Umutwe w’abasirikare 120 bo mu ngabo z’u Rwanda bashinzwe ibijyanye no kubaka, tariki 21/05/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/5/2013, Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yasinyanye amasezerano y’impano na Banki y’isi, ingana na miriyoni 50 z’amadorari y’Amerika agenewe gufasha inzego z’ibanze gutanga servisi zifite ireme.
Abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Musanze, biyemeje ko munyubako z’utugali ndetse n’izindi zose bagiramo uruhare bazajya bazirikana ko bazaganwa n’abafite ubumuga, bityo babategurira aho bashobora kunyura.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko nubwo biteganyijwe ko buri muyobozi agomba kurara aho akorera, nta gahunda ihari yo gukurikirana abatahaba biterwa n’uko bakiga.
Mu nama ya komite ishinzwe imiturire mu karere ka Nyamagabe yateranye kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, hafashwe ingamba zo kwihutisha ibikorwa byo kwimura abaturage batuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza mu buryo bworoshye bagatuzwa mu midugudu hagamijwe kurengera ubuzima bwabo.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu araburira Abanyarwanda bajya guhahira no gukorera i Goma kwitwararika kubera intambara yongeraga kubura mu nkengero z’uwo mujyi ndetse n’ubu ikaba igikomeje.
Abaturage 10 bo mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro bishyize hamwe bakora koperative yenga inzoga mu bisheke mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy’umusaruro mwinshi w’ibisheke wabonekaga muri ako gace nyamara abahinzi bakabura isoko.
Umujyi wa Kigali waciye ikoreshwa ry’impapuro mu kwaka ibyangombwa byo kubaka ku bikorwa binini, ahubwo hazajya hakoreshwa rwa internet www.kcps.gov.rw mu rwego rwo guhindura imikorere no kwihutisha akazi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buri mu biganiro n’abashoramari n’abandi bafatanyabikorwa bahakorera kugira ngo barebe uburyo bazanzamura ingengo y’imari y’akarere ya 2013/2014, yagabanyutseho amafaranga agera kuri miliyoni 500.
Mu gitindo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, Pasiteri Bisimwa yaje kubwiriza mu mujyi wa Kamembe maze abwira abamotari ko kubera ibyaha bakora bagiye guhura n’impanuka 12 ndetse akaba yababwiye n’aho zizabera.
Abantu 14 bafashwe bashaka gukorera abandi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe abandi batatu bo bari bafite impapuro zemeza ko bishyuye (guitence) z’impimbano.
Girukubonye Daniel w’imyaka 70 ukomoka mu Murenge wa Cyabingo, Akarere ka Gakenke yafashe icyemezo cyo kwiga gusoma no kwandika nyuma yo gukurwa mu ishuri n’umubyeyi we ubwo yari akiri umwana muto.
Byari bimaze kumenyerwa ko muri aya marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star 3, Eric Senderi, Kamichi na Knowless aribo biyegereje abafana b’amakipe y’amaguru ariko noneho biravugwa ko n’abandi bahanzi batangiye kubigana.
Umuhanzi Frere Manu, mu gikorwa arimo cy’ivugabutumwa agiye kwerekeza mu karere ka Musanze, aho azaririmbira abantu anabacurangira gitari, nyuma yo kumva ubutumwa bwa bamwe mu bavugabutumwa bo mu ntara y’Amajyaruguru.
Bamwe mu Banyafurika batuye ku mugabane w’Uburayi bagaragaye mu birori bya Rwanda Day 2013 i London mu Bwongereza mu mpera z’icyumweru gishize basabye Perezida w’u Rwanda gutegura uburyo yazigisha abandi bayobozi ba Afurika ihame ryo kwigira no guharanira kwihesha Agaciro.
Itangazo dukesha ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) riragaragaza ko amakuru yatangajwe mu minsi ishize ko Perezida wa Amerika Barack Obama azasura u Rwanda mu kwezi gutaha bwa Kamena yari ibihuha bidafite ishingiro.
