Abayobozi b’utugali mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare ntibishimira uko Police station ya Gatunda itagira icyo ikora ku bakekwaho ibyaha bayohererezwa kuko ngo bishobora kubaca intege bikongera ukwidegembya kw’abanyabyaha.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwihaye intego yo kuba bwageze kuri 90% by’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) muri Kamena 2013.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA) cyahagaritse by’agateganyo ibikorwa byo kwagura inyubako ikoreramo SACCO y’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, guhera tariki 30/04/2013, kubera ko iyo nyubako yari isakajwe amabati arimo Asibesitosi kandi mu kuyisakambura kugira ngo yagurwe ntihrubahirijwe (…)
Mu mukwabo wabaye ku bufatanye bw’Ingabo na Polisi mu murenge wa Runda no mu wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hafashwe urumogi, inzoga z’inkorano, na bamwe mu bakekwaho guhungabanya umutekano.
Nyuma yuko ikibuga cy’umupira cya Nyamata cyakinirwagaho n’ikipe ya Bugesera FC gifungiwe bigatuma iyo kipe ijya gukinira i Kigali, ubu muri ako karere harimo kubakwa ikibuga cy’umupira gishya giciriritse kuburyo kizaba cyuzuye bitarenze amezi atatu.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) kirasaba abagana amasoko n’amabutike kwibuka kwaka inyemezabuguzi (facture), kuko bibarinda ibibazo byakurikiraho. Iki kigo kibitangaje nyuma y’aho gitangirije uburyo bushya bwo kubara ibyaguzwe hakoreshejwe ikoranabuhanga, Electronic Billing Machine (EBM).
Miriyoni 400 z’amadolari y’Amerika zavuye mu mpapuro z’agaciro u Rwanda rwagurishije mu cyumweru gishize, agamije kubaka Hoteli nini yiswe “Kigali Convention Center”, guteza imbere kompanyi y’indege ya Rwandair, hamwe no kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo.
Nyuma yo kwifatanya mu bikorwa by’iterambere n’abaturage b’akarere ka Gicumbi, Guverineri w’intara y’Amajyarugu Bosenibamwe Aime yasabye abaturage b’akarere ka Gicumbi guharanira kwigira no kwitabira ibikorwa by’iterambere kugirango bivane mu bukene.
Abaturage bo mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bakiriye neza icyemezo cy’ikigo nderabuzima cya Gacuba cyo kwimuka aho gikorera kikajya ahari abaturage benshi bakigana.
Kubwayo Donat w’imyaka 25 y’amavuko wari umunyeshuli muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) yahanishijwe gufungwa burundu azira kwica nyina wari utuye mu murenge wa Nkomane mu karere ka Nyamagabe.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye tariki 29/04/2013, hagaragaye ko mu kwezi kwa Mata ibyawuhungabanyije byiyongereye ugereranyije n’uko byari byifashe mu mezi atatu ashize.
Bamwe mu bayobozi bacungirwa umutekano ku buryo bukomeye ku isi ni abakuru b’ibihugu ariko igitangaje ni uko Prezida wa Botswana, Ian Khama, yariwe inzara n’urusamagwe mu maso arakomereka.
Umunyamabanga uhoraho w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasizuba (CECAFA), Nicholas Musonye yatangarije BBC tariki 29/04/2013 ko amarushanwa y’igikombe cya CECAFA y’uyu mwaka azabera mu Ntara ya Darfurmuri Sudani.
Ku nshuro ya kabiri abaturage baturanye n’ishuri ryisumbuye rya Lycee de Ruhango na EMERU Intwari, bongeye kugaragaza ko bafite ikibazo cy’umwanda baterwa n’iri shuri.
Inama Njyanama y’Akarere ka Gakenke yateranye tariki 26/04/2013, yemeje gahunda y’iterambere ry’akarere y’imyaka itanu izatwara akayabo ka miliyari 37 hatabariwemo amafaranga azaturuka muri Leta.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, avuga ko abakozi n’abakoresha bakwiye kuganira ku mutekano w’umukozi kugira ngo hirindwe impanuka kuko nyinshi mu ziba bishoboka kuzirinda.
Komisiyo y’imibereho myiza mu muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, yaremeye abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, babasaba kwiremamo icyizere no guharanira kwigira nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre.
Inama ya 11 y’abakuru b’ibihugu b’umuryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC) yateranye tariki 28/04/2013 i Arusha muri Tanzania yemeje ko ibikorwa byo gushyiraho ifaranga rimwe muri uyu muryango bizaba byarangiranye n’ukwezi kwa cumi na kumwe.
