Igitego cya Ndikumana Bodo mu gice cya mbere ni cyo cyabaye itandukaniro mu mukino wose, dore ko cyahesheje intsinzi ikipe ya As Kigali, yahise ibimburira andi makipe mu gutwara igikombe muri uyu mwaka wa shampiyona wa 2014-2015.
Wari umukino wa nyuma w’irushanwa ryahuje amakipe ane ya mbere mu mwaka wa shampiyona ushize, irushanwa ryateguwe n’urwego rw’Umuvunyi hagamijwe gusoza icyumweru cyitiriwe kurwanya ruswa mu gihugu.

Amakipe ya As Kigali na Police yakinaga kuri iki cyumweru tariki ya 07/12/2014 yari yakoze akazi gakomeye kuwa gatandatu, asezerera ibihangange mu Rwanda APR FC na Rayon Sports mu gihe benshi batabitekerezaga.
Ikipe y’abanyamujyi ni yo yaje no gushimangira intsinzi, itsinda Police FC itozwa na Cassa wahoze muri As Kigali, bityo inayitwara igikombe mu by’ukuri cyari gifte icyo kivuze cyane kuri iyi kipe y’abashinzwe umutekano.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza Cassa Mbungo yatangaje ko yababajwe no gutakaza igikombe nubwo mu mukino bakoze ibishoboka.
“Birababaje kubura iki gikombe uri ikipe ya Police kuko ni rwo rwego rushinzwe kurwanya ruswa. Twagerageje gukina neza mu mukino wose ariko ntabwo amahirwe yadukundiye. Twateraga mu izamu mu gihe twagakwiye gutanga umupira, maze aho twagakwiye gutera mu izamu akaba ari bwo dutanga,” Mbungo nyuma yo gutsindwa na As Kigali

Ikipe ya Police FC ni yo yabonye amahirwe menshi yo gutsinda igitego mu gice cya kabiri, gusa ku mutoza Eric Nshimiyimana wa As Kigali, ngo ibyo birasanzwe muri ruhago.
Ati “Ni byo koko badushyizeho igitutu mu minota ya nyuma y’umukino, ariko ibyo ni ibisanzwe ku ikipe yatsinzwe. Turishimye gutwara igikombe, kandi turizera ko bigiye kutwongerera imbaraga muri shampiyona”.
Ikipe ya As Kigali uretse gutwara igikombe, yanahawe sheki ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe Police ya kabiri yatwaye miliyoni ebyiri.
Jah d’Eau Dukuze
National Football League
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Poleni Kasa na Team nzima,musife moyo kazeni nguvu,Imani baado ninayo kuna muda na sisi tutakuwa mabingwa,n’ubwo tutatwaye igikombe ariko nashimishijwe n’uko twatsinze Rayon sport!Buriya nari kubabara iyo gitwarwa na rayon sport cga APR.
Bravo kuri AS KIGALI nubwo yankuyemo kuwgatandatu sinaburara kuyishyima ku bwakazi katoroshye yakoze ikuramo ibihangage.