Umugabo witwa Colin Fiedler nyuma y’uko umutima we uhagaze, yajyanwe mu bitaro bifite igikoresho kitaboneka henshi AutoPulse, maze ku bw’iri koranabuhanga arongera aba muzima.
Umukobwa w’imyaka 22 witwa Tintswalo Ngobeni yahungiye mu Bwongereza nyuma yo gutinya kugirirwa nabi n’umwami wa Swaziland Mswati wa Gatatu washaka kumugira umugore we wa 14.
Bamwe mu baririmbyi bo mu Rwanda cyane cyane abakizamuka, bavuga ko kumenyekana kwabo cyangwa kumenyekanisha indirimbo zabo bigorana ngo kuko hari igihe bakwa ruswa kugira ngo ibyo bifuza bishyirwe mu bikorwa.
Antoine Twagirumukiza ushinzwe ishami ry’imari mu karere ka Rusizi yatoranyijwe nk’umukozi warushije abandi gukora neza muri uyu mwaka wa 2012-2013 ahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi 150.
Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo gishinzwe gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Monitoring Office) igaragaza ko uturere twa Karongi, Kayonza, Gatsibo na Gasabo twaje imbere mu kugira abana benshi b’abakobwa batwaye inda z’indaro mu mwaka wa 2012.
Uturere twa Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi twegukanye imyanya ya mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba mu byiciro bine by’amarushanwa yo guteza imbere imiturire y’icyaro.
Kwihangira imirimo niyo nyishyu Leta itegereje ku biga gukora sinema mu ishuri rya African Digital Media Academy (ADMA) bigira ubuntu kuko Leta y’u Rwanda yashoyemo akayabo k’amafaranga miliyoni 743.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi inyubako z’ishuri rya Ecole de Science Byimana zibasiwe n’umuriro, mu ijoro rya tariki 20/05/2013 izindi nyubako z’iryo shuri zafashwe n’umuriro zirashya zirakongoka n’ibirimo byose.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013, ahagana saa cyenda na 45, akabari kitwa New Bandal kari hafi ya Alpha Palace Hotel mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, kadutsemo inkongi y’umuriro karashya, karakongoka .
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira Abanyarwanda guhindura imyumvire bagafata ingamba zo kwibeshaho, bakihitiramo uko bashaka kubaho kuko kubeshwaho n’inkunga z’amahanga bisa no kwizirika ku ibere kandi umuntu nyawe agomba gucuka akibeshaho.
Kuva hafatwa icyemezo cyo kwambura kashe abakuru b’imidugudu, abaturage bo mu karere ka Ruhango baravuga ko ubu service bahabwa zihuta cyane ugereranyije n’izo bahabwaga mbere abakuru b’imidugudu bakizitunze.
Abacuruzi bacuruza ibiribwa bibumbiye muri koperative TWUNGANE mu mujyi wa Rusizi baratangaza ko babangamiwe n’abagenzi babo bacuruza ibirayi byaboze kuko bizamura umwuka mubi bigatuma bakora batisanzuye ndetse n’abaguzi bakaba bake kuko baba bahunga umwuka mubi uva muri ibyo birayi.
Ubwo umuhanzi Eric Senderi “international hit” yari mu karere ka Nyamagabe mu gitaramo cya Primus Guma Guma Super Star 3 tariki 18/05/2013, yongeye kugaragaza kwiyegereza abafana b’ikipe ya Rayon Sports ngo bamutore.
Imyitozo yiswe ‘Mashariki Salam 2013” ihuje abasirikare, abapolisi n’abasivili barenga 1200 baturutse mu bihugu bigize Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba yatangiye tariki 19/05/2013 mu kigo cya gisirikare cya Jinja, mu gihugu cya Uganda.
Mu mpera z’iki cyumweru twasoje, Katabarwa Filmin na Nyandwi Emervan bafatanwe udupfunyika 5200 tw’urumogi, ubwo bageragezaga kurwambukana bava mu karere ka Nyabihu berekeza mut urere twa Ngororero na Muhanga.
Kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 20/05/2013 imirwano yongeye kubura mu burasizuba rwa Kongo aho ingabo za Leta ya Kongo-Kinshasa zifatanyije n’abarwanyi ba FDLR bagabye igitero ku ngabo za M23.
Mu nama y’ishyaka PSD yabaye tariki 18/05/2013 mu karere ka Ngoma, hatowe abakandida batandatu bahagarariye ishyaka ryabo ku rwego rw’akarere mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2013.
U Rwanda rwateguye isiganwa mpuzamahanga rya marathon ryabaye kuri iki cyumweru tariki 19/05/2013, mu rwego rwo gukangurira abaryitabira bavuye ku migabane itandukanye yo ku isi, guharanira amahoro mu bihugu byabo, nk’uko MINISPOC na World vision babisobanura.
Ibigo by’imirimo (entreprises) 877 byo mu karere ka Nyamasheke byabaruwe ko bidatangira abakozi babyo ubwishingizi butandukanye birasabwa kwikubita agashyi kugira ngo bimenye icyo amategeko ateganyiriza abakozi.
Zimwe mu nyubako z’ikigo cya ES.Mutendeli cyo mu karere ka Ngoma zatangiye kwangirika nyuma yuko zitagikoreshwa kubera iki kigo cyitacyoherezwamo abanyeshuri biga bacumbikamo.
Mu rwego rwo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuwa 18 Gicurasi 2013, abayobozi n’abaturage bo mu kagari ka Mibirizi mu murenge wa Kanombe basuye urwibutso rwa Ruhanga ruherereye mu murenge wa Rusororo ahashyinguwe inzirakarengane zisaga 3227.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagere mu Rwanda (FERWACY) ku bufatanye n’umukinnyi w’uwo mukino Adrien Niyonshuti, rizatangiza ku mugaragaro ishuri ry’umukino w’amagare ryitwa ANCA mu karere ka Rwamagana ku cyumweru tariki 26/05/2013.
Mu mikino y’igikombe cy’isi kizabera muri Mexique muri Kamena uyu mwaka, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu bahungu batarengeje imyaka 19, izaba iri mu itsinda rikomeye ririmo Uburusiya, Iran, Ubufaransa na Finland.
Tariki 19/05/2013, Itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda ryibutse abari abapasitoro baryo basaga 70 biciwe i Gitwe tariki 20/05/1994.
Abanyakenya bongeye kugaragaza ko bazi gusiganwa intera ndende, ubwo begukanaga imyanya ya mbere muri Maratahon mpuzamahanga ya Kigali yitiriwe Amahoro yasorejwe kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 19/05/2013.
Kuba hirya no hino mu mijyi no ku dusantere hakunze kugaragara abantu basabiriza ngo byaba biterwa ahanini no kuba abasaba bagahabwa bigatuma babigira akamenyero.
Niyomugabo Fabrice w’imyaka 26 yafatiwe mu cyuho ubwo yashakaga guha umupolisi ruswa y’amafaranga ibihumbi 50 kugirango amureke nyuma yo kumufatana urumogi ashaka kurujyana i Kigali.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 19/5/2013, hatahuwe mu musarani, umurambo w’umukecuru Mukadeha Agnes w’imyaka 52, n’uw’umukobwa we Mukazamu Josephine; bikaba bikekwa ko bishwe n’umuhungu wa bo Bizimana Janvier, kuri ubu batazi aho aherereye.
Uwamariya Claudine w’imyaka 29 utuye mu kagari ka Remera umurenge wa Kabagari yahisemo kwiyahuza umuti wa Simikombe awunyoye tariki 18/05/2013 ngo kuko umugabo we Muhindangiga Fulgence w’imyaka 49 yanze kumufasha kurera abana babiri byaranye.
Bugesera FC, ikipe yo mu cyiciro cya kabiri, yatunguye AS Muhanga iyitsinda igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro wabereye kuri Stade ya Kicukiro ku cyumweru tariki 19/05/2013.
Itegeko rishya rigenga itangazamakuru mu Rwanda rirasaba abanyamakuru kwitwararika bikomeye icyo ari cyo cyose cyayobya abana cyangwa kikabatesha umutwe.
APR FC yoyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza, wabereye kuri Stade Kicukiro tariki 18/05/2013.