Ubwo Gicumbi FC yahuraga na Etoile de L’Est mu mukino wa ¼ cyirangiza cya Shampiyona y’umupira wamaguru mu cyiciro cya kabiri tariki 28/04/2013, umukino waje kugaragaramo imvururu zitewe n’abafana ndetse ziza kuzamo n’abakinnyi.
Nyuma y’aho UNICEF itangiye gahunda yo gufasha amarerero y’abana bato yo mu karere ka Gicumbi ababyeyi n’abana ndetse n’ubuyobozi bo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko bishimiye iyo nkunga bagiye guterwa n’iryo shami.
Kuva tariki 29 Mata 2013, Mark Zuckerberg umuyobozi w’urubuga rwa interineti rwitwa Facebook yatangaje ko umushahara we ushyirwa ku idorari rimwe (hafi amafaranga y’u Rwanda 650) ku kwezi.
Nshimiyimana Eric watozaga APR FC nk’umutoza wungirije yamaze gusezera muri iyo kipe burundu ngo akaba agiye gushyira imbaraga mu ikipe y’igihugu Amavubi aherutse guhabwa ngo ayitoze nk’umutoza mukuru.
Hamaze iminsi havugwa ko haba hari ikibazo hagati ya Urban Boys na Dream Boys, ibi bikaba ngo byaba bifitanye isano n’ibyo Mc Tino yavuze ubwo yatangazaga ko Urban Boys ikora cyane ariko Dream Boys yo ikaba itarakoze.
Amashuli yisumbuye yigenga abarizwa mu karere ka Nyanza yatangiye kwirukana bamwe mu banyeshuli babyo biga mu mwaka wa gatandatu bakekwaho kuba baragiye basimbuka imyaka y’amashuli harimo n’ibizamini bisoza icyiciro rusange (Tronc Commun).
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza ibinyujije ku banyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge igize ako karere uko ari 10 yatanze telefoni zigendanwa ku baturage basanzwe bayifasha mu kumenya amakuru y’ibyabereye iwabo mu midugudu batuyemo.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, ashimira abakozi bitabira umurimo ubabeshaho ugashobora no kwinjiriza igihugu kuko kwitabira umurirmo ari ukwihesha agaciro no kugahesha igihugu.
Abantu batunguwe no kubona amatangazo ahamagarira abantu kwitabira cyamunara ya hoteli Ten To Ten Paradise y’umugabo bita Mbanzabugabo azwiho ubukire. Iyi hoteli iri mu mujyi rwagati w’akarere ka Rusizi ngo igiye kugurishwa cyamunara kubera umwenda wa banki.
Buri mwaka tariki ya 29 Mata isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe “Imbyino” cyangwa Kubyina (Journee Internationale de la Danse) mu rwego rwo guha agaciro umuco wo kubyina ndetse no kwibuka uwitwa Jean-Georges Noverre, umubyinnyi ukomeye w’umufaransa wabaye ho mu bihe bya kera.
Abahagarariye ibigo bitandukanye mu Rwanda bavuze ko batewe impungenge n’ikonabuhanga, ku buryo ngo uko rizana iterambere mu mibereho ya muntu, ari nako riteza ibibazo birimo kwibwa, kumenyekana kw’amabanga n’umutekano muke, nk’uko bagaragarije ikigo gishinzwe iterambere (RDB).
Gahongayire Agnes utuye mu karere ka Rwamagana yabwiye abayobozi b’ihuriro ry’abagore Pro-Femmes TWESE HAMWE ko anejejwe cyane n’inka bamuhaye, akaba ngo azayikorera umunsi mukuru kuko ahamya ko izageza impinduka nyinshi mu buzima bwe.
Ikigo gitanga service zinyuranye zijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda, Diamond Holiday Travel, cyasuye abana b’imfubyi ziba mu kigo cya Nyundo mu karere ka Rubavu kibashyikiriza inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni n’ibihumbi 600.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) basuye urwibutso rwa Jenocide rwa Rukumberi ruri mu karere ka Ngoma banatanga inkunga y’amafaranga ibihumbi 300 yo kurusana.
Abanyamakuru ba radiyo y’abaturage ivugira mu karere ka Rusizi basanga ngo akazi bakora katakagombye kurangirira mu buvugizi gusa ahubwo ngo bagomba kugira n’ibikorwa bifatika biteza imbere abaturage babana nabo.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange mu karere ka Musanze bashima ko Leta y’ubumwe yabavanye mu mashyamba, ikabubakira amazu meza ku buryo nta hezwa ndetse n’inenwa rikibakorerwa, cyakora ngo kutagira itaka ryo guhoma birabangamiye umutekano wabo.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza ya Kibogora (Kibogora Polytechnic) iri mu karere ka Nyamasheke barasabwa kugira ubumenyi buhagije mu bijyanye n’icyerekezo cy’ubukungu u Rwanda rufite kandi bakarushaho kuzamura imyumvire y’abaturage kugira ngo bakunde umurimo mu rwego rwo guharanira iterambere ryihuse.
