Umuryango w’abashakanye (couple) wo mu gihugu cya Thailande waciye agahigo ku isi ko kumara igihe kinini basomana kuko bamaze amasaha 50 n’iminota 25 ntawurakura umunwa ku wundi.
Ubwo Papa Benoit XVI yatangaza ko ahagaritse kuyobora Kiriziya Gatolika tariki 11/02/2013, muri uwo mugoroba inkuba yakubise ingoro ye yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma; nk’uko ikinyamakuru Le Gentside kibitangaza.
Inkuba yakubise inka ebyili zihita zipfa, abantu babili nabo bagwa igihumura mu murenge wa Mututu nyuma y’imvura yari imaze kugwa hafi ya hose mu karere ka Karongi hagati ya saa munani na saa kumi n’imwe tariki 13/02/2013.
Eric Ngabonziza w’imyaka 23 ukomoka mu murenge wa Gishubi mu karere ka Gisagara, yiturikirijeho grenade ahita yitaba Imana mu ijoro rishyira tariki 13/02/2013 ubwo yashakaga kuyitera Inkeragutabara zishinzwe gucunga umutekano kuri uyu murenge wa Gishubi.
Inama ya Guverinoma yo gusuzuma uburyo imihigo irimo gushyirwa mu bikorwa yanenze uburyo hari gahunda za Leta nyinshi zitihutishwa mu byiciro bitandukanye bigizwe n’ubuhinzi, ibikorwaremezo, uburezi, ubuzima, inganda, ikoranabuhanga ndetse n’ubucukuzi.
Ku rubuga rwa Facebook hakomeje kugaragara amafoto agenda asebya abahanzi nyarwanda ashyirwaho n’abantu bataramenyekana neza.
Ibiro 133 by’urumogi byamurikiwe abaturage mbere y’uko Polisi ibitwika mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe ubufatanye bw’abaturage n’inzego za Polisi mu kwicungira umutekano “Community Policing Week” mu rwego rw’akarere ka Nyamasheke.
Rwasibo Eric uyobora akagali ka Rubago mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma yahembwe igare kubera ko abaturage bagaragaje ko abayobora neza.
Usabyemariya Angelina, umugore w’imyaka 53 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano yiyahuje umugozi maze ahita ahasiga ubuzima aho yari yaraje gusura umukwe we utuye mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Kuwa kane tariki 14/02/2013, ubwo hazaba hizihizwa umunsi wahariwe abakundana witiriwe mutagatifu Valentin, hoteli Golden Monkey iri mu karere ka Nyamagabe yateguriye abakiriya bayo igitaramo mu rwego rwo kwifatanya nabo.
Umuhanzi Mani Martin yamaze kubona ibyangombwa by’urugendo kuburyo tariki 15/02/2013 azerekeza muri Zanzibar mu Iserukiramuco rya Muzika ritumirwamo abahanzi b’ibihangange muri muzika Nyafurika.
Hari abasore barengeje imyaka 35 batinze kurongora, bigatuma abantu bibaza impamvu badashaka ngo nabo babe abagabo rimwe na rimwe inshuti n’abavandimwe babo ugasanga bahora babaza impamvu badashinga ingo.
Minisitiri Mushikiwabo witabiriye ibiganiro by’akanama k’umuryango w’abibumbye birebana no kurinda abaturage mu gihe cy’intambara, yasabye ko ingabo z’umuryango w’abibumbye zahabwa ubushobozi butuma zishobora kurinda umutekano w’abaturage mu gihe cy’intambara.
Abaturage bo mu murenge wa Kivuye, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko rwiyemezamirimo wabahaye akazi ko kubaka iminara iri ku gishanga cya Rugezi yabambuye amafaranga yabo bakoreye na n’ubu bakaba batazi aho aherereye ngo abishyure.
Ihuriro ry’Abafasha mu by’Amategeko mu Rwanda (Legal Aid Forum), riributsa abashinzwe kugenza ibyaha bakekwaho ibyaha bataraburana, kubafasha kumenya uburenganzira bwabo kuko abenshi nta bumenyi buhagije ku mategeko n’ingingo zibarengera baba bazi.
Abanyenganda bagura umusaruro wa kawa mu karere ka Rusizi baragawa ko baharanira ko inyungu zabo zagerwaho bigatuma batubahiriza ibiciro bya kawa by’umvukanyweho ku rwego rw’igihugu.
