo guhindura isura y’uburezi mu Rwanda.
Umugabo w’imyaka 36 utuye mu mudugudu wa Kivomo akagari ka Murama umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, ari mu maboko y’ubushinjacyaha I Muhanga, akurikiranyweho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 28 ubana n’ubumuga bwo kutumva no kutavuga ndetse akaba yaranamugaye amaguru aho agendera mu kagare k’abafite ubumuga. (…)
Ruhango: Umupadiri arahakana umwana ashinjwa ko yabyaranye n’umunyeshuri yafashaga.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kangwagye Justus arasaba Intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kinihira mu karere ka Rulindo kwishimira ibyiza zimaze kugeraho, ariko anabashishikariza kumenya gukoresha ifaranga neza ngo kuko ari iby’ingezi.
Ku kigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire ya Rwankeri mu karere ka Nyabihu hatangirijwe igikorwa cyo kurwanya indwara y’iseru na Lubewole ndetse na Kanseri y’inkondo y’umura, mu rwego rwo kurinda Abanyarwanda kuzagira ubwo bakwandura imwe muri izi ndwara. Iki gikorwa kizamara iminsi 4, cyatangijwe kuri uyu wa 12/03/2013 (…)
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO-HEZA Kamonyi, barasaba ko hakurikizwa inyungu z’imishinga mu kugena inyungu ku nguzanyo, kuko imishinga yose itunguka kimwe.
Nyuma y’aho ikipe ya FC Barcelone yari imaze igihe ititwara neza, kuri uyu wa kabiri tariki ya 13/03/2013 yongeye kwerekana ko ari ikipe ikomeye ubwo yanyagiraga ikipe ya Milan AC yo mu Butaliyani ibitego 4-0 mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi “Uefa Champions League.”
APR Basketball Club n’Ubumwe BBC ni zo zabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona, (Play Offs), zikazatangira gukina imikino ya nyuma ku wa gatandatu tariki ya 16/03/2013.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 baba hanze y’akarere ka Bugesera bifatanyije n’abaturage bo mu mudugudu wa Murambi mu kagari ka Kayumba, basanira umupfakazi wa Jenoside utari wishoboye inzu atuyemo.
Abaturage bo mu kagari ka Nyagahinga mu murenge wa Cyanika muri Burera barashimira abanyeshuri bo mu Ishuri Rikuru ry’Ubuhinzi n’Ubworozi rya Busogo, ISAE Busogo, kubera ko babaremeye ndetse bakabafasha kurwanya isuri yabangirizaga imirima.
Ubwo uhagarariye igihugu cy’ububiligi mu Rwanda, ambasaderi Marc Pecsteen yasuraga inkambi icumbikiye impunzi z’Abanyekongo ya Kigeme kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/03/2013, izo mpunzi zamusabye ko igihugu cye cyagira uruhare rugaragara mu kugarura amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo maze zigataha iwabo.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba akaba anashinzwe gukurikirana akarere ka Bugesera, madamu Mukaruriza Monique, aratangaza ko ibikorwa bimaze kugerwaho mu karere ka Bugesera ndetse na gahunda yo gukemura ibibazo by’abaturage bigaragaza amahame y’imiyoborere myiza ako karere kamaze gushimangira.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kibuye mu karere ka Karongi, buratangaza ko nta kanseri y’inkondo y’umura igaragara mu bana b’abakobwa cyangwa indwara ya rubewore yibasira impinja n’ababyeyi batwite muri ako gace.
Nyuma y’uko umuhanzi Eric Senderi International Hit agaragariye ku rutonde rw’abahanzi 11 bazahatanira kwegukana insinzi ya PGGSS 3, hari bamwe mu bakunzi ba muzika bahamya badashidikanya ko uyu muhanzi ashobora kwegukana iki gikombe.
Abayobozi ba Polisi y’igihugu n’izindi nzego zishinzwe umutekano nibo yabimburiye izindi nzego za Leta mu guhugurwa ku ikoreshwa ry’Itumanaho n’Ikoranabuhanga ICT hagamijwe kongera umusaruro no kwihutisha akazi mu mahugurwa yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 12/03/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bugiye kwihutisha igikorwa cyo kurwanya isuri, nyuma y’uko ako karere kari mu turere twagawe na minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi, inama yagiranye na bamwe mu baminisitiri bagize guverinoma, ba guverineri b’intara, abayobozi b’uturere n’abayobozi b’ibigo (…)
Nzeyimana Célestin ni watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’imikino y’abamugaye mu Rwanda (National Paralympic Committee- NPC Rwanda) mu matora yabaye kuwa gatandatu tariki ya 09/03/2013.
Abaturage batuye mu nkengero za Parike y’Akagera barasabwa kutegera uruzitiro rw’iyo Parike kuko bashobora gufatwa n’amashanyarazi baramutse barwegereye kuko urwo ruzitiro rukozwe n’insinga n’ibyuma byashyizwemo amashanyarazi kugira ngo ajye akanga inyamaswa zirwegereye ntizibashe gusohoka muri Parike.
Abahagarariye abajyanama mu bigo nderabuzima na bamwe mu bakozi bo mu karere ka Nyanza bari kwigishwa gukoresha amarenga ngo bazabashe gufasha no kumvikana n’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga igihe cyose bazaba babakeneyeho serivisi.
Abakuru b’imidugudu 50 bitwaye neza mu tugari tugize akarere ka Kayonza bahawe amagare y’ishimwe azaborohereza ingendo mu kazi kabo ka buri munsi, bakaba bahawe ayo magare nk’ishimwe ry’uko bafite imiyoborere myiza mu midugudu yabo.
Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Ruboneza Ambroise avuga ko iyo umuturage ahawe serivisi mbi bimutwara umwanya aba agomba gukoresha mu mirimo imuteza imbere, kandi ngo igihombo umwe mu baturage agize gitera buri wese guhomba kuko uwo uhombye aba ari umuguzi w’abacuruzi, umuterankunga n’inshuti ya buri wese.
Muri gahunda yo gukomeza kwegera abaturage mu kwezi kw’imiyoborere myiza, akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere ry’abaturage baraye batangije imurikabikorwa n’imurikagurisha rizamara iminsi itatu kuva tariki ya 11/03/2013 rikazasozwa tariki ya 13/03/2013, hagamijwe kwereka abaturage ibyo babakorera.
Umusaza witwa Maborogo Jean wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yashyingiranywe n’umukecuru witwa Nyiramajoro Donata bari bamaranye imyaka babana batarasezeranye imbere y’amategeko.
Niyitegeka Galvalic na Ngendahimana Samuel bari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda kuri Station ya Gahunga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera nyuma yo gutabwa muri yombi na Polisi batwaye toni eshanu z’ifumbire mvaruganda yo mu bwoko bwa UREA bagiye kuyigurisha magendu muri Uganda ku tariki ya 09/03/2013.
Kuva kuri uyu wa kabiri tariki 12/03/2013 ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli birazamuka aho bacururiza amavuta y’ibinyabiziga nka peteroli, lisansi na mazutu bitewe ngo n’uko igiciro cya lisansi ku isoko mpuzamahanga cyazamutse ku buryo bugaragara guhera mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.