Abatanze ubutumwa mu muhango wo kwibuka Abatutsi baguye mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, bahamya ko abantu bakuze babibye amacakubiri mu bana, bakaba bakwiye kubasaba imbabazi.
Abatuye umurenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo barasabwa guhuza ubutaka hagamijwe guhinga igihingwa kimwe kugira ngo haboneke umusaruro uhagije no kwegera abacitse ku icumu babaremera kugira ngo bazamukire rimwe mu iterambere.
Imvura nyinshi yaguye muri uku kwezi kwa mata 2013 mu karere ka Nyabihu yatumye abana babiri bicwa n’umugezi wa Kanama, umugezi wa Nyamukongoro wasenye amazu 8 ndetse andi 17 urayangiza,wangiza hegitari 5 z’ibirayi n’ibigori, ndetse wangiza ikiraro cyo ku muhanda wa kaburimbo Mukamira-Ngororero.
Gareth Bale, ukina ku ruhande ariko anasatira (Winger) mu ikipe ya Tottenham Hotspurs, ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza kurusha abandi mu Bwongereza, anahabwa kandi n’igihembo cy’umukinnyi witwaye neza akiri mutoya, mu muhango wabereye i London ku cyumweru tariki 28/04/2013.
Umuyobozi mu muryango mpuzamahanga wita ku mbabare (ICRC) avuga ko afite amakuru menshi ku bwicanyi bwakorewe mu bitaro bya Gisenyi mu gihe cya Jenoside kuko ari mu bashoboye kwibonera n’amaso ye uburyo abarwayi bishwe urw’agashinyaguro n’abaganga babavuraga bakoresheje utwuma twitwa pistor mu gukata imitsi mu ijosi.
Umugabo utuye mu kagari ka Gasare umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango yatakaje amafaranga ibihumbi 500 yatwawe n’umusozi waridutse tariki ya 19/04/2013 urimuka ugera ku burebure bwa kilometero imwe n’igice.
Icyizere cya Rayon Sports cyo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka cyiyongereye ubwo yatsindaga Isonga igitego 1-0, mu gihe Police FC zihanganye yo yanganyije na AS Muhanga, ubu Rayon Sports ikaba irusha Police FC amanota atatu.
Abanyarwanda 13 bahungiye i Burundi bari mu Rwanda muri gahunda yiswe ngwino urebe mu rwego rwo kureba uko igihugu gihagaze bityo nibasubirayo bageze kuri bagenzi babo 256 babana mu nkambi ukuri kw’ibintu bityo babe bafata umwanzuro wo gutahuka.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero mu murenge wa Gatumba bavuga ko gahunda ya Magirirane ari ingirakamaro kuko abatunze boroza abakene bityo bose bagahinduka aborozi. Kuva aho iyo gahunda itangiriye mu mwaka wa 2008, inka 800 zimaze korozwa abatishoboye.
Kuba akarere ka Gisagara karahagurukiye kurwanya isuri hacukurwa imirwanyasuri n’ibyobo bifata amazi byagahesheje kuko kaje ku mwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu kurwanya isuri.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rubavu barasaba akarere kugira icyo gakora kugira ngo gacyemure ikibazo cy’inzibutso zidafite amazi n’amashanyarazi bityo bikagora abazikoraho nabo ngo badahembwa.
Mu mihango yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yabereye mu ishuri rya Scuola Europa riri i Milan mu Butaliyani, abarimu b’Abataliyani basabye Abanyarwanda ko bagena uburyo bunoze bwo gusobanurira abanyamahanga ukuri nyako kuri Jenoside kuko hari benshi babeshywe ku byabaye mu Rwanda.
Mu gihe cy’icyunamo, abaturage bo mu Karere ka Gakenke bakusanyije inkunga n’amafaranga miliyoni 18 azakoreshwa mu gusana urwibutso rwa Jenoside rwa Buranga no koroza imiryango 87 y’abacitse ku icumu rya Jenoside.
Kuri uyu wa gatandatu, tariki 27/04/2013, itsinda ry’abadepite 15 riyobowe na Hon. Mudidi Emmanuel ryifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi batunganya umuhanda uri mu Kagali ka Nganzo Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke. Uwo muganda wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri.
Habyarimana Elie usanzwe ari umunyamuryango w’Umurenge SACCO ya Munyiginya bita My SACCO mu Karere ka Rwamagana amaze gufungwa inshuro eshatu, ibyo bikaba buri gihe iyo agiye kuri My SACCO kubaza uwabikuje amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 kuri konti ye.