Mukamirwa Eugenie w’imyaka 48 wari utuye mu mudugudu wa Bisambu akagari ka Munini mu murenge wa Ruhango, abaturage basanze yitabye Imana naho Sindayigaya Emmanuel w’imyaka 20 babanaga ari indembe.
Ku bufatanye na sosiyete Ericksson n’umuryango Millenium Villages, MTN Rwanda yatanze imashini zigendanwa (laptops) 38 n’umurongo wa interinete mu ishuri ryisumbuye rya Kamabuye mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi wa Repubulika ya Korea y’Epfo, Kim Sung-Hwan, tariki 12/02/2013, bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu iterambere hagati y’ibihugu byombi.
Igitego kimwe rukumbi cyatsinzwe na Barnabe Mubumbyi cyahesheje intsinzi y’igitego 1-0 APR FC, ubwo yatsindaga Musanze FC mu mukino w’umunsi wa 17 wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 12/02/2013.
Nyuma yuko abaturage baturiye ikiyaga cya Birira mu murenge wa Rukumberi bari batewe ubwoba n’ingona yabicaga umusubizo, abarobyi barayivuganye tariki 12/02/2013.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) gihamya ko imiyoborere myiza ijyana n’imibereho myiza y’abaturage aho abaturage bagera ku iterambere rirambye babana neza.
Abishyurwa hakoreshejwe sheke basinyiwe n’abafite konte muri Equity Bank barinubira ko iyo bagiye kubikuza badahabwa amafaranga nk’uko bisanzwe ahubwo basaba gufungura konti muri iyo banki cyangwa bakajya kubitsa izo cheke mu mabanki basanzwe bakorana nayo.
Groupe igizwe n’abahungu babiri bitwa Amon na Charles iratangaza ko yitegura gukorera amashusho album yabo y’indirimbo zigera ku munani, zikozwe mu njyana ya Rnb, Rock na Country Music.
Nyuma y’uko umutoza Ali Bizimungu ahawe akazi ko gutoza ikipe ya AS Muhanga, tariki 12/02/2013 yabashije kubona amanota 3 ya mbere atsinze ikipe ya Espoir yo mu karere ka Rusizi.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Community Policing tariki 12/02/2013, uturere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru twakoze igikorwa cyo gukwika no kumena ibiyobyabwenge byafashwe ndetse bikorerwa imbere y’abaturage mu rwego rwo kubakangurira ububi bwabyo.
Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Muhanga, CIP Celestin Gatamba, yatangaje ko hari abaturage babiri bo muri ako karere bafashwe barahinze urumogi mu ngo zabo bavuga ko ari umuti w’inka uvura ikibagarira.
Ubwo yasuraga Abanyehuye kuwa kabiri tariki 12/02/2013, Minisitiri w’Intebe yababwiye ko nta mabanki, nta nganda ndetse nta na mahoteri bagira mu rwego rwo kubashishikariza gushyira imbaraga mu mikorere yabo, kugira ngo batere imbere, boye gusigara inyuma.
Umwongereza witwa Paul Mason ufite imyaka 51, ubu amaze kugabanukaho bibiri bya gatatu by’ibiro yari afite kuko yatakaje ibiro 300.
Umugororwa wo mu gihugu cya Sri Lanka yahishe terefoni mu mubiri (rectum) ayicishije mu kibuno, agamije kuyihisha abari baje gusaka, ariko ntibyamuhiriye kuko iyo telefone yasonnye bigatuma bimenyekana ko ayifite.
Ishuri Groupe Scolaire Notre Dame de Lourdes (GSNDL) rihererye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango ryituye inyana eshatu, ebyiri muri zo zihabwa Ishuri ry’ubumenyi ryo mu Byimana, imwe ihabwa Urwunge rw’amashuri rw’i Bukomero.
Abayobozi ba njyanama n’abashinzwe irangamimerere mu mirenge igize akarere ka Karongi baragawa kudatangira raporo ku gihe n’aho zitanzwe ntibakurikirane ngo bamenye ko zagezeyo bikaba bishobora kuba intandaro yo kugawa imikorere mibi kandi abantu baba barakoze ibikorwa bifatika.
Akarere ka Nyanza n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) barishimira ibyo bamaze kugeraho mu mwaka umwe ushize batangiye gufatanya mu bikorwa byo mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage bo mu mirenge ya Kigoma na Busasamana.
Imvura yaguye tariki 11/02/2013 ahagana saa munani mu murenge wa Gahara mu karere ka Kirehe yakomerekeje umuntu umwe ajyanwa mu bitaro, isakambura amazu 179 naho hegitari zigera kuri 27 z’imyaka zirangirika.
Ubwo yatangizaga icyumwru cya community policing, tariki 11/02/2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye Abanyarusizi gufatanya n’inzego z’umutekano mu kwibungabungira umutekano.
Umukecuru witwa Nyiramuzungu Talaka yafunze amazu akodeshwa n’abantu batandukanye mu mujyi wa Rusizi kubera ko atabona ku mafaranga ava mu bukode bw’ayo mazu kandi nawe ari mu bo ayo mazu yarazwe.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Celestin Ntagungira aratangaza ko David Dein wahoze ari umuyobozi wungirije w’ikipe ya Arsenal FC mu Bwongereza, bidahindutse azaza mu Rwanda muri Mata uyu mwaka nk’uko babyemeranijweho.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ntongwe, bwafashe icyemezo cyo kwirukana umubyeyi w’abana babiri utuye mu mudugudu wa Nyamirambo akagari ka Nyarurama nyuma yo kugaragaza ko adafite aho acumbika, kuba abana be barwaye bwaki ndetse akaba anabana na virus itera SIDA.
Abahagarariye ibihugu 19 byo ku mugabane wa Afurika, bateraniye i Kigali mu nama isuzuma uburyo umutungo w’ubutaka, amashyamba n’uburobyi byakoreshwa neza, na ba nyirabyo bagahabwa uburenganzira bwanditse.
Habumugisha Donat w’imyaka 11 utuye mu kagari ka Sure mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yakuwemo igufa ry’ukuguru ryari rirwaye none hamezemo irindi ku buryo kuri ubu abasha kugenda yemye nta kibazo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 12/02/2013, shampiyona y’u Rwanda irakomeza ubwo iza kuba igeza ku munsi wa 17, umwe mu mikino ikomeye ukaza guhuza APR FC na Musanze FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Umurambo w’uruhinja rukivuka watoraguwe saa 16h00 tariki 11/02/2013 ku kimoteri cy’isoko rya Bushenge mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, ariko uwarutaye ntaramenyekana.
Imvura yaguye ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 11/02/2013 yahitanye umuntu umwe abandi babiri bajyanywa mu bitaro mu karere ka Nyamasheke. Mu karere ka Ruhango ho yasenye amazu atandatu.
Urukiko rw’ikirenga ruratangaza ko ruswa mu nkiko igenda igabanuka, ariko ko ibimenyetso byinshi byerekana ko inzira yo kuyirwanya burundu ikiri ndende, bitewe n’uko benshi batarakangukira gutunga agatoki aho ibarizwa, ndetse ko ubucamanza budahana bwihanukiriye abakozi b’inkiko bakira ruswa.
Abayobozi bahagarariye akarere ka Gicumbi n’akarere ka Kabare ko muri Uganda, tariki 11/02/2013, bashyize imikono ku masezerano ashingiye ku gufashanya mu bikorwa bimwe na bimwe bahuriyeho kuko utu turere duhana imbibi.
Mu kagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe hatashywe umuyoboro w’amazi uri ku birometero icumi ukaba waruzuye utwaye amafaranga miliyoni 481 kandi abaturage bishimira ko babonye amazi meza nyuma y’igihe kinini ntayo bafite.
Mbakenge Aloys utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko afite impungenge z’umutekano we kuko amaze kurandurirwa kawa zirenga ijana mu bihe bitandukanye, hakaba ngo hari n’abantu bigeze kuburana amasambu bakunze kumubwira ko bazamugirira nabi.
Nyuma y’umunsi umwe amaze guhesha ikipe y’igihugu ya Nigeria igikombe cya Afurika ku cyumweru tariki 10/02/2013, umutoza Stephen Keshi yatangaje ko yeguye ku mirimo ye.
Polisi yataye muri yombi abantu batandatu mu Turere twa Kayonza na Ngoma two mu Ntara y’Iburasirazuba ibasanganye ibiyobyabwenge birimo kanyanga n’urumogi.