Miss UNR mu bunyamakuru ku Isango Star

Iradukunda Michele wari usanzwe uzwi cyane muri showbiz nyarwanda mu marushanwa ya ba Nyampinga, ubu yinjiye mu kazi k’ubunyamakuru.

Uyu Nyampinga w’imyaka 24 yumvikanye kuri uyu wa kane tariki 01/08/2013 avugira kuri Radio Isango Star mu kiganiro RELAX TIME gikundwa cyane mu masaha ya saa sita ari kumwe na Antoinette Niyongira, usanzwe akora icyo kiganiro.

Iradukunda Michelle mu marushanwa ya Nyampinga (Miss UNR) yegukanye umwanya w’Igisonga cya Mbere (1ere Dauphine mu 2010, yari kandi no muri ba nyampinga bahataniye kuba Miss Rwanda 2009/2010.

Miss Michele.
Miss Michele.

Turacyakomeza gushaka andi makuru ngo tumenye ibiganiro Miss Michelle azakoramo, kuko kuba asanzwe amenyerewe muri showbiz byatuma twazanamwumva muri Sunday Night, ikiganiro cya mbere mu Rwanda mu bya showbiz ubu kiri gukorwa na Mike Karangwa na Kabengera Claude mu gihe umukobwa bakoranaga Isheja Sandrine atacyumvikana.

Radio Isango Star ivugira kuri 91.5 FM no kuri internet www.isangostar.rw ifatwa na benshi nka radio yateje imbere bikomeye showbiz nyarwanda mu biganiro byayo nka Sunday Night kiba ku cyumweru nijoro na Isango na Muzika kiba buri munsi nyuma ya saa sita.

Anita Umurerwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Naze turamuceneye.

Kasitro yanditse ku itariki ya: 9-06-2016  →  Musubize

Mwaramutse?Ndifuzakomwasubizamoyandirimboyambere Orekestreumuranga Murakoze Ndimubugeserandabakurikira.

TUJYINAMA.BOSCO yanditse ku itariki ya: 19-09-2015  →  Musubize

turabemera muduha amakuru meza!

kap yanditse ku itariki ya: 23-08-2013  →  Musubize

UBWO SE NKIYI NKURU URUMVA KUBA YABA UMUNYAMAKURU HARI IGISHYA KIDASANZWE!MBEGA!!IKIBAZO SE KIRI HEHE NIBA ABISHOBOYE!!URUMVA HARI IKINTU KIDASANZWE KOKO!!EJO NUNYUMVA NDI KURI RADIO UZUMVA KO NAKOZE AGASHYA!!!

TITI yanditse ku itariki ya: 4-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka