Inzu y’igorofa y’umuyobozi w’akarere ka Rusizi yari yubatse mu murenge wa Kamembe yasenywe mu gitondo cyo kuwa 04/05/2013 kubera ko yubatswe mu buryo butubahirija amategeko.
Raporo yashyizwe ahagara tariki 03/05/2013 n’umuryango w’ihuriro ry’abanyamukuru bo mu gihugu cya Somalia yerekanye ko mu umwaka ushize wa 2012, abanyamakuru 18 bo muri icyo gihugu bishwe abandi benshi bagakomeretswa.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi baratangaza ko bishimiye inyubako biyujurije y’umurenge SACCO kuko izatuma barushaho kwiyumvamo gukorana neza n’ibigo by’imari iciriritse kuko bazaba barabishoyemo amafaranga yabo babyubaka.
Abagore n’abakobwa bo mu ishuli ryisumbuye rya College de Gitwe bibumbiye mu muryango (MIFEM) ku mugoroba tariki 05/05/2013basuye abana b’imfubyi za Jenoside birera batujwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza barabahumuriza.
Umukecuru witwa Anne Marie Ndoricyimpa w’imyaka 63, wari utuye umurenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara, mu ijoro rya tariki 03/05/2013, yishwe n’abagizi banabi kugeza ubu bataramenyekana.
Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi biga mu Ishuri rikuru Umutara Polytechnique n’ishuri ry’ubuforomo akorera mu karere ka Nyagatare, bibumbiye mu muryango AERG, hamwe na bagenzi babo batari uri uwo muryango na bamwe mu barezi babo, kuwa 04/05/2013 basuye inzibutso za Jenoside za Ntarama na Nyamata mu karere ka (…)
Ibendera ryari rimanitse kubiro by’akagari ka Kigenge mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ryibwe mu ijoro rishyira tariki 04/05/2013; kugeza ubu abaryibye ntibaramenyekana.
Abakinnyi 21, harimo abagore batanu baritabira isiganwa ry’amagare ryo gusiganwa n’igihe buri wese yirwanaho (course contre la montre individualle), ribere mu karere ka Bugesera kuri icyi cyumweru tariki 05/05/2013.
Kubera impamvu z’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi, bigatuma igice cy’umuhanda Kigali-Musanze cyangirika bikomeye kigacikamo kabiri, uwo muhanda wabaye ufunzwe kubera ko nta modoka zishobora kunyura aho wangiritse.
Ikipe ya Rayon Sports yongeye kugaragaza ko ifite inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka, ubwo yanyagiraga Etincelles ibitego 5-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 23 wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu ku wa gatandatu tariki 04/05/2013.
Ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 03/05/2013, mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo , haguye imvura nyinshi ihitana ubuzima bw’abantu icumi naho abandi barakomereka.
Nyuma y’igihe kigera ku mezi hafi abiri abakoresha umuhanda uhuza uturere twa Karongi, Rutsiro na Rubavu babangamiwe n’isenyuka ry’ikiraro kiri ku mugezi wa Muregeya ugabanya Karongi na Rutsiro, ubu noneho icyo kiraro cyatangiye gusanwa.
Nyuma yuko abaturage bo mu murenge wa Bweyeye basaranganyijwe igishanga cya Matyazo, bamwe banze gutangira guhinga kubera bagenzi babo bari basanzwe bafitemo imirima babateraga ubwoba bababwira ko nibatinyuka guhinga ahahoze imirima yabo bazabaroga.
Ikiyaga cya Kadiridimba cyo mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza kivugwaho kuba kibitse imodoka y’ikamyo yuzuye inzoga za byeri na kigingi wa yo baguyemo mu myaka myinshi ishize.
Urubyiruko 25 rwarangije Kaminuza rutarabona akazi ruvuye mu bice bitandukanye by’igihugu ruri mu karere ka Rubavu mu kigo cya CCSME, rwigishwa kwihangira imirimo no kwiga imishinga aho kwicara rugategerez ako abandi bayihanga bakaruha akazi.
Perouse Nyirabasabose w’imyaka 65 afungiye kuri Polisi ya Kinazi mu karere ka Ruhango, guherakuri uyu wa gatanu tariki 03/05/2013, akekwaho gufasha umukobwa we Catherine Mukanyangezi w’imyaka 35 guta mu musarane uruhinja yari amaze kubyara.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu kagali ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bishimira ibikorwa bamaze kugezwaho n’uyu mu ryango ku buryo basanga bakwiye kunganira igihugu cyabo mu kwicyemurira ibibazo bafasha abatishoboye babari hafi.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba arahamagarira abatwara abagenzi ku mapikipiki kujya bubahiriza amabwiriza yose agenga uwo murimo, kuko aribwo bazawukora batekanye batikanga ibihano bya polisi, dore ko ngo polisi nayo itanezezwa no gutanga ibihano.
Zibia Mukamazimpaka wo mo mudugudu wa Kagarama, akagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke, yapfiriye ku Bitaro bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke nyuma gato yo gutoragurwa ku muhanda wo muri uyu mudugudu wa Kagarama aho yari yaguye.
koperative yo kubitsa no kugurizanya y’umurenge wa Gatare “Jyambere Sacco Gatare” yatashye ku mugaragaro inyubako yo gukoreramo yiyujurije ifite agaciro ka miliyoni zisaga 18, nyuma yo kumara igihe ikorera mu nyubako y’intizo kandi itajyanye n’ikigo cy’imari.
Abashigajwe inyuma n’amateka bari mu ntore “Intisukirwa mu iterambere ry’u Rwanda” bashyikirijwe radiyo na terefone ngendanwa na Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03/05/2013.
Umubyeyi witwa Cyeziya Mukandayisenga yabyariye umwana upfuye mu cyumba kirimo abandi barwayi n’abarwaza, mu ijoro rishyira kuwa Gatanu tariki 03/05/2013, abari aho bakemeza ko bababajwe n’uko bagerageje kubwira umuforomo wari ku izamu ngo yite kuri uwo mubyeyi nyamara ntabyumve ahubwo akababwira nabi, akajya no kwiryamira.
Abafana bagomba guturuka Kigali berekeza i Rubavu bagiye gushyigikira Rayon Sport iza kuba ikina na Etinceles ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tarki 04/05/2013, baravuga ko n’ubwo umuhanda Kigali-Musanze wacitse bitababuza kuza kwihera ijisho uyu mukino ushobora kongerera amahirwe ikipe ya Rayon Sport igenda isatira (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu n’Imibereho myiza y’abaturage, James Musoni, arahamagarira abashoramari b’akarere ka Ruhango gukomeza kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihu rikomeje gukataza.
Ubuyobozi bwa La Palisse Hotels buratangaza ko abanyamahoteli bakwiye gushaka uburyo bacyemura ikibazo cy’ababagana bashobora kumererwa nabi bitewe n’ibyo bariye ahandi cyangwa batamenyereye indyo yo mu Rwanda, nyuma y’aho itsinda ry’Abaholandi riherutse kugirira ikibazo muri iyi hoteli ariko isuzuma rikagaragaza ko nta (…)
Umunyarwandakazi Blandine Mukaberwa niwe Munyafurika wa mbere watorewe kuba umujyanama mu gace kitwa Dender Leeuwse, mu gihugu cy’ububiligi, aho amaze imyaka 10 akorera.
Umusore y’imyaka 22 witwa Ntihabose Ildephonse yatawe muri yombi kuri uyu wa Gatanu tariki 03/05/2013, mu isoko rya Gakenke afatanwe amafaranga mpimbano ibihumbi 21 ubwo yagerageza kuyishyura terefone ngendanwa yakoze.
Umuhanda wa Kigali-Musanze ntukiri nyabagendwa kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/05/2013, nyuma yo gucika ahantu hanini mu Kagali ka Taba, Umurenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke.
Abajura bataramenyekana bateye ingo ebyiri zo mu kagari ka Kayonza, umurenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 02/05/2013 bashaka amafaranga, basiga batemesheje imihoro abagore n’abagabo bo muri izo ngo zombi.
Abanyeshuri icyenda barimo batanu barangizaga amashuri mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE- Busogo) bahawe impapuro zibahagarika mu masomo yabo baregwa kugira imyitwarire mibi imbere y’ubuyobozi bw’iri shuri.
Bamwe mu banyamakuru bavuze ko nyuma y’amategeko asobanura akanatanga uburenganzira ku itangazamakuru mu Rwanda, ngo bazagera ku bwigenge busesuye no gukora umwuga ufite ireme, niboroherezwa kubona amafaranga ahagije yatuma ibinyamakuru byabo bisohokera igihe kandi bikagera ku baturage benshi.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), byatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gutanga insimburangingo ku bantu bafite ubumuga bwo mu matwi. Igikorwa cyabereye mu ishami ryabyo rivura indwara zo mu myanya y’ubuhumekero (ORL), kuri uyu wa 03/05/2013.
Abayobozi n’abakunzi b’ikipe ya Bugesera FC baratangaza ko umukino uzabahuza n’ikipe ya Gicumbi FC tariki 04/05/2013 muri ½ bawufata nka finali kuribo kuko kuwutsindwa ari ukubura amahirwe yo kujya mu kicyiro cya mbere.
Liliane Kabaganza uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana akaba anazwiho ubuhanga n’ijwi ryiza cyane, ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 02/05/2013 yafashe indege yerekeza i Bujumbura mu gitaramo yatumiwemo.
Iyo waganiraga n’abaturage bo mu mirenge ya Matimba na Musheri ho mu karere ka Nyagatare, benshi wasangaga binubira uburyo Leta yabategetse guhinga ibigori mu kibaya cya Rwentanga ariko ubu barishimira ko babihinze.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru rihuza Ibihugu by’Afurika yo Hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicolas Musonye, atangaza ko Darfur na Kordofan y’Amajyepfo ko hari umutekano ku buryo bazakira CECAFA ya 2013 nta kibazo.
Hakundimana Jean Baptiste w’imyaka 35, wari utuye mu mudugudu wa Nyamirembe, akagari ka Rukambura, umurenge wa Musambira, yicishijwe ifuni bamukubise mu mutwe.
Umugabo witwa Hategekimana Sebastien utuye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, arasaba ubuyobozi bw’uwo murenge kumwishyura amafaranga bumurimo hashize umwaka wose.
Mugisha Moise w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi ari mu karere ka Nyanza azira amafaranga y’amahimbano agera ku bihumbi 244 yari aje gukwirakwiza mu mujyi wa Nyanza.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, Mani Martin yagaragaje agahinda kenshi yatewe no gusoma amagambo atari meza kuri Cecile Kayirebwa bigendanye n’ikirego yatanze ku burenganzira bw’ibihangano bye ariko akaba atatangaje aho yabisomye.
Abayobozi b’akarere batandukanye, tariki 26/04/2013, bagiranye inama mu rwego rwo gusuzuma impamvu zituma baza ku myanya ya nyuma mu kwesa imihigo banarebera hamwe uko barwana nazo kugirango umwaka utaha bazaze ku myanya ya mbere ishoboka.
Urukiko rwa Kampala muri Uganda rwakatiye umugabo w’imyaka 41 witwa Ronald Bunjingo igihano cyo gufungwa umwaka umwe cyangwa gukora imirimo nsimburagifungo y’iminsi ibiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kunyara ku nzira nyabagendwa.
Jeannette Mukandanga utuye mu kagari ka Mburamazi mu murenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro yanyweye umuti wica imbeba tariki 01/05/2013 icyakora abaturanyi barahagoboka bamujyana kwa muganga, akaba yaravugaga ko arambiwe kubaho.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije abana b’imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mudugudu w’Amizero wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera inkunga y’amadorali y’Amerika ibihumbi 14 bagenewe na Polisi y’igihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma wa ‘Europa League’ nyuma yo gusezerera FC Basel yo mu Busuwisi, ikaba izakina na Benfica yo muri Portugal nayo yasezereye Fenerbahce yo muri Turukiya.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Karibata Agnes, arahumuriza abahinzi b’umuceri bo mu gishanga cya Rurambi mu karere ka Bugesera, ko Leta izabunganira mu kurandura urufunzo ruri muri icyo gishanga kugira ngo bazabashe kugihingamo umuceri.
Kugeza mu ma saa tanu n’igice zo kuri uyu wa 03/05/2013, abantu batandatu bari bamaze kwitaba Imana bazize impanuka yabaye hagati ya coaster ya Sotra Tours na bisi ya Gaagaa Coach mu karere ka Huye (urenze gato kuri ISAR werekeza i Kigali).
Mu gihe shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru izigaje imikino ine ngo irangire, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryafashe icyemezo cy’uko imikino yose isigaye izajya ikinirwa umunsi umwe n’isaha imwe mu rwego rwo kurwanya ruswa ikunze kuvugwa cyane mu mpeza za shampiyona.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel, hamwe n’umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, tariki 02/05/2013, bashyize umukono ku masezerano agamije ubufatanye mu bintu byinshi bitandukanye.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri barinubira ko imishahara yabo iza itinze ndetse no kudahabwa agahimbazamusyi kabo nk’uko bakemerwa. Ibi ngo bigira ingaruka ku mitunganyirize y’inshingano